Mutsinzi Ange yatangije Irerero ryigisha ruhago aho akomoka

Yanditswe na HABIMANA Sadi

Myugariro w’ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ na Zira FK yo muri Azerbaijan, Mutsinzi Ange, yatangije Irerero ryigisha umupira w’amaguru abana bo mu Byimana mu Karere ka Ruhango aho akomoka.

Ni igikorwa cyabaye ku wa Gatanu, tariki ya 2 Mutarama 2025, Kibera mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango aho Mutsinzi yatangiriye gukina umupira w’amaguru.

Iri rerero ryatangijwe na Mutsinzi Ange, ryiswe ‘Iwacu Football Academy.’  Rigamije guha amahirwe abana bahavuka kugira ngo bakomeze bakuze impano bifitemo zo gukina ruhago.

Igikorwa cyo gutangiza ‘Iwacu Fooball Academy, kitabiriwe n’abarimo Komiseri Ushinzwe Tekinike n’Iterambere rya Ruhago muri FERWAFA, Kanamugire Fidèle na Mulisa Jimmy usanzwe uri mu bafite izina rinini muri ruhago y’u Rwanda.

Ange yiyongereye kuri bagenzi be barimo Ntwari Fiacre, Usengimana Dany n’abandi batangije amarerero yigisha abato ruhago.

Mutsinzi yahisemo gushyira itafari rye muri ruhago y’abato
Mutsinzi Ange yatangije Irerero ryigisha umupira w’amaguru
Yahisemo kuritangiriza iwabo mu Byimana mu Karere ka Ruhango aho yatangiriye gukina umupira w’amaguru
Komiseri Ushinzwe Tekinike n’Iterambere rya Ruhago muri FERWAFA, Kanamugire Fidèle, yari ahari
Jimmy Mulisa yafashe umwanya aganiriza aba bana
Ange ni umwe muri ba myugariro ngenderwaho mu Amavubi
Ni n’umukinnyi uri mu bagenderwaho muri Zira FK yo muri Azerbaijan
Ni umusore ukina nk’uwabigize umwuga

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Igitekerezo 1

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *