Umunyamibare Prof. Faustin-Archange Touadéra, yongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique ku majwi 76.15%, ibimuha ububasha bwo gukomeza kuba Perezida w’icyi Gihugu muri Manda ga gatatu.
Ibyavuye mu matora yabaye ku wa 28 Ukuboza 2025, byatangajwe by’agateganyo mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 5 Mutarama 2026.
Komisiyo y’Amatora yavuze ko amajwi y’ibanze agaragaza ko amatora yitabiriwe ku kigero cya 52.43%.
Ibyayavuyemo byerekana ko Faustin-Archange Touadéra utegetse icyo Gihugu kuva mu 2016, yagize amajwi 76.15%.
Yakurikiwe na Anicet-Georges Dologuele wagize 14.66% na Henri-Marie Dondra wagize 3.19%.
Aba bombi bahoze ari ba Minisitiri b’Intebe bamaganye ibyavuye mu matora bavuga ko yabayemo uburiganya.
Dologuélé ku wa Gatanu yari yatangaje ko yatsinze amatora, aramaganwa ashinjwa gushaka guteza akaduruvayo mu Gihugu.
Henri-Marie Dondra wagize 3.19%, we mu ijoro ryo ku wa Mbere, yavuze ko ibyavuye mu matora bikwiriye guseswa ashinja Komisiyo y’Amatora intenge nke mu kuyategura.
Ku rundi ruhande, Indorerezi z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe zavuze ko amatora yagenze neza, mu mahoro no mu bwisanzure kurusha ayakozwe mbere.
Perezida Touadéra yatowe bwa mbere mu 2016, yongera gutorwa mu 2020 muri manda ye ya kabiri, nyuma hahindurwa itegeko nshinga havamo ingingo zari kumubuza kwiyamamariza indi manda.
Ashimwa ko yagaruye ituze mu gihugu abifashishwemo n’abafatanyabikorwa barimo n’u Rwanda ruhafite ingabo.
Mu 2021, amatsinda y’inyeshyamba yagenzuraga 90% by’Igihugu, ariko ubu 80% by’Igihugu biri mu bugenzuzi bw’ubutegetsi bwa Leta n’abafatanyabikorwa bayo.
Centrafrique ituwe n’abarenga miliyoni eshanu, yugarijwe n’ubukene dore ko imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko 71% babayeho munsi y’umurongo w’ubukene.
MUGIRANEZA THIERRY/ UMUSEKE.RW

That is very fascinating, You are a very professional blogger. I’ve joined your feed and stay up for in search of extra of your fantastic post. Additionally, I have shared your site in my social networks!