Perezida Tshisekedi yasubiye muri Angola

Yanditswe na Ange Eric Hatangimana
Perezida Tshisekedi yabonanye na Perezida João Lourenço

Ibiro bya Perezida muri Congo Kinshasa byasohoye amafoto ya Perezida Felix Tshisekedi ari muri Angola, aho yakoreye uruzinduko kuri uyu wa Kane.

Nta gihe kinini gishize Perezida Tshisekedi n’ubundi avuye muri Angola. Tariki 04 Mutarama 2026 nibwo Tshisekedi yaherukaga gusura Angola.

We na Perezida João Lourenço, unayoboye Umuryango wa Africa yunze Ubumwe baganiriye ku buryo bwo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo binyuze mu biganiro ibya Washington, n’i Doha.

Amakuru avuga ko Perezida Tshisekedi ashaka ko Perezida João Lourenço aba umuhuza mu bibazo bya Congo, ariko ibiganiro bikabera i Kinshasa.

Ikindi asaba ni uko abihayimana ba Kiliziya Gatolika bo muri CENCO n’abo mu itorero ECC bagira uruhare muri ibyo biganiro ariko ntibababe ari bo babitegura.

Perezida Tshisekedi kandi ngo yaba yaravuze ko yifuza ko AFC/M23 ihagarika imirwano, ariko akaba ari we uzakurikirana iyubahirizwa ryabyo.

Ku ruhande rwa leta, Perezida Tshisekedi na we ngo yemeye kuba yarekura imfungwa za politiki ariko kuri buri wese hagasuzumwa ibyo aregwa.

Amakuru kandi avuga ko Perezida Tshisekedi yabwiye Perezida João Lourenço ko mu ngabo ze harimo abasirikare bakuru bitwara nk’abagambanyi ari na yo mpamvu hariho gahunda yo kubafunga no kubakurikirana mu nkiko.

Yagaragaje ko hakenewe ibiganiro bihuje impande zose kugira ngo Uburasirazuba bwa Congo bugire amahoro.

Tshisekedi ageze muri Angola

UMUSEKE.RW

Yisangize abandi
Igitekerezo 1

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *