Umupolisi yarashe umusore “wari mu itsinda ry’abagizi ba nabi”

Imbunda

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yatangaje ko yarashe umusore uri mu kigero cy’imyaka 20, wari mu itsinda ry’abagizi ba nabi bagera kuri 40 bayirwanyije.

Aba Polisi ivuga ko ari abagizi ba nabi, bari bitwaje ibikoresho birimo imihoro, ibitiyo, amasuka n’ibindi, bari mu Kagari ka Cyabararika ahavugwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu butemewe n’amategeko.

Byabaye ahagana saa munani z’ijoro (02h00 a.m), ubwo itsinda ry’aba bantu ryageze muri aka gace, risanga abapolisi bacunze umutekano, babasubiza inyuma baranga ndetse batangira kubarwanya, nyuma umupolisi irasa mu kirere ngo ababurire biba iby’ubusa.

Abapolisi bakomeje kuburira abo bantu biranga, barasa mu kirere ubwa kabiri, umwe muri bo agwa mu mukoki arafatwa, bagenzi be bakaza umurego mu kurwanya abapolisi ngo babake uwo mugenzi wabo, bari bafashe nibwo umwe muri bo yarashwe ahita apfa, abandi baratatana barahunga.

Ni amakuru yemejwe n’Umuvuzi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace, avuga ko uwarashwe na polisi byatewe n’uko bagerageje kuyirwanya.

IP Ngirabakunzi Ignace agira inama abaturage yo kutishora mu byaha bihanwa n’amategeko, no kutarwanya inzego z’umutekano.

Yagize ati “Mu ma saa 02h00 z’ijoro itsinda ry’abagizi ba nabi babarirwa muri 40, bitwaje imihoro, ibitiyo, amasuka n’ibindi basagariye abapolisi bari mu kazi mu kagali ka Cyabararika, Polisi irababurira, irasa mu kirere baratatana umwe muri bo agwa mu mukoki, arafatwa.”

Ati “Bagenzi be bagaruka baje kumwambura abapolisi, ari na ko babatera. Abapolisi bari mu kazi, bongeye kurasa mu kirere bababurira ubugira kabiri, abo bagizi ba nabi barushaho gukaza umurego basatira abapolisi, nibwo umwe muri abo bagizi ba nabi yarashwe ahasiga ubuzima, abandi barahunga.”

Akomeza agira ati “Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abaturage kubahiriza amategeko, kandi bakirinda gusagarira inzego zishinzwe kugenzura uko amategeko yubahiriza.”

Mu Kagari ka Kabirizi, umudugudu w Mata, Umurenge wa Gacaca hari agace kakunze kugaragaramo umutekano muke havugwa ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu, ariko bigakorwa mu kajagari nyuma ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buca ubu bucukuzi, ndetse n’abaturage bahatuye bazi ko bibujijwe, kugeza ubu hacungwa na leta.

Kuri ubu hashyizwe uburinzi bw’inzego z’umutekano, na drone ihazenguruka yibutsa abahatuye ko nta bucukuzi bugomba kuhakorerwa, gusa haracyari abashaka kubaca mu rihumye bishora mu bucukuzi butemewe.

Yisangize abandi
Ibitekerezo 3

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *