Kuva muri iki gitondo Episode ya 96, 97, 98 na 100 turatangira kuziha abishyuye bose n’abatanze inkunga mbere.
Kwishyura ni amafaranga 2 000Frw gusa zose.
Abishyura babikora kuri MobileMoney +250 783 324 411 y’umwanditsi.
Icyitonderwa: Abatanze inkunga (uko ingana kose) ku mwanditsi nta kindi basabwa, barazihabwa zose nabo.
Murakoze
180 _
kweeeeeeeeeee,tubivugako Umuseke unaniwe muti ubushake,erega inzara n’ubukene ubifite arimunyamunya ariko amaherezo bikamutamaza ,yewe muhombye mutagaruje nayanyu ,umwanditsi jye mbona yarabuze aho yagurira impanoye cyakora ndamusengera abone aho ayagurira. ,nahomwe mucyure utwo mufite ubundi mutange Inzu yabandi kuko kugaruka no kurunguruka iwanyu ntibizabaho ikimenyimenyi muzabirebera kubaribwishyure nimubona babiri muraba mwesheje umunyana. cyakora ntabunyamwuga mugaragajewamugani wanyu Abo muribo turababonye. bye bye ,bishoje patrona yibwiye Mike Bose bakoreye Ubukwe rimwe ,Mateso arizihiwe naho papa Michou abagabiye Inka mubukwe.episode nuko irangiye Benedata ,kirisitu yezu nasingizwe iteka those.
kweeeeeeeeeeee,mwihagararaho ngo ntimukennye ,ayabuze kuneza itegeko rirayatanga ,nimubona 2 muzangaye ,gusa mwisubireho ntabunyamwuga mufite pe.mwihaye rubanda ,mugaragaje ubudasa murwanda ,bye ndisabira umwanditsi yihangane ntakundi gukorana nabakene Niko bigenda gusa komereza aho Impano yawe nuko mbona bagukujeho. buriya witonde ni wowe babuze uko bagusezerera gusa natwe turabasezeye
Amagambo uvuze ntiwarukwiye kuzanamo Kristu! Kristu nkeka ko nta rwango, ishyari n’ibitutsi yigeze asohora mu knwa ke ku batariho urubanza!! Jya kwicuza ibyaha ukoreye muri iyi comment yawe!! Wihangane kandi usenge nibwo uzatsinda sekibi!!!
Uretse ko hari abantu hakaba n’ abandi, waba umugore cyangwa umugabo ntabumuntu ufite pe. umuseke waba ushoboye cyangwa udashoboye ni ubwambere nabona umuntu , useka abantu ngo nuko badashoboye, ngaho se bafashe niba ukunda impano y’ umwanditsi. wigaye kandi wisuzume. waseke umuseke uyu munsi nawe ejo ugasekwa uwo isi itarakaranga iba ikimushakira ibirungo. bravooo umuseke muha agaciro iyi mpano mukagerageza kureba uko yagirira nyirayo akamaro tubigizemo uruhare
Ako nagahinda no gukunda ibyu ubuntu ufite naho ibindi uvuga byose ni amafuti, niba warakunze ibyo umwanditsi akora ishyura niba bitagukundiye reka itiku ni ishyari. Kuko udasuye umuseke ntacyo wahomba rwose nibyo bitekerezo byawe.
Akumiro ni ivunja ihwa rirandurwa
Hahah yewe muradukoze
hhhhh mwabuze ibyo mucuruza;ngaho ababuze icyo bayakoza ni bayatange.
Thanks
2k ninyinshi wn mugabanye
ese ubundi umuseke wazageneye umwanditsi umushahara ko story ye ituma dusoma ikinyamakuru cyabo! naho ubundi kutwishyuza kugirango dusome, tutayisomye se twapfa? tuzasoma izindi novel ntaribi.
Murakoze cyane kuwakane ndabona buzaba aruburyohe bwigendera kbs turabakunda cyane. Naha jeudi inkunga yacu rwose turayibagezaho vuba kuko ningombwa cyaneko niyo ukunze igitabo urakigura nkanswe iyinkuru twakunze kd tukayibona burimunsi . Naha jeudi
Nawe erega umuseke utawusomye ntacyo wahomba, babwirwa niki se ko wasomye?
mwihangane ayo mba nishyuye internet ndumva mutayabara, mykeneye ko nongeraho? kereka niba muri bumpe invoice ya EBM nkamenya nibura ko ndumo nokubaka igihugu. ubwo nubusambo bwimpande zombi.
mujye mihangana ntimugasebanye kuko umwanditsi ni uburenganzira bwe kugurisha ibihanganao bye ubishoboye akabikora utabishoboye akabireka. jye niko mbibona, mugire umunsi mwiza
Mwaramutse neza! Njyewe nshyigikiye ko twishyura rwose, naho uvuga iby’ubukene, ngo umuseke.rw uzafunga, sibyo! Umuseke uzawusure Sonatube Kicukiro aho ukorera uzasanga ukora n’ibindi byinshi bitari ukwandika inkuru gusa, bakora n’ibindi byose bijyanye na technology (Bafite icapiro rikomeye mu gihugu,bakora marketing y’izindi company, ….) kandi izi nkuru ndende zitaratangira barakoraga.
Reka nibarize mwebwe mwumva mwasomera izi nkuru ku buntu, ko mukunze kwandika ko ari ishuli, mwabonye aho umunyeshuli yigira ubuntu (na 9 & 12 years ndetse n’ikiburamwaka ntibatanga agahimbazamusyi ka Mwarimu), Ese buriya niyo Eddy wacu yaba agenerwa umushahara runaka musanga koko twebwe nk’ abasomyi b’inkuru ze tugiye dufatanya tukamugenera akantu Umuseke utatwibukije bitaba byiza?
Ese we ntaba muri Kigali, mureke rwose two kumukamira mu kitoze. Muramutse murakariye comment yanjye ni uburenganzira bwanyu, ariko nanjye n’uburenganzira bwanjye kubivuga uko mbyumva.
Nsabye ubuyobozi bw’Umuseke ntibunyonge comment yanjye, simbavugira ahubwo ndavuga ibindimo. Ahubwo abasomyi bumva bashaka kugira icyo bakorera Umwanditsi rwose kandi kinini kirenze no kumuha Amafaranga rwose bakwandika hano muri comment uburyo twahura tugapanga uko twamushimisha natwe. Murakoze.
Uravuga neza rata Mujyanama wowe uzi agaciro k’ibitekerezo by’umuntu.
Nta gahato badushyizeho rwose.
KUGAYA
Abanyarwanda benshi turababaje cyane kubera ubujiji cyane cyane hamwe n’imitima itari myiza.
Aba bantu baduhaye Episodes 95 ku buntu, tukabyuka tubashimira cyane tuvuga uburyo inkuru yabo idufasha. Bati nimutange inkunga, bacye barayitanga ari nayo mpamvu byanze bikunze bahisemo kwishyuza Episodes zisigaye.
Ariko nimundebere ibitutsi no kwishongora ku waguhaye ibyiza ku buntu!!! Mbega ubugome, mbega agahinda, mbega urwango rubi!! Ngo Umuseke barakennye??? Yego koko umenya bakennye, ngaho se nibura gira uruhare mu kubateza imbere? Ko nabo ntacyo bakwimye bagifite.
Umuseke twawumenye utandika izi nkuru ndende dukunda, ntabwo twe tuwusura ari twe gusa dusura iki kinyamakuru kuko niba mutabizi kiri mu binyamakuru bitatu bya mbere bikorera kuri Internet mu Rwanda, kikagira umwihariko wacyo w’ubwisanzure no guha umwanya buri wese nk’uko banaha ijambo ababatuka nkamwe.
None hejuru ya deux mille francs kun kuru 5 twarasomye 95 ku buntu turi kubatuka no kubasebya ngo si abanyamwuga!!!!!??
Ese niba wishyura MTN internet urabizi neza ko Umuseke nawo wishyuraho MTN? Reka rero nkubwire njyewe ubizi, ntabwo rwose Internet ugura ngo usome ayo utanga agera k’Umuseke, ibyo RURA n’ubu byarayinaniye kubarengera kandi nzi ko ibinyamakuru bikorera kuri Internet byayegereye kenshi.
Mwishinyagura rero, niba ukennye ku buryo utabona deux mille yo kugura episodes zisigaye winasebanya cg ngo uce abandi intege wita ikinyamakuru kimaze imyaka hafi 10 ngo kirakennye kirashaka bibiri byawe, bigumane nigifunga uzagende ubyine.
Tugire umutima wo gukunda ibyo dufite kuko iyo tubibuze tuba duhombye
Mwirirwe
Ese wowe ushyigikiye ibyo bakoze?reka sinshime abatukanye ariko umuseke zero wowe ubashyigikiye zero kuko burya iyo ugiye kureba umupira ugenda uziko urishyura kdi uziko umwe aratsinda undi agatsidwa cg bakangnya ariko urushura .kuki umuseke ishyuje mbere ukaba uhisemo kuba bihemu?ibyo wita kinyamwuga?
JYE MBONA AHUBWO ARIBO BAKATWISHYUYE KUKO DUTUMA IKINYAMAKURU CYABO GISURWA CYANE BITYO BAKABA BABONA AMAFARNGA YO KWAMAMAZA. NAHO IBYO KUTWISHYUZA, UBWO SE MAMA MUZAHA CODE UZISHYURA NGO AZABASHE GUSOMA. IGISIGAYE NUKO GABBY NA KETE BAKORA UBUKWE MATESO NAWE AKAMENYA KO MIKE ARI UMWANA WE KUO PATRONA WE YAMAZE KUBIMENYA. NGHO NANJYE NIMUNYISHYURE.
Hhhhh, urasekeje! Ngo inkuru tuyisomera ubuntu? Barakubeshye we tuba twishyuye ayacu kugira ngo iyi nkuru tuyisome
Jye ndibaza ngo abishyura bazazibona gute? Ko nta mbuga zacu tugira ngo bazazinyuzaho,nibadusobanurire uko bizagenda nyuma yo kwishyura
Mwaramutse neza ! Nonese abari bohereje inkunga mbere ariko itageze kuri2000frw bo bite?
Nukuvuga NGO mubo mukeneye kwigisha abakene ntibarimo byari byiza nyine ariko udafite arya nkumurwayi .gusa mubitekerezeho na ba rubanda rugufi twavutse nkabandi
Bo ntakibazo bazayihabwa
pazo uvuze ukuri ko ntambuga zacu tugira nitwishyura nubundi ntibizanyura k’umuseke nabandi bakabisoma.nibatubwire uko bizagenda.
Ndabona amafranga mutwatse nimenshi mugabanye rwose.
Ntakundi nimudukuzeho atiko numvaga mwareka ikabanza ikarangira mukabona kujya muha abishyuye mumenyeko tuba twishyuye natwe aya connexion kdi nubundi tuyishatse ntitwayibura tuzajya tuyisoma kubishyuye ibyiza mbagiriyinama mwayikuraho burundu kuko nubundi abatishyuye bazazisoma mubitekerezeho
ntakundi twebwe abanyamahanga muratwase pepepe ako mutugiriye nabi ndaba nkatwe iburundi twobigenza gute murakoze!
Bavandimwe, Umuseke turabakunda kandi dushyigikiye iterambere ryanyu. Ariko reka tugire ibyo twumvikana. Ntabwo umunyamakuru wese muri uru Rwanda azagira ikiganiro cg presentation bikunzwe ngo bibe impamvu yo guhita asaba inkunga ababikurikirana. Ubu koko, Radio Rwanda izifate ivuge ngo Museke Weya izajya yumvwa n’uwishyuye gusa? Uhmm!?? Niko, Ubu koko, Mwanafunzi, Gatera Edmond cg Patty, bazifate bavuge ngo documentaires zacu zizajya zumvwa n’uwatanze umusanzu runaka?? To be honest, the author of this story is disgracing the journalism reputation. Sorry to say so, ariko ibintu ni 2. Niba iki ari igitabo ari kwandika, nakijyane mw’icapiro bagicape, azategure igitaramo agishyire ahagaragara tukigure, cg Ubuyobozi bw’umuseke bushake uko bwazamura salaire y’uyu mwanditsi wacu kuko arakora cyane. Twe nk’abakiliya rero, inkunga yacu nkuru, ni ukuza tugasoma inkuru mwanditse. Ibindi mudusaba sinzi aho biva.
Kunyonga ibitekerezo by’abantu byo simbibaziho.
Inkunga yo tuzayitanga, ariko ntibavuge ko twayisomeraga ubuntu kuko tuba twatakaje amafaranga ya internet ikindi kandi umuseke mubona mufite abantu benshi basura ikinyamakuru cyanyu ntimutekereza ko dukururwa nuyu mwanditsi, rero umumaro munini awufitiye umuseke kuko namwe abasomyi bagabanutse mwabihomberamo.
Ahubwo umuseke mwe mushimire umwanditsi cyane.
Ariko benedata mwibuke ko dusoma twishuye internet nabasabye ko mwakora urubuga rwa whats app tukabiganira mwaranze muri guterana amagambo gusa yashaka uburyo yazanjya akora udutabo tukaba aritwo twigurira uko byatuma abana bacu bazabisoma nao twa bibitse
Hhhhhhhhhhhh, biratangaje ku twishyuza inkuru inshuro 2 kuko nubundi tuyisoma aruko twamaze kwishyura . kereka niba hari abo bajya bayisoma batishyuye nahubundi umuseke nurebe ukundi ubigenza yishyure umwanditsi nicyo cyerekana ubunyamuga mubwo ukora.
Hhhhhhhhh!Ntakundi.Abatabyishimiye mwibikora ababishaka namwe courage cyane.Ntimwishuke abantu ntibumva kimwe!
Amahereze muzatwishyuza n’amakuru ya TRUMP, ntago inkuru iyo ikunzwe yishyuzwa.kuko iterambere ry ikinyamakuru rihera mukugira abasomyi benshi ntago rihera mukwishyuza inkuru.
Mugire ubunyamwuga.
umuseke turabakunda rwose ark nimuzamure urwego rwimikorere umunyamakuru wanyu nimumwishyure kuko atuma ikin yamakuru cyanyu kigira abakiriya kigasurwa kuvuga ngo tuzirebera ubuntu reka tugura internet kugirango tuzisome ikindi rero kuvuga ngo tywishyure aho rwose byakabaye ari ntabunyamwuga burimon nimurebe akamaro uwo mwanditsi abafitiye mugutuma dusura ikinyamakuru cyanyui mumuhe umushahara cg ategure igitaramo tukitabire ndumva aruko nabivuga
Hari ibintu bitangaza mu buzima. Ntekereza Ko inkuru zitangira kwandika umwanditsi atatelerezaga Ko azagera aho akanya yaka inkunga. Ndibuka Ko rwibutso akundwa habayeho guhuza abakunzi banamigera inkunga, byakozwe Ku bushake bw abasomyi. Nyuma rero hajemo gushaka kwishyuza inkuru, yewe birakorwa, ariko ikoranabuhanga ribacira isiri Ko bitari ngombwa, kuko nutarishyuye byarangije asomye inkuru. Gusa icyantangaje muri analyse zanjye, iyo bavugaga Ko biseguye umwanditsi yarwaye, hahitaga haza itangazo rinasaba inkunga. Hari umuco tujya tugira akenshi iyo twamenye faiblesse z abantu. Yego inkuru Ni nziza yewe inagira abantu inama, mais iyo haje gukunda ifaranga, haba hajemo kugira impu ebyiri z umuntu. ESE inama zaba zitangwa n umwanditsi hari aho we zaba zimugera? Mubushishozi mugira, mushishoze uburyo mwakamo amafaranga, kuko ibimenyetso musiga inyuma bugaragaza Ko harimo ikibazo kandi bikomeye. Murakoze
Ariko ubundi ko batubwiraga ko inkunga ari ubushake umuntu agatanga uko yifite 2000f aje ate?Nkabandi nasomaga umuseke buri munsi ariko ubwo nyine muratwirukanye tugiye kujya dusura izindi mbuga kuko no kubona mb ntibiba byoroshye
ubuse umuntu uba hanze yigihugu nawe atege indege aze murwanda kugura inkuru?umuseke rwose sinziko icyo kintu mwagitekereje neza
Hhhhhh
Mwaramutse?!Muzi igihe urunana rumaze,rugiye kugera kuri episode ya2000!
Ntibarishyuza kandi rugiravl uruhare muguhindura ubuzima bw abantu bwa buri munsi.bari nizindi nkuru zinyura kuzindi mbuga zitandukanye,turazisoma kuko tuba twaguze internet.
Ikindi niba umwanditsi ashaka kubihagarika nabikore kuko nubundi ntawamusabye gutangira gupublishing iyu nkuru.
Njye uko mbyumva ndumva aya mafranga twayishyura kugirango umwanditsi wacu akomeze inkuru kandi murabizi neza ko izi nkuru zuzuyemo ubwenge n’ubushishozi,abari mu mahanga mushobora gukoresha western union mubanje kumenyesha umwanditsi akabaha detail z’Amazina ye,rwose basomyi mwihangane dutere inkunga umwanditsi wacu kuko birakenewe,bizatuma dukomeza kubona inkuru kandi na we abyungukiremo,muzarebe abandi banditsi birabakiza pe ndetse bikanabatunga,ariko njye kuva aho nabereye sindabona umwanditsi w’inkuru ndende uhiga Rwibutso,Basomyi tubitekerezeho kuko birakenewe Murakoze
Reka nisomere ijambo ry’Imana mu give umwanditsi waryo atarakenera inkunga ngo atangire kurigurisha.
Hahahahah!! Ikigaragara nuko twaremajwe n’iby’ubuntu!!
Mwabikunda mwabigaya Umuseke uzahora ari Umuseke koko!! Ndabasaba mu buryo bwihariye ntimuzabe nka babandi ngo ni ba Rugizebate? Bandika inkuru imwe mu cyumweru nayo yo gushyushya imitwe no kwangisha abantu abandi! Mukomeze ubunyamwuga.
Aba batukana ngo babaciye amafaranga nabo mubabaririre ntibazi icyo bakora… bazi ko kwandika ari ugufata ikaramu cyangwa imashini ugahurutura bikikora!!
Impamvu ibi jye numva bimbabaje nuko kuva kuwa mbere ushize kugera kuwa gatanu nari ndi muri National Book Exhibition 2018 aho abanditsi, abasohora ibitabo. amasomero, abkorera ku giti cyabo n’imwe mu miryango mpuzamahanga, abayobozi benshi bakuru b’igihugu bahuriye mu bihe bitandukanye. Mu biganiro bimwe hagarutswe ku buryo Ubwanditsi bwatunga nyirabwo, uko ubutunzi mu by’ubwenge n’ubuhanga byagirira akamaro nyirabwo n’igihugu…
Mbese wowe ugaya Umuseke, ukagaya umwanditsi w’inkuru tumaze iminsi dusoma, wari wagerageza nibura kwandika ipaji y’igitekerezo runaka ngo wumve uko bimera!! Ntabwo dusoma umuseke kubera iriya nkuru!! Hari na benshi batazi ko ibaho. Ndetse abayizi barambirwa no gusoma ni benshi!!!
“Amahoro ku giti cy’umuntu mu burenganzira bushobotse, atabangamiye Rubanda nk’uko bazira kubimugirira nabo”. (NDLR) Ayo magambo si ayanjye, ni ay’umuhanzi.
Mvuze byinshi ariko simazeyo ibyiyumvo mfite!!
Mbabajwe cyane n’ubujiji Abanyarwanda tukigaragaza, harimo nabaciye mu ishuri pe!! Koko urifta ugatukana kuko hasabwe inkunga ya 2000rwf. Utayafite se ahubwo ntiwakicecekera?!
Ntaciye ku ruhande ngaye uwavuze nabi wese. Ndashima kandi abakomeza gushyigikira Arien K .U
Umuseke namwe ibi mujye mutangira kubishishikariza abasomyi hakiri kare. Murabizi abanyarwanda tumeza nk’amapikipiki amwe atagira demareur agomba kick.
Anyway abatishimie igitekerezo cyanjye bihangane!!
Ntukaze ukoresha imvugo abanyarwanda nawe, abanyarwanda dufite indanga gaciro. kandi ntakosa abasomyi bakoze kuko iyo ugaragaza ikibazo bigaragazwa namarangamutima yaburi muntu kugiti ke. Amakosa nayashyira kubagenerabikorwa kuko batigeze bamenyesha neza imikorere yabo kandi bigaragarira mu ma comments.
Ngaho re..
Ko turi mu gihugu kigendera ku mategeko, aka kavuyo iki kinyamakuru gitangije Leta cyane cyane urwego rushinzwe itangazamakuru rurakizi? Ubu bucuruzi bwo kuri Mobile money se buremewe? None se ukeneye facture yibyo yishyuye azajya ayibona ate, ko RRA idusaba kwaka inyemezabuguzi ku kindi cyangwa service yose twishyuye? Ababishinzwe mubidukurikiriranire
oya se knd basomyi twafatanyije gukurikira iyi nkuru mwivuga nabi nukuntu mwabyiniriraga umwanditsi wayo !!!! twaba twivuguruza pe ! mwemere ko mudashaka cg mutabasha kwishyura kandi munemere ko umunyarwanda yaciye umugani ngo akeza karigura. jye mbona 2000 basabye aribyo kureba niba ibyo tuvuga tubashimagiza twabasha no kubishyira mubikorwa tubashyigikira ngo inganzo yaguke ! nimugarure umutima nshuti,ababibashije twishyure izi 2000 kugirango umwanditsi wacu nawe ajye abona amazi amira ariho atekereza icyo agiye kutuganiriza.knd nukuri ntako atahize. murakoze.
Iryo niterabwoba ryo kugira ngo ugire impamvu zo kutishyura, ngaho nzanira inyemezabugure ya Airtime waguze ngo uze kureba hano ko wabona ibyo byaguteye umutimamubi.
Hahhhhhhhhhh
Birasekeje kbsa!
Uyu mwanditsi ni umuhanga kuko nubu arababonye ntimumubonye
Arabavugishije kbsa
Birangiye Umwanditsi wacu abaye Mateso tu!!! reka twizere ko ejo nawe uzahinduka ukareka gukunda amafranga. wibuke ko mateso yahindutse nawe cg Ubwo uzarindira twese tubanze tugucikeho.
UBWO URAHAZE UMUFUKA URUZUYE URI KUBONA KO NABANDI BAHAZE BARI GUKUNDA IFARANGA(ESE DISI WOWE URARYANGA). UBWO SE KWAKA INKUNGA K’ UMUSEKE NGO WENDA UMWANDITSI IMUGIRIRE AKAMARO NI IGIKORWA KIBI?
NIBA NTA BUNYAMWUGA BAFITE BARI KUNYONGA IBITEKEREZO BIBAGAYA UBUNDI BAKITURIZA. NONE REBA MWACITSE URURONDOGORO. NIBA NTA MAFARANGA WATA KU MWANDITSI N’ IMPANO YE WAKWITURIJE NAKO AKEBO KAJYA IWAMUGARURA KOKO NDABIBONYE. AHAAAAA, NYABUNEKA TUJYE TUREKA ISHYARI DUSHYIGIKIRANE.
Ngo ubujiji!!ariko umuntu arikora akumva niwe nunyabwenge koko!! Baciye umugani mu kinyarwanda ngo utazi ubwenge ashima ubwe.kutumva ibintu kimwe nawe ntabwo bihindura umuntu injiji wa.
Jye mpamya ko iyi nkuru ntayisomera ubuntu.rero ntaby’ubuntu naherewe ku museke.inkunga yindi ndumva atari ngombwa.
hhhhhhhhhhh
Murakose musomye njye kugiti cyanjye numvaga waragiza iyinkuru noneho wasohora indi ukajya wishyuza ababonye inyungu munkuru wasohoye bazishyura niba tabishaka bazabyihorere ariko kwishyuza kumunota wanyuma ukishyuza urikwiha amenya yabasetsi!
Mwabantu mwe Umuseke bakunze cash barakabya City Maid ,Seburikoko twishyura Abonoma ntabwo batwishyuza andi ese ra Theatre ko bataratwishyuza ,barabashutse ,naho umwanditsi mbona arengana ,Umuseke bashatse kumwirukana ariko ntibaziko bamuhesheje umugisha ,bazamenya akamaro ke bakangutse kabiri ,buriya inyungu ni ugushora ubuseko twemeye tugatanga 30M muri Arsenal suko tuziko inyungu ziri imbere nonese tuyobeweko Marketing aringombwa ,umwanditsi winkuru yatumaga tunasoma nibindi,erega ntawutwika Inzu ngo ahishe umwotsi ,nabandi bakozi bararira kdi mubyumve bitazamera nkaya TV batwaye ibyuma nayo byatangiye gutya
mwaragerageje nubundi mwihangane mureke irangire kuko hari abadafite ubwo bushobozi kandi babakunda.
kubafungira rero nukubaca intege.
Ikibazo si ukwishyura ahubwo wa mugani uwayishyuye ni gute Umuseke uteganya kuyimugezaho? Uwatanze inkunga se we mwizeye ko muzi uburyo mwayomugezaho? Nknjye nakoresheje Tigo cash y’umwanditsi kdi fr avuye kuri account yanjye. Ntiyambwiye nib yamugezeho.
Murkoze ku bisobanuro
iyinkuru nubundi turayishyura unwanya na connection niba bidahagije mukaba mushyizeho 2000 bye
Ese ubu ko nakoresheje number itari iyanjye nohereza contribution ubwo muzampa izo episodes gute
Ibi bintu byokubona inkuru igiye kugera kumusozo mugatangira kwishyuza,numva ntabunyamwuga mbibonamwo pe,ahubwo mushatse gufatirana abasomyi kubera yuko mubona bigeze aho bafite amatsiko menshi,mwari kureka ikarangira mukazishyuza indi muzatangira.naho,kutwishyuza 2000 frw kuri episode 4 ndumva byaba bikabije
Rwose nibyiza gutanga inkunga kumwanditsi wacu kuko natwe ntasomo dukuramo ntitwanabyitaho ngo tubikurikirane ariko amafaranga nimeshi abyigeho arebe ko nibura 1000 kuko hari nabasoma iyinkuru kandi batagira akazi ndumva mwaba mubirengagije kandi naboharicyo bibafasha . ikindi jyewe nigeze nyatanga icyogihe nimero yari yanditseho umuseke techologye ariko nubundi ntatandukaniro ryaririho nabatarayatanze barayisomaga hanyuma ubwo bizajyenda bite?
Mbaye nisabiye uzabasha kugura azazimpe nange nzirangize kuko gufungura internet byonyine bisaba kuba ufitemo amaunit ya tel. Kukontishyuye internet sinabasha gusoma. Nukuri ihangane uyiduhere ubuntu kuko burya abasoma izi inkuru nabashomeur gusa ntiwaba ububyukira kukazi ngo usome izi nkuru. Rero nubundi waraduhaye komeza utwihere
Njye nari ngishakisha none mu mfungiyeho kandi ndabakunda,ibyaba byiza mwaba muduhaye inkuru none izizakurikira abantu bakajya bazisoma babanje kwishyura,naho ubundi ubwo isomo muriciyemo kubera abanyeshuri batararangiza kwishyura minerval mwihangane mugire imbabazi
Murakoze mwese!buri wese avuze uko abyumva njyewe numva kwishyuza iy’inkuru bitari bikwiye kuko muri twe harimo koko utabasha kubona 2ooofrw kandi akunda iy’inkuru ndetse inamufasha cyane.Icyo numva kiza nuko hari kugumaho iriya nkunga nziko neza ko muri twe kubw’ubushobozi bwacu butandukanye iriya nkunga yari kuzaruta kure cyane ayo 2ooofrw mwishyuza kandi tukaba dushyigikiranye abifite n’abatifite bityo bigakomeza gutuma umuseke utera imbere ndetse ufasha n’abanyarwanda muri rusange ndetse n’abanyamahanga kuko inyigisho zirimo zidufitiye akamoro kuko ni ubuzima duhura nabwo umunsi k’umunsi Murakoze.
Kwihangana bitera kunesha.
Ibi ni ukuri ntabwo dusomera Ubuntu, tuba twaguze bundle ahubwo njyewe numva mwakomeza mugasaba inkunga ariko ntimuhagarike inkuru. Abayafite bakayatanga n’abatayafite ntibabure gusoma kuko ntekereza ko iyi atariyo nkuru ya nyuma Eddy yanditse!!! Abavuze nabi namwe mwikosore
ndagushyigikiye pe!!
Nihanganishije umuseke n’umwanditsi w’inkuru.Mwihangane isi niko imera.Abantu buzuye ubugome n’abo kubabaza abandi gusa,izo comments zirakabije.Jew ndi i Burundi,iyaba noronka num ndayashirako vyonyorohey kuko ivyo vya westernunion vyongora ntarigera ndabikoresha.Bishits nkaronka uwuri mu Rwanda ayantangira nokwisabira umwanditsi akazindungikira kur num yanj ya whatsapp bishobots
Muraho neza!!!njye singaya arko nanone sinanashima..kuko rwose umwanditse ntako aba atagize,kandi nawe akeneye inkunga kugira impano ye yaguke ndetse abe yanacapa ibitabo.
Arko se umwanzuro mwiza nuko watanga episode 95 hasigara eshanu bati ishyura?
Cyangwa wabigira ko inkuru yose yishyurwa bikagira inzira..
Kuko ibyo ndumva nubundi isa nko yari igeze kumusozo bamwe twayirangiriza.
Murakoze murakarama
Kandi duhora dushima cyane inyigisho muduha munkuru zanyu.
Arko ubutaha mujye mureba ku mpande zombi
Kuko hari nabari mubihugu,ubwo buryo bwo kwishyuramo budapfa gukunda?
Nabyo mujye mubitekereza,kandi kuba inkuru isomwa nimpande zose ni ibyagaciro.
Muraho! Maze igihe kinini nsoma umuseke.rw kandi ntago nteganya kureka kugisoma. Inkuru ndende ni kimwe mu gutuma nkunda kugisoma ariko siyo mpamvu yonyine yanteye kugisoma kuko natanjyiye gusoma inkuru zo k’umuseke mbere y’uko itangira kuzandika. Umwkaa ushize, mwadusabye kwishyura inkuru ndende. Ndabyibuka nishyuye ntiganyira kandi na nubu ntago nicuza kuba narateye itafari ryanjye ku kinyamakuru nkunda(bamwe na nubu ntago batinya nkunyita ambassador w’umuseke.rw). Gusa na none impamvu nishyuye ni uko narinyafite. Gusa icyo gihe nibwo narinkirangiza kwiga secondaire. Ariko ubu natanjyiye kaminuza. Muri iki gihe ntabeshye ntayo mfite yo kwishyura, gusa ndamutse nyafite nayatanga ntajijinganya. Kandi mpamya ko hari nk’abandi nkanjye kandi benshi n’ubwo batantumye duhuje ikibazo. Ariko ntago nabura gushishikariza abasomyi bayafite kuba bayatanga kandi bishimye pe. Njyewe ndabashimira kuba mwaragizd iyi initiative gusa hari icyo nenga rwose. Kandi burya ugira amahirwe agira umunenga. Kuko ntababashye ntakindi kinyamakuru nafata umwanya wanjye ngo nandike ibintu bingana gutya. Icyo nenga rero ni iki: mujya gutangira kwandika Niko yambwiye mwavugaga abantu baba bafite ubushake batanga inkunga. Rero ubu mubonye igeze ku musozo aho buri wese ashaka kumenya uko izararanjyira ngo twishyure. Yego ni byiza ko n’umwanditsi atera imbere kandi nabandi barwanyije igitekerezo cyanyu ntekereza ko babyanze ariko icyo nagaye njyewe ni uburyo mwabikozemo bisa nko kudufatirana kandi mukirengagiza ko copy paste zizaba naza watsapp. Njyewe numva byakabaye twarabimenyeshejwe mbere tukanashaka ariko siko byagenze.
Inama njyewe nabagira ni uko noneho mu nkuru itaha cg ikindi gihe mwavuga ngo inkuru kuva itangiye kugeza igeze ku musozo izasomwa n’uwishyuye. Bikaba tubizi kandi nemeza ko ntawabyiganyira. Cg yewe mukagenza Ep zizagurishwa cg mukavuga ubuntu inkuru yose umuntu agatangira gusoma byose abyiteguye. Ntekereza ko ibi byose bitabaho ahubwo byagenda nexa kurushaho.
Murakoze kandi munyihanganire kwandika ibintu birebire gusa mugire akazi keza kdi mukomeze mutere imbere mu murimo mukora. Naho njyewe ni ukwihangana nazabona amafaranga cg mugaca inkoni zamba nkaba namenya uko Mateso n’abe birangira.
Sorry,if possible u can continue the story and when introducing new inform us before in order to be ready for payment! Please we begg you from our all consciousness
mureke mbabaze!inkuru zisomwa zose zigiye zishyuzwa nkuku babigenje hakiyongera ho nayo tuba twishyuye tugura MB yazavahe raa?ahubwo ibindi binyamakuru bifatireho nabo tubamenyekanishe hhhh
UMUSEKE NDABAKUNDA CYANE, MURI IKINYAMAKURU CYIZA, NKURIKIJE COMMENTS MBONYE ZIBASEBYA ARIKO MUKABA MWAZIRETSE ZIGATAMBUKA KANDI MWARI KUZINYONGA NAKO MURAKOZE CYANE IMANA IBAHE UMUGISHA.
NAHO UWAKANZE INTOKI ABASEBYA NI BYABINDI BYO KWIMA AMATWI UWAMUKAMIYE, AHA NIHO UBONERA KO UMUNTU ARI UMUNTU. UYU MUNSI ARAGUSINGIZA EJO AKAGUCIRA MU MASO
mwarakoze cn kuzomwashoboye kuduha kandi zaratwubatse nubwo tudashoboye kumenya iherezo narigutanga inkunga nanje nkabandi kugira nshobora kubandanye ariko ntayo noronka ndabipfurije kuroranirwa kuko inkuru zanyu ziradufasha
Ni byiza gutanga inkunga ariko hari igihe umuntu aba atayifite bityo akavutswa amahirwe yo gusoma inkuru. Ubushize mutwishyuza mbere byari byiza umuntu akabiteganyiriza none ntimureba ko nukwezi kugeze habii
Yewe Eddy twaratangiranye kandi usibye nizo nkunga mwaka kugahato twazimugeneye kubushake atabidusabye kandi zirenze iyo 2000 bityo ndabagaye kuko izo yabonye inyinshi murizo ntaruhare mwabigizemo nukubera ibihangano bye.mugenze gake mudatsikira rero .
Ahubwo mushake uko mwayikinamo film natwe tuze tuyigure. naho gutanga 2K, ni hatari pe!!
Ibihumbi bibiri wagirango ni make ukwa 6 kwageze nkaho wakongeyeho 1000rwf ngo ugure mutuelle ngo urayatanga kugura inkuru?cash zarabuze ubushomeri bumeze nabi ubwo wasabi ama unites ugasaba ticket,ugasaba nayo kugura inkuru ?
ariko njye sinumva ukuntu kwishyura bimeze.nonese inkuru ko itoherzwa kuri e mail bazabwirwa niki ko njye nishyuye cg nyisoma ntishyuye?
Basomyi bavandimwe nagirango mbibutse ko ejo ari ku wa kane muzinduke dusome ziriya episodes zisigaye. Ubu bazitwima baduhora iki?murabona 2k arizo twapfa n’umuseke? bikiniraga
Muzadufashe ejo ntituzabure inkuru kdi twarishyuye mudufashe
Hhhhhh@MATAMA turazinduka rwose twisomere Final,nabo ni abantu bakuru barabibona ko 2000,ababasha kuzibona aribo bake,ugereranyije nabasoma izi nkuru ndene!
Reka nyishyure da ejo ntaza cyikana nahubundi uzandike ibitabo tujye tugura ubishoboye naho abatabishoboye kwishyura mmurabahemukiye pe mubadohorere nabi bisomere .
Bavandimwe mwiriwe !
Jyewe mfite ikibazo cyo kwishyura, mwaduhaye mobile money twishyuriraho.. Ese muzabwirwa n’ikiuwishyuye ngo afungure asome inkuru?
Cyakora comment ziri hano wagirango bazitekereje kera ntabwo byoroshye pe
Ushaka kumenya intekerezo z’abantu wakora utya.
Gusa ndasaba uwaguze azambabarire anyoherereze jyewe azaba akoze cyane
Izo nkuru ntiziraza se?ntizirangeraho kdi narayitanze inkunga.Murakoze turategereje.
abari mumahanga twakoresha ubuhe buryo
Bjr. umuseke, turagira NGO mutumenyeshe uburyo ziriya épisodes turi buzibone, kuko ntiturasobanukirwa aho turi buzisomere. Thx
Mwaramutse?ariko abantu nibantamunoza pe!se koko muriki kinyejana umuntu wize ugishaka guhabwa kubyubuntu arumva adakabya?igihangano cyumuhanzi yaradusogongeje bihagije turanyurwa mureke ubukerabuhiri mwishyure final nutabikora ureke gutukana kdi mujye mwiga no gukoresha imbuga twose nkubu umwanditsi mutaziranye ntagufata nkumuntu byatungabye mu mutwe koko?tujye twiyubaha natwe bazatwubaha!Se 2000 nurugo kuburyo wayavugiraaaaaa!urambabaje!!!!!sinzakumenye!!!!!!
uzabasha kwishyura akabona inkuru azakore copy&paste ayinyoherereze nanjye nisomere kuri numero ya whatsapp +250726212583 murakoze kubinyemerera
Njye KO nishyuye nkabantacyombona?ntimurazishyiraho cg abandi batangiye kuzisoma?
Mwaramutse Bavandimwe twahuriye mwishure ry inkuru ndende ku Umuseke.Nsingire ngaye umuseke kuko waratwigishije bikwiye kandi nubu ukomeje kubishuye.Ariko iyo bihangana inkuru ikarangira bakarihisha kuyikurikiraho.Ikibazo abatari mu Rwanda dufise ntitugira aho twishurira.Navyo mubitekerezeho ubushize nabonye unyishurira aho ndakomeza ariko ubu mwabitubwiye mutinze ntawe warusha rwakwishurire 2000frw atazi nivyuba urigusoma ivyarivyo.Gusa turabashimiye igihe twamaranye namwe.Umwanditsi Nyagasani Yezu amukomereze impano ye azandike ibitabo tubibone.
KO,mudatambutsa comment yanjye?
“Mwaramutse, nifuzaga kumenya uko abishyuye inkuru nicyo yambwiye ziriye episodes zibageraho mugihe baba badakoresha smartphones. Murakoze”
Abadakoresha Smartphones turi kuzibaha kuri e-mail zabo. Murakoze
Ko Nishyuye akaba ari ntazo nabonye? Murayohereza mute?
Ubwo se uwohereje inkunga akoresheje tel yumu agent wa Mtn ntashobora kubiginderamo? Cyane ko iyo ari inkunga Atari ngombwa ko bamenya ko ari wowe wayitanze.
None murazitwoherereza he ko nta email mwadusabye?
NIBAMARA KUBONA AGWIRIYE, BAZAZISHYIRAHO TWESE TWISOMERE DA!!! Noone!
Ariko nimwongera kuzana inkuru ndende mujye mwishyuza mbere pe, kuko bigaragara nkaho muba mucyeneye ubufaranga cyaneeeee ubuse kuki izindi nkuru mutazishyuza kandi zo mujya no kuri Field kuzishaka. Amafranga narayohereje ubwo negereje ko mu mpa izo episodes kuko nakoresheje numero yumu Agent Murakoze guys
Hihihihi, BARIYE INKA HAFI ESHATU NONE UMURIZO W’IYA 3 URABANANIYE KOKO!!!
nkunganire nimba warakoresheje number ya Agent wari guhamagara uwo uyaha ukamubwireako ugiye gukoresha number itari iyawe
kdi birumvikana nanjye mbonye cash zije sinamenya uzimpaye dufatanye kubinyuza munzira nzima umuseke mwakoze njyewe nayibonye kuko mwayinyujije kuri number nkoresha kuri whatsap nabandi nizereko bazibona
Ko ntayo mbona se kdi naratanze inkunga mbere ?
Ariko umuseke ubwo koko murazitwimye?nimutubabarire ntituzongera kubura 2000! Ngaho basi nimuturangire akazi turebe ko twajya tubona 2000
umuseke ntimudufatanye nubukene rwose murebe nabatanze ubushize turangize iyi nkuru.murakoze
nimudufashe rwose ubutaha tuzayatanga
Muraho? Ko mbona abishyuye nabo batazibonye ari nkabatishyuye, murazitanga he, ryari?
Murakoze.
Ndabona ntacyo badutangariza kandi cash nanjye narazitanze via Agent
Ni uko murakoze kutwizeza ibitangaza.
twandikire kuri info@umuseke.rw tubone e mail uduhe na tel yawe ukoresha kuri WhatsApp tuyiguhe hombi nonaha
Bonjour nanjye narishyuye ariko sindabona za episodes isigaye. No kuri email ntazo. Merci
twandikire kuri info@umuseke.rw tubone e mail cg tel ukoresha kuri WhatsApp tuyiguhe nonaha
Ubwo nyine badukujeho barakina se?
Wavuze ko wabuze ayo utanga, njye maze kuzisoma birangiye Gabby yiyahuye
ko ntayo mbona se kandi byose nabikoze?
NABANDIKIYE ARIKO NTIMWANSHUBIJE. KANDI NATANZE CASH. SINZI IKIBAZO
ko nabikoze byose se nkaba nayibuze?
No,za whastap nanjye nazibahaye.
Bavandi uwo baziha nanjye azimpe pe, kuko ndumva nzishaka cyaneeeeeeeeeeeeee
None se kutwishyuye mukaba mwadukujeho
nkubu jye natanze inkunga k’ubushake ubushize kuko amafrw nari nyafite, none Ubu nayabuze umuseke wanze KO ndanginza episode zari zisigaye ubwo koko nizo mpuhwe ntimwazigira
Abatwandikiye kuri info@umuseke.rw barishyuye na mbere bose twazibahaye ubu. Niba nawe warishyuye watwandikira tukabona e mail yawe
Nanjye narishyuye nyuze ku umu agent wa MTN none narategereje amaso yaheze mu kirere. number nkoresha kuri watsapp 0783125815 mungiriye neza mwampa biriya bice byasigaye.
Ese Umuseke KO mutubeshye ra iyo email ntabwo iri gukora rwose muratuma tumfusa ubusa umwanya kandi mwatubwiye ngo iratugeraho mugitondo bite?
Reba e mail yawe twagusubije
hello ,iyi nkuru nibayiguha nanjye uyimpe rwose ndakwinginze ncaka kumenya iherezo nubwo nta mafaranga mfite
Mbega uburyohe weeeeeee! Umwanditse ni umuhanga pe! Ndemeye irangiye neza mbega ni amarira y’ ibyishimo. ati Nicyo yambwiye
Rwose ubu iyo turi Ku rubunga muba mwinjiza. Ndumva mwashyaka uburyo inkuru uyisoma yazajya abanza akishyura. Ariko ntimugateke nimurangiza muti ntimurya mutabanje guhaha.!!!!??
Papa Flora we wayimpaye nkisomera nanjye
Abari mu mahanga rwose muzatuzirikane biragoye kujya kuri western cg money gram kohereza 2000fr umuntu adafite nuya mutangira mu rwanda.
@kibihira we wampaye najye gasoma se ko nabuze uko nishyura ndi mu mahanga
uzayihibona azayimpe kuri Whatsapp nisomere kuri iyi nomero 0728052233
Ndashimira Umwanditsi Mr.Arien Urwibutso Kabarira
IMANA iguhe umugisha ku bw’inkuru nziza watugejejeho mu ntambwe ijana twagendanye mu nkuru nziza “Niko yambwiye”
Izi nkuru uzikozemo ibitabo byaba byiza kandi rwose twabigura.Iki ni igitekerezo cyanjye bwite.
Ndagutegereje mu nkuru nshya kandi nziza uri kudutegurira.
IMANA ikurinde hamwe n’abawe bose
Gubwa neza, turagukunda
yewe yewe disi weeeeee!mbega uburyohe mbega uburyohe! ATI BURYA MU BUZIMA IBYO DUKORA ISAHA KWISAHA,UMUNOTA,ISEGONDA BYIYANDIKA MUGITABO,AHO TUDASHOBORA GUSIBA. ATI NTITUBE NKA WAWUNDI WATOYE INKUBA MU GIHURU ATI NITOREYE ISAKE,NTITINDE KUMWANURA.”ATI NICYO YAMBWIYE”
Rwibutso urakoze cyane,twarize,twishimye,mbese birangiye neza rwose!!Thx ku UMUSEKE.
CAJOLIE iyo nkuru yimpe nisomere nabuze uburyo bwo kwishyura whatsapp 0788611876
muvandi wayimpaye iyo nkuru nkisomera ko Njye nta menye uko byagenze email:ufiteyesu@gmail.com or 0785784781
Sha najye nabera narize inkuru yari uburyohe gusa Umwanditsi wacu rwose uri muganga pe Nina kwishyure tu nta byubuntu .
nonese kohari abatanze inkunga yabo badakoresheje terefone yabo, ubwo tuzazibona dute?!mutworohereze rwose, twe gucikanwa.no ya whatsapp ni 0722089086
inkuru Irangiye neza kbsa umwanditsi wacu ni umuhanga ndabasaba rwose dukomeze tumuteze imbere tumuhe inkunga ubundi akomeze atwinjize mu buryohe mwarakoze cyane umuseke Rwibutso wacu turamukunda cyane
Muraho abaha njye sinari naramenye uko byagenze ngo inkuru ntikomeze kutugeraho. Gusa nubwo ntayirangije ariko mbashimiye
Muraho abahano sinari naramenye impamvu izindi episode zitaboneka, gusa nubwo nifuzaga kumenya amaherezo ariko sinabura kubashimira byinshi nungukiye muzabanje. Umwanditsi uri umuhungu kandi Iyaguhanze ikwagurire inganzo kdi warakuze cyane. Umuseke mwarakoze cyane inkuru zanyu ziranyura. Naho abanditse batukana nabagaye cyane uwo si umuco ukwiye kuranga abana babanyarwanda. Mugire impagarike nubugingo.
bjr. ese ko nishyuye nkaba ntarabona ibikurikira?
nonese tuzayikura he
Igitekerezo cyawe
Umuseke tubashimiye kubw’izi nkuru mutugezaho harimo inyigisho zifasha benshi, Eddy inganzo yawe ntigakame, twizere ko bidatinze uzatugezaho indi nkuru nshya. Nicyo yambwiye irangiye neza amarira y’ibyishimo yaratangiye kumanuka. Igitekerezo: Nifuzaga ko uburyo bwo gutanga inkunga k’umwanditsi w’izi nkuru bwanozwa kugirango ntihagire abazongera gucikanwa.
Muraho neza njye ko natanze inkunga mbere nkaba ndigushaka inkuru nkayibura
oya njyewe nabagaye ntabwo barebye kure ko barebe ko hari batabasha kubona ayo 2000 kdi bakeneye impanuro cg inyigisho ziri muriyi nkuru nibatekereze no kubakene batabasha kuyabona yaba anayabonye akaba araribumubesheho Uwo munsi
kdi iyo usabye inkunda ntabwo bivuze ko icyo wahaga abantu uhita ugisabira ikiguzi cyacyo ahubwo mwanjya musaba inkunga mukareba uyitanga nutayitanga arko kubistop byo byaba muhemukiye benshi babakundaga
Igitekerezo cyawe
ngaho ibaze nonese ubu woe ntubirenganiyemo kko KBS nibatugirire ikigongwe baziguhere ubuntu nubundi iyambere barayiduhaye
mbaze twe tuba hanze hali uwayibonye NGO mwisabire wotsup +260975850852 thinks in advance
ahubwo abishyuye mutugezeho udusigaye
Mbanje gushimira umwanditsi wacu ku nyigisho adahwema kutugezaho,arko nanisabira uburyo twe turi mu mahanga tudakoresha Western Union kuko hari ibyo tutujuje ,mwareba ubundi buryo twabagezaho inkunga yacu ariko ntiducikanwe ni ukuri.kdi nanisabira uwabonye ziriya zanyuma ko yansangiza ku ngazo y’umwanditsi wacu.nimero yanjye ni +258840311866
Nonese kotwohereje email ntimuziduhe koko
mwiriwe banditsi dukunda , nanjye natanze inkunga none rwose mundwaneho mumpe episode zisigaye.
murakoze
mwanditsi mbabarira wandike igitabo kandi uzabona inkuga irenze iyo utekereza jyewe ubwange nzaguraho ibirenze 5bitewe n,abo nifuza ko bagirirwa umumaro n,iyi nkuru nkuko byagendekeye
iyo dusoma inkuru dukoresha DATA zacu so niyonyungu yanyu kandi mbansoma nibyo mwamamaza kandi muba mwishyuwe sinzi ikindi kiguzi mushaka nonese abari hanze ho batanga gute? gusa yibujije amahirwe kuko iyinkuru ndende nibwo yariri gukundwa ariko jye amatsiko ahise ashyira rwose mwigumanire!
Bjr, sinzi niba musoma izi comments zose, ariko please nkeneye ko mwanyoherereza inkuru kuko nta nimwe irangeraho kandi narishyuye, njye mba mumahanga ni umu niece wanjye wanyishyuriye kandi yarabinkoreye numwaka ushize, inkuru zahise zingeraho nta retard none ibi byanze sinzi impamvu. Murakoze
Twatanze inkunga mbere .merci
Jew sinashots ncritiqua umwanditsi ariko après y’ukubitekerezaho cane nagire ndamwibarize,ibi bintu vy’ukutubuza gusoma inkuru no kuturihisha hari aho bihuriy n’ubuntu ,ubumuntu n’imyitwarire myiza cane ya Nelson,John,Maman Brown,Brenda,Eddy,Jane,Paul,Ben,Grace,Gabby,Cyusa,Teta na Kate?Ko inkuru zaw umenga zari izo kutwiza kugira ubuntu,kwitwara neza mu buryo bwos n’igihe cos,wahindukiy gute naw witwara nka Pascal cank Mateso?Ko ariw watwigisha kumenya ko umuntu ari nk’uwundi,iri vangura ry’abishoboy n’abatishoboy,abashoboy n’abadashoboy ryakujemwo gute?Cank utwigisha ivyo naw udashoboy?Burya weho ubona udakeney guhugurwa n’inyigisho zo murizi nkuru uduhimbira?Jew nakwihanurira ko wokwihangana ukaba satisfait n’inkunga uhabwa aho kurondera inyungu ndende bene aka kagene.Dusigurir mwanditsi ntitubona ivyo urimwo.Ariko ntirirarenga hinduka uduhe akarorero keza niho inyigisho dukura mu nkuru zaw bizotworohera kuzikurikiza
ac ko mwatwijeje ngo abantu batanze inkunga yabo mbere ngo ep zisigaye zizatugeraho mukaba ntacyo mwakoze murumva mwaratubaniye koko ?
Konishyuye mukaba mutampa ep
isode zajye
Bavandimwe ntibikwiriye gukoresha imvugo zidakwiye.Ndahamyakp iri tangazo ryaratekerejweho. Kutishimira ayo mahitamo y’umuseke ku nkuru ndende zayo birashoboka ariko singombwa kuvuga nabi.Nkumusomyi wagira guhitamo ikikubereye. Imana ibarinde.
Ntago ndabona inkuru kandi mwaratubwiye ko inkunga yose yemewe kandi Adrian mwanditsi Naramwandikiye ko nishyuye.plz muduhe dusoze nicyo yambwiye
email yanyu ko idakora.
muraho amahoro? narishyuye kuva list week, plz ndashaka gusoma inkuru zikurikiyeho
None se utarishyuye mbere y’iriya tariki ntashobora kwishyura ubu akabona episodes zisigaye? Mutubwire dusoze inkuru neza.
Ese ko nishyuye nkaba narategereje ko muzingezaho ngaheba!
uwaba yayibonye yamfasha nanjye akayimpa kuri whatsp nimero yanjye ni +254 79457021
Ko tutarabone episodes kandi twarishyuye tukanabandikira?
Ariko se ko ndeba ibyo mwadusabye nabikoze nkaba nanabandikiye none nkaba nta gisubizo byifateshe bite nshuti zacu?
Ariko se ko ndeba ibyo mwadusabye nabikoze nkaba nanabandikiye none nkaba nta gisubizo byifateshe bite nshuti zacu?
Ariko se ko ndeba ibyo mwadusabye nabikoze nkaba nanabandikiye none nkaba nta gisubizo byifateshe bite nshuti zacu?
mwiriwe amahoro na none mwadufashije koko byagenze bite ubushize ko mwabigize uku kandi bikagenda neza ubu habaye iki koko?
Muraho UMUSEKE?
Indi nkurundende se izatangira ryari? Ndazikumbuye kabisa. iyi yarangiye numva yakomeza ariko nindi byaba ari byiza.
Mutubwire turategereje.
Murakoze.
Jye narishyuye, narareclamye ariko biba ibyubusa ntibazimpaye, ndayahebye nzabona andi, ngiye gukurayo amaso ariko uwayibonye yangirira neza akayimpa nkamenya amaherezo uko byagenze kuri 0783125815. Merci
Haahaa!INKURU IGVUGA AKARIHO .KANDI UKURI GUSHIRIRA MU BIGANIRO ,BIRANGIYE UMWANDITSI EDDY ABAYE” MATESO” KUBERA IRARI RY’AMAFARANGA, YATANGIYE NEZA NONE ANANIWE KWIHANGANA NGO ARANGIZE INKURU ,INGESO NTIYIHISHIRA KOKO !! IRAMUTAMAJE KU MANYWA Y’IHANGU PE
Amahoro yemwe,nanjye narishyuye ariko nabuze izindi episodes.
Ariko koko twatanze inkunga buri wese uko yifite none mwarayigaye?nkubu reba igihe gishize tutarazibona?gusa niba bishoboka muzimpe 0726204083 whatsup ndetse nundi wazisomye ufite impuhwe amfashe
Hi Umuseke Team! Ariko byagenze gute ko tutigeze tubone episodes zasigaye kandi twarishyuye. Nagerageje kenshi na e-mails kuri info@umuseke.rw ariko ikomeza i bouncing. please advise.
Niba warishyuye andikira umwanditsi aziguhe. Merci
nanjye narishyuye ark nanubu nta nyinya bari kunyereka sinzi ikibazo
nanjye narategereje ndaheba
Ndabona kubona episodes zisigaye bitoroshye kdi umuntu yarishyuye kera uwazibonye amfashije yazimpa kuri iyi numero 0782636438 niyo nkoresha kuri watsapp
Ko mbona story kuzibona ari dange na email watanze ubanza itabaho ngaho basi muyimpe kuri 0788623994, ikindi mwibuke ko musaba inkunga mutigeze mudusaba gukoresha number dukoresha kuri whatsapp!!!
iyo episode mwayimpaye koko.