Rayon Sports yasinyishije myugariro wakiniraga Kiyovu Sports

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports, bwatangaje ko Nsabimana Aimable ari umukinnyi mushya w’iyi kipe.

Nsabimana Aimable yasinyiye Rayon Sports

Ni inkuru yanyuze abakunzi ba Rayon Sports benshi, cyane ko ari umukinnyi uvuye mu mukeba, Kiyovu Sports.

Ibicishije ku mbuga nkoranyambaga za yo, ikipe ya Rayon Sports yemeje ko myugariro Nsabimana Aimable yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri iyi kipe.

Uyu myugariro wakiniraga Kiyovu Sports, bivugwa ko yari agifite amasezerano muri iyi kipe yo ku Mumena n’ubwo we abihakana. Yiyongereye kuri Serumogo Ally wavuye mu Rucaca yerekeza mu Nzove.

Yakiniye Marine FC, APR FC, Police FC n’Urucaca avuyemo. Ni umusore usanzwe uhamagarwa mu kipe y’Igihugu, Amavubi.

Nsabimana aje yiyongera ku bandi ba myugariro ahasanze, barimo Mitima Isaac, Rwatubyaye Abdoul, Ngendahimana Eric.

Ikipe yamutangaje nk’umukinnyi mushya

UMUSEKE.RW