Browsing category

Imikino

AS Kigali yatumije Inteko Rusange idasanzwe

Ubuyobozi bwa AS Kigali bwatumiye abanyamuryango ba yo mu Nteko Rusange idasanzwe iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru. Nk’uko bigaragara ku butumire bwashyizweho umukono na Perezida w’Icyubahiro w’iyi kipe, Shema Ngoga Fabrice, iyi Nteko Rusange Idasanzwe izaba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nyakanga 2024, guhera saa Tanu n’igice za mu gitondo (11:30). Ni Inama izabera […]

Simba yemeje ko yahaye akazi Uwayezu Régis

Biciye mu Itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Simba SC, iyi kipe yemeje ko yahaye akazi, Uwayezu Jean François Régis wari Visi Chairman wa APR FC. Aya makuru yari amaze iminsi avugwa ariko iyi kipe ndetse na Uwayezu nta n’umwe urabyemeza. Kuri uyu wa Gatanu, ni bwo Simba SC yemeje ko Uwayezu Jean François Regis, […]

Perezida Kagame ari mu Bufaransa ahagiye kubera imikino ya Olempike

Perezida Kagame na Madamu Jeannette bageze i Paris aho bagiye kwitabiri ibirori byo gutangiza Imikino Olempike bizabera i Paris kuwa Gatanu, tariki ya 26 Nyakanga 2024.  Perezida wa Repubulika ari kumwe n’abandi banyacyubahiro barimo abakuru b’ibihugu na za guverinoma , abayobozi  b’imiryango mpuzamahanga,abahagarariye imikino itandukanye n’abandi bitabiriye inama yiga ku ruhare rw’imikino mu kugera ku […]

Gorilla FC yaguze Moussa Omar

Ubuyobozi bw’ikipe ya Gorilla FC, bwemeje ko iyi kipe yaguze myugariro, Moussa Omar wakiniraga Musongati y’i Burundi. Mbere y’uko shampiyona 2024-25, kimwe n’andi makipe, Gorilla FC ikomeje imyiteguro, cyane ko igomba gusimbuza n’abakinnyi yatakaje. Iyi kipe iyoborwa na Hadji Mudaheranwa Yussuf, yatangaje ko yasinyishije myugariro wo hagati, Moussa Omar. Uyu myugariro yasinye amasezerano y’umwaka umwe […]

Igitekerezo cya KNC ku kongera abanyamahanga

Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles, [KNC], ahamanya n’abifuza ko abanyamahanga bakina shampiyona y’u Rwanda biyongera bakava kuri batandatu babanza mu kibuga bakagera ku munani. Bamwe mu banyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, bakomeje kugaragaza ko bifuza ko umubare w’abanyamahanga bakina shampiyona y’u Rwanda bakwiyongera. Mu minsi ishize, Ubuyobozi bwa shampiyona y’Icyiciro cya […]

Imikino y’Abakozi: RBC irimbanyije imyiteguro ya shampiyona 2024-25

Nyuma yo kumenyeshwa Ingengabihe y’umwaka w’imikino 2024-25, ikipe y’umupira w’amaguru y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, ikomeje kwitegurana imbaraga kugira ngo izisubize icyubahiro yahoranye. Mu kwezi gushize, ni bwo Ishyirahamwe ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda [ARPST], ryamenyesheje abanyamuryango ba ryo, ingengabihe y’umwaka w’imikino 2024-25, kugira ngo buri umwe yitegure hakiri kare. Nk’uko iyi ngengabihe ibigaragaza, shampiyona yagombaga kuzatangira […]

Rayon Sports yakiriye Robertinho [AMAFOTO]

Umunya-Brésil, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho yageze mu Rwanda, atangaza ko ikimugaruye ari ukongera gutwara ibikombe. Ku wa Mbere tariki 22 Nyakanga ni bwo Rayon Sports yatangaje ko Robertinho yagizwe Umutoza Mukuru w’iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rw’imisozi igihumbi. Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane ni bwo uyu Munya-Brésil yasesekaye […]

Rayon y’Abagore yamenye itsinda irimo muri CAF Champions League

Ikipe ya Rayon Sports y’abari n’abategarugori yisanze mu itsinda A mu guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma ya CAF Champions League mu bagore. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga ni bwo i Cairo mu Misiri ku cyicaro cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) habereye tombola y’amatsinda amakipe azakiniramo mu gushaka itike yo […]

Rayon Sports yatsinze Amagaju mu mukino wa gicuti

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Uyu mukino wa gicuti wabaye ku bufatanye n’umuterankunga wa Rayon Sports, RNIT Iterambere Fund mu rugendo rw’Icyumweru cya Gikundiro (Gikundiro Week) kizasozwa n’umukino uzaba ku Munsi w’Igikundiro tariki 3 […]

Cédric Hamiss yakoranye imyitozo na Kiyovu Sports

Hamissi Cédric yagaragaye mu myitozo ya Kiyovu Sports itegura umwaka w’imikino wa 2024/2025 uzatangira mu kwezi gutaha. Ku wa mbere w’iki cyumweru ni bwo Urucaca rwatangiye imyitozo  itegura umwaka w’imikino utaha, aho yatangiranye abakinnyi barenga 50 biganjemo abo mu ikipe nto n’abari mu igeragezwa. Mu bakinnyi bakoze imyitozo yo kuri uyu wa Gatatu yabereye kuri […]