Browsing author

TUYISHIMIRE RAYMOND

Abanyeshuri bo muri Kaminuza baganirijwe ku mahirwe ari mu mutungo kamere w’amazi

Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye biga ibifite aho bihuriye n’amazi, bibukijwe kwifashisha ubumenyi biga mu ishuri, bakemura ibibazo bitandukanye bigaragara mu gisate cy’amazi. Ibi babisabwe ubwo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Werurwe, Umuryango utari uwa leta,Rwanda Young Water Professional (RYWP), ku bufatanye na Water Partnership Rwanda ndetse na Kaminuza y’u Rwanda, baganiraga n’urubyiruko […]

Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda ziriga uko zanoza umutekano wo ku mipaka

Intumwa z’ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda( UPDF),zahuriye mu nama ya kane igamije kwiga ku mutekano wo ku mipaka y’ibihugu byombi no gukuraho imbogamizi zihari. Iyi nama y’iminsi itatu yatangiye  kuwa kane tariki ya 20-22 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Mbarara, muri Uganda. Muri iyi nama ihuza ingabo z’ibihugu byombi, intuma z’u Rwanda ziyobowe na […]

Perezida KAGAME yakiriye Umudepite wa Amerika  

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe 2025, yakiriye umwe mu bagize Inteko Ishingamategeko ya Amerika, Dr. Ronny Jackson. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu,Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Dr. Ronny Jackson ukuriye komite ishinzwe ibikorwa bya gisirikare  n’ubutasi, baganira ku bufatanye mu guharanira amahoro mu karere. Dr. […]

Abanyarwanda bakanguriwe kwita ku isuku yo mu kanwa

IKigo cy’Igihugu cyita ku Buzima,RBC, cyasabye Abanyarwanda kurushaho kwita ku isuku yo mu kanwa kuko iyo bidakozwe neza bishobora gutera izindi ndwara zitandura. Tariki ya 20 Werurwe, Isi yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’indwara zo mu kanwa, kuri iyi nshuro wahawe insanganyamatsiko igira iti “Mu kanwa hazima, Isema ryange”. RBC ivuga ko ubushakashatsi bwakozwe ku ndwara zitandura […]

MINAFET : Iseswa ry’umubano ntirigira ingaruka ku Babiligi baba mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamaze gufunga Ambasade yayo iri Bruxelles mu Buligi, itangaza ko servisi za diporomasi zizajya zitangirwa  muri Ambasade yarwi iri mu Buholande, yizeza Ababligi baba mu Rwanda ko iki cyemezo kitabagiraho ingaruka. Mu itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ryo kuwa 20 Werurwe 2025, rivuga ko nyuma y’iseswa ry’umubano wa Dipolomasi n’uBubiligi, […]

Inkuru yo guhura kwa KAGAME na Tshisekedi yakiriwe neza muri Loni

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres , yatangaje ko ashima ubuhuza bwa Emir wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani  n’ibiganiro bigamije amahoro byahuje abaperezida b’ibihugu by’uRwanda na DRCongo. Emir wa Qatar kuwa 18 Werurwe 2025, I Doha muri Qatar , yahuje Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]

NUDOR ishima ko inyunganirangingo n’insimburaningo byashyizwe kuri Mituweli

Ihuriro ry’Abantu bafite Ubumuga mu Rwanda, NUDOR,rishima ko kuri ubu kubona insimburangingo n’inyunganirangingo byamaze gushyirwa ku rutonde rwa serivisi zmerewe n’Ubwisungane mu kwivuza.  Mu kiganiro Waramutse Rwanda cya RBA, Mukangango Marie Louise umukozi muri NUDOR akaba anafite ubumuga bw’amaguru, yagaragaje ko  mu bihe bitandukanye bajyaga bagorwa no kubona inyunganirangingo n’insimburangingo kuko bihenze ariko kuri ubu […]

AFC/M23 yafashe Walikale

Ihuriro AFC/M23 ryafashe umujyi wa Walikale  w’Intara ya Kivu ya Ruguru ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Werurwe 2025 itarwanye nkuko Radio Okapi ibitangaza. Icyakora amakuru avuga ko amasasu macye yumvikanye muri uwo mujyi mbere yuko M23 uwigarurira. Imirwano iravugwa mu gihe hari agahenge kumvikanyweho na DR Congo n’u Rwanda ruvuga […]

MININFRA yagaragaje uko imyanda ituruka ku bikoresho by’ikoranabanga yanduza amazi

Minisiteri y’Ibikorwaremezo, MININFRA, yatangaje ko  abantu bakwiye kwita ku ikoreshwa ry’amazi n’umutungo kamere birinda imyanda ituruka ku bikoresho by’ikoranabuhanga. Iyi Minisiteri yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Werurwe 2025, mu biganiro byabahuje n’inzego zitandukanye zifite aho zihuriye n’amazi Isuku n’Isukura .( WASH). Izo nzego zirimo Umuryango Mpuzamahanga udaharanira inyungu, WaterAid Ishami ry’u Rwanda, […]

Harigwa uko inzu zicumbikira abantu zatanga umusoro

Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi. Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko ibigo byose bitanga serivisi z’amacumbi, ni ukuvuga kuva kuri hoteli kugeza ku macumbi aciriritse, bigiye kujya bitanga umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi ungana na 3% by’ayishyurwa icyumba. Uyu musoro uzajya utangwa buri kwezi uri mu […]