Browsing category

Amahanga

Imfungwa zitwikiriye imvura zitoroka Gereza

Imfungwa zirenga 100 zari zifungiye muri Gereza ya Suleja iherereye mu Majjaruguru y’umurwa Mukuru wa Nigeria, Abuja, zatorotse aho zari zifungiye nyuma y’uko imvura isenye urukuta rwaho bari bafungiye. Aya makuru yatangajwe n’urwego rushinzwe amagereza muri Nigeria (Nigerian Correctional Service) mu itangazo rwasohoye ruvuga ko imvura nyinshi yaguye yasenye urukuta rw’inyubako za Gereza zishaje bigatuma […]

Kenya: Abaganga binubiye umushahara bafatiwe imyanzuro ikakaye

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima muri Kenya, Susan Nakhumicha, yatangaje ko abaganga bari mu myigaragambyo badakwiriye guhembwa cyangwa kwitwa abakozi kuko bataye akazi. Kuva ku ya 15 Werurwe, abakora mu nzego z’ubuvuzi muri Kenya barimo abaganga, abaforomo n’ababyaza bishoye mu mihanda bajya kwigaragambya. Bavuga ko Leta itigeze yubahiriza amasezerano yagiranye nabo mu 2017 ubwo […]

DR Congo: Abasaga  ibihumbi 30 bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Abantu ibihumbi 38 biganjemo abagore n’abana mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko muri Kivu ya Ruguru bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu mezi atatu. Ibi bikubiye muri Raporo yasohowe na Amnesty International, Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu, ku ya 23 Mata 2024. Iyi Raporo ya Amnesty International yatangaje ko mu gihembwe cya mbere […]

Uburusiya: Minisitiri w’Ingabo wungirije yafunzwe

Ibiro bya Perezida w’Uburusiya byemeje ko Minisitiri w’Ingabo wungirije w’Uburusiya Timur Ivonav, yatawe muri yombi akurikiranweho ibyaha bya ruswa. Kuva mu 2016, Ivonav yari ahagarariye ibikorwa by’imishinga y’ubwubatsi irimo no kubaka Umujyi wa Mariopul, arakekwaho kwakira ruswa ya $10.000. Bimwe mu bitangazamakuru bitavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Putin bivuga ko Ivonav akekwaho ubugambanyi. Umuvugizi w’ibiro bya […]

Leta ya Botswana yanze ko abimukira bava mu Bwongereza bayibaho ‘umutwaro’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Botswana yabwiye  televiziyo yo muri Afurika y’Epfo ko leta y’Ubwongereza yiyambaje igihugu cye, ibabaza niba bakwakira abimukira bajya gushakira ubuzima mu Bwongereza. Minisitiri Lemogang Kwape ntiyavuze igihe leta y’Ubwongereza yabiyambaje. Avuze ibi nyuma y’amakuru ataremejwe yatangajwe mbere muri uku kwezi mu binyamakuru byo mu Bwongereza, avuga ko leta y’Ubwongereza yari irimo […]

DRC: Mu mezi atatu abarenga miliyoni 7 bakuwe mu byabo

Abantu barenga miliyoni zirindwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi, DR Congo, bamaze kuva ibyabo mu mezi atatu ashize kubera isibaniro ry’intambara z’urudaca. Ibi bikubiye muri Raporo yashyizwe hanze ku ya 23 Mata, 2024 na Amnesty international, Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu. Iyi raporo ivuga ko muri iyi minsi mu Burasirazuba bwa Congo habaye isibanirano ry’Intambara biturutse ku […]

Amerika irasaba Thsisekedi kuganira na M23

Leta zunze ubumwe za Amerika zongeye kuvuga ko intambara ibera mu Burasirazuba bwa RDC nta kindi cyayirangiza uretse ibiganiro. Ibi byatangajwe n’umunyamabanga wungirije wa leta zunze ubumwe z’amerika ushinzwe dipolomasi, imiyoborere n’amahoro, Enrique Roige n’umuyobozi wungirije w’ishami rishinzwe demokarasi muri USAID, Mark Billera, mu ruzinduko bagiriye i Kinshasa. Mu ruzinduko rw’iminsi irindwi izi ntumwa zagiriye […]

RDC: vital Kamerhe arasatira kuyobora Abadepite

Vital Kamerhe Lwa Kanyiginyi ni we waraye atsinze amatora yo guhagararira ihuriro ry’amashyaka ari ku butegetsi muri DR Congo ku mwanya w’umukuru w’Inteko Ishingamategeko umutwe w’Abadepite. Kamerhe, yagize amajwi 183, atsinze Christophe Mboso wari usanzwe kuri uwo mwanya, wagize amajwi 113, na Modeste Bahati wari perezida wa sena, wagize amajwi 69. Aba bagabo bagiye guhatana […]

Guverinoma y’Ubwongereza yemerewe kohereza abimukira mu Rwanda

Umushinga w’itegeko ryo kohereza mu Rwanda abimukira bajya mu Bwongereza mu nzira zitari zo wemejwe n’Inteko. Ku wa Mbere nijoro nibwo abagize Inteko batoye bemeza uriya mushinga. Icyifuzo cy’abategetsi batandukanye mu Bwongereza ubu gishyigikiwe na Minisitiri w’Intebe, Rishi Sunak cyagiye gihura n’inzitizi zirimo kukinenga no kugana inkiko ngo zigiteshe agaciro. Inteko ishinga amategeko yagaragaje ko […]

LONI ihangayikishijwe na Congo nyuma y’igenda rya MONUSCO

Umuryango w’Abibumbye utewe impungenge n’umutekano w’abaturage ukomeje kuzamba mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, nyuma yuko Monusco izaba yamaze kuva muri iki gihugu. Ibi byatangajwe n’umuyobozi mu ishami riharanira uburenganzira bwa muntu mu muryango w’Abibumbye (LONI), Volker Türk. Yagaragaje ko ibibera muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo biteye impungenge, ndetse avuga ko mu […]