Browsing category

Amahanga

M23 yinjiye muri Walikale nyuma y’imirwano ikomeye (VIDEO)

Imirwano ikomeye hagati ya FARDC/Wazalendo n’abarwanyi ba Alliance Fleuve Congo, ifatanya na M23 yasize inyeshyamba zifashe agace ka Kalembe. Imirwano yatangiye ku Cyumweru mu gitondo ibera muri Teritwari za Masisi na Walikale, irangira inyeshyamba zirukanye Wazalendo/FARDC mu bice bitandukanye. Amakuru avuga ko inyeshyamba za AFC/M23 zafashe uduce twa Kalembe – Kishali (Gishali) muri Teritwari ya […]

Umutwe udasanzwe w’Abanya-Palestine wishe Colonel wa Israel

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyapfushije umusirikare mukuru ufite ipeti rya Colonel akaba yishwe n’Abanya-Palestine. Colonel Ihsan Daksa yari akuriye Brigade ya 401, yiciwe mu majyaruguru ya Gaza ahitwa Jabaliya. Radio ya gisirikare ya Israel yavuze ko Col. Daksa yari kumwe n’abasirikare batatu mu bifaru bibiri bitandukanye, ubwo baraswagaho ngo bavuye muri ibyo bimodoka nyuma […]

I Goma bongeye kurya inyama z’abantu

Abasore batatu bakekwaho kwiba bafashwe n’abaturage, bacana umuriro barabatwika ibihazi birabarya, ubuyobozi ntacyo bwigeze bubivugaho. Byabaye ku wa Gatandatu ahitwa Mabanga, mu mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru. Abariye abo bantu bavuga ko babafashe bagiye kwiba, ndetse barasa umuturage. Iki gikorwa cyahuruje imbaga, ubwo aba basore bafatwaga bagashyirwa mu mapine y’imodoka bakabatwika, ubundi nyuma […]

Abapolisi b’Abarundi bakomeje kurasa abantu umusubizo

Igipolisi cy’u Burundi gikomeje gushinjwa kurasa abaturage ku manywa y’ihangu ubutegetsi burebera. Mu bihe bitandukanye ku butegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye abaturage ntibahwemye kugaragaza ko baraswa ku manywa y’ihangu n’igipolisi. Ku wa Gatanu, umushoferi witwa Gédéon Nzitonda, yarasiwe n’umupolisi i Buganda mu Ntara ya Cibitoke biteza impagarara. Abaturage bari ahabereye ubwo bugizi bwa nabi badukiriye […]

Kenya: Ruto yashyizeho usimbura Rigathi Gachagua

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, yashyizeho  Prof Kindiki Kithure ku mwanya wa Visi Perezida asimbuye Rigathi Gachagua Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byavuze ko Perezida Ruto yagejeje iki cyemezo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo bemerere Prof Kindiki kujya muri izi nshingano. Byagize biti “Perezida Dr William Samoei Ruto yagennye Prof Kindiki Kithure ku […]

Visi Perezida wa Kenya yegujwe ari mu bitaro

Abasenateri ba Kenya baguje Visi Perezida Rigathi Gachagua ahari ngo yiregure ku byo yaregwaga nyuma y’uko umunyamategeko we avuze ko yajyanywe mu bitaro. Mu itora ryarangiye nyuma ya saa tanu n’ijoro muri Kenya, abasenateri batoye ku bwiganze bemeza ko Gachagua ahamwa n’ibyaha bitanu muri 11 yaregwaga. Mu kirego cyo kumweguza, Gachagua yashinjwe ibyaha birimo guhonyora […]

Israel yishe Sinwar wayoboraga Hamas

Leta ya Israel yatangaje ko Ingabo zayo zishe Yahya Sinwar wayoboraga abarwanyi b’umutwe wa Hamas mu Ntara ya Gaza muri Palestine. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, wavuze ko ibitero by’ingabo zabo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024, byahitanye Yahya Sinwar wayoboraga abarwanyi b’umutwe wa Hamas. Ati” Umucurabwenge wari inyuma […]

Kamala Harris azakuraho icyaha cyo kunywa urumogi

Kamala Harris wiyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko naramuka atorewe kuyobora iki gihugu, nta muntu uzafungwa azira kunywa urumogi cyangwa Marijuana. Inkundura yo kwiyamamaza irakomeje muri Amerika aho, aba kandinda Perezida babiri bari kwiyamamaza bishakamo uzaba Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 47, asimbura Joe Biden uriho ubu. […]

Umupolisikazi warashe umuturage yahuye n’uruva gusenya

BURUNDI: Umupolisikazi w’u Burundi witwa Ininahazwe Godelive, yahondaguwe agirwa intere nyuma yo kurasa mu cyico umuturage warimo wica akanyota. Byabereye i Muyinga, muri Zone Rugari, aho uwitwa Mbarushimana Oscar, uzwi nka Zamburi, yari kumwe na bagenzi be bafata icupa. Amakuru avuga ko uyu mupolisikazi na bagenzi be, ubwo birukaga ku muturage wari winjiranye inzoga za […]

Umuriro watse hagati ya Macron na Netanyahu wa Israel

Guterana amagambo hagati ya Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, gukomeje gufata indi ntera bapfa Libani. Kuva tariki 23 Nzeri 2024, ingabo za Israel zatangije ibitero muri Liban ku birindiro by’umutwe wa Hezbollah, byaje no kugwamo na Hassan Nasrallah wayoboraga uwo mutwe. Ibitero bya Israel byaje kwaguka ndetse ingabo […]