Browsing author

MUGIRANEZA THIERRY

Rwanda: Abagore bibasiwe n’icuruzwa ry’abantu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwagaragaje ko abantu 297 bahuye n’ibikorwa byo gucuruzwa mu myaka itanu ishize, abagore akaba ari bo bibasiwe cyane ku kigero cya 75% mu gihe abagabo bari ku kigero cya 25%. Byagarutsweho na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha wa RIB, ku wa Kane, tariki 25 Nyakanga 2024, mu kiganiro […]

Nyagatare: Hafunguwe Uruganda rutunganya amata y’Ifu

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard, yafunguye ku mugaragaro uruganda rutunganya amata y’ifu, rufite ubushobozi bwo gutunganya amata angana na litiro ibihumbi 650 ku munsi.  Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, ubera mu Karere ka Nyagatare ahubatse urwo ruganda. Ni ruganda rwuzuye rutwaye miliyoni 45 z’amadorali ya Amerika rukaba […]

Umugore yishe umugabo we amukase igitsina

Polisi yo muri Uganda irahigisha uruhindu umugore w’imyaka 28 y’amavuko ukekwaho kwica umugabo we amukase igitsina nyuma yo kumukekaho ko ajya amuca inyuma. Ibi byabaye ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, ubwo uyu mugore yakataga igitsina cy’umugabo we witwaga Reagan Karamaji, wari ufite imyaka 28 y’amavuko wari utuye mu Karere ka Kyotera mu Majyepfo ya […]

Abanyeshuri barenga ibihumbi 230 bagiye gukora Ibizamini bya Leta

Abanyeshuri 235,642 biga mu mashuri yisumbuye, ay’imyuga n’ubumenyingiro, Amashuri Nderabarezi ndetse n’amashuri y’Ubuganga bagiye gukora Ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2023-2024. Itangazo ryashyizwe hanze n’Ikigo Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, rivuga ko ibi bizamini bizatangira ku wa kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, bikazageza tariki 2 Kanama 2024. Ku rwego rw’Igihugu bizatangirira mu Karere ka […]

Kamala Harris wahawe ububasha bwo kuzahangana na Trump ni muntu ki?

Mu ijoro rya tariki 20 Nyakanga 2024, nibwo Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko yafashe umwanzuro wo kutaziyamamaza mu matora ya Perezida, inshingano aziharira Kamala Harris wari Visi-Perezida we, ngo azahagararire ishyaka ry’ Abademokarate ahangana na Donald Trump w’Abarepubulikani. Mu butumwa Perezida Joe Biden yanditse kuri X yagize ati “Nshuti […]

RDC: Ibyihebe byishe abantu 40

Umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wishe abantu 40 mu gihe cy’iminsi itatu mu mujyi wa Beni. Radio Okapi ivuga ko ADF ikomeje kwica abasivili cyane cyane mu Mujyi wa Beni ho muri Kivu y’Amajyaraguru. Mu gihe cy’iminsi itatu uyu mutwe wishe abantu 40 bo muri Teritwari ya […]

Perezida wa Seychelles yishimiye intsinzi ya Kagame

Perezida wa Repubulika ya Seychelles, Wavel Ramkalawan, yashimiye Perezida Paul Kagame watorewe kongera kuyobora Repubulika y’u Rwanda mu myaka itanu iri imbere, amubwira ko kongera gutorwa kwe bigaragaza icyizere abanyarwanda bamufitiye mu gukomeza kubaka u Rwanda rwunze ubumwe. Kuva ku ya 14-16 Nyakanga 2024, mu Rwanda habaye amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite. Mu […]

PL yashimiye Abanyarwanda ku bwo guhundagaza amajwi kuri Kagame

Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu, PL, ryashimiye Abanyarwanda bose icyizere barigiye mu matora ya  Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, bagatora Abadepite bayo ndetse n’Umukandinda Paul Kagame ryari rishyigikiye. Kuva ku ya 14-16 Nyakanga 2024, mu Rwanda habaye amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite, yitabiriwe n’abarenga miliyoni icyenda. Mu by’ibanze byavuye mu matora ya […]

Perezida Museveni yavuze imyato KAGAME

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yashimiye Perezida Paul Kagame n’Umuryango FPR Inkotanyi abereye Chairman ku bwo gutsinda amatora, amubwira ko kongera gutorwa kwe ari igihamya ku cyizere abaturage b’u Rwanda bafitiye imiyoborere ye. Kuva ku ya 14-16 Nyakanga 2024, mu Rwanda habaye amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite. Mu by’ibanze byavuye mu matora […]

Hari uwise umwana “KAGAME”, ababyeyi bibarutse bitabiriye amatora

Umubyeyi wo mu Karere ka Gatsibo n’undi wo mu Karere ka Nyabihu bafashwe n’ibise ubwo bari bitabiriye amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, nyuma bafashwa kugera kwa Muganga babyara neza. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 15 Nyakanga 2024, abanyarwanda barenga miliyoni icyenda batuye imbere mu gihugu baramukiye mu gikorwa cyo kwihitaramo uwo […]