Browsing category

Amakuru aheruka

Kigali: Imvura yaguye yishe abantu babiri inasenya n’inzu

Imvura yaguye kuri iki Cyumweru tariki 28 Mata 2024, mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali, yishe abantu babiri, inasenya inzu z’abaturage. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Sylvestre Twajamahoro, yatangaje ko imvura yaguye, hari umuryango ugizwe n’abantu batatu, umugabo, umugore n’umwana mu Karere ka Gasabo mu kagari ka Ngara Umudugudu wa […]

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Malaysia

Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri i Riyadh muri Arabie Saoudite,, kuri iki cyumweru ,yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Malaysia. Minisitiri Anwar Ibrahim,ni umwe   mu bayobozi bitabiriye inama mpuzamahanga ku by’ubukungu, iri kwibanda ku mikoranire ihuriweho, ndetse n’iterambere ry’urwego rw’ingufu. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, bivuga ko Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe Anwar Ibrahim, […]

Rwanda: Ibice byinshi by’igihugu byaburiye umuriro icyarirmwe

Ku mugoroba wo kuri iki kicyumweru, ibice bimwe by’igihugu byaburiye umuriro icyarimwe mu gihe kingana hafi n’isaha. Ni ibintu bitari bisanzwe bimenyerewe kuko akenshi umuriro wagendaga mu gace kamwe ariko nabwo ntutinde. Iki kibazo cyiganje cyane mu bice by’Umujyi wa Kigali, Uburasirazuba, Amajyepfo, Uburengerazuba n’ibice bimwe byo mu Mjayaruguru. Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe […]

Gasabo: Pasiteri arashinjwa kugurisha urusengero rwihishwa

Bamwe mu bakirisitu b’itorero ‘IRIBA ry’ UBUGINGO’ , bari mu gahinda  nyuma yaho pasiteri w’iri torero agurishije rwihishwa urusengero. Ni urusengero rwari ruherereye mu Mudugudu wa Ruraza,Akagari ka Ngara, mu Murenge wa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo. Aba bakirisitu bavuga ko mu mwaka wa 2014 mu bushobozi bucye bitanze, bakubaka urusengero ariko ku wa 19 […]

Croix Rouge yibukije ko kugira ubumuntu byakabaye indangagaciro za buri wese

Croix Rouge y’u Rwanda ku wa 26 Mata 2024, bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri rusange abari Abakorerabushake, abakozi, abaturanyi bayo bishwe,hagaragazwa uko muri bo hari abatatiriye igihango cy’impuhwe n’imbabazi bakijandika mu bwicanyi. Ni igikorwa cyabereye ku cyicaro gikuru cy’uyu muryango aho giherereye mu Mujyi wa Kigali. SHUMBUSHO Rambert ni umwe mu […]

Kamonyi: Barasaba ko hakubakwa urwibutswo rwa Mugina

Bamwe mu barokotse Jenoside mu Murenge wa Mugina ,mu Karere ka Kamonyi,basaba ko hakubakwa urwibutso rwagutse rwa Mugina kugira ngo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi  ijye ishyingurwa mu cyubahiro ndetse isubizwe agaciro yambuwe. Ibi babisabye ubwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Mata 2024, mu Murenge wa Mugina , mu Karere ka Kamonyi […]

HOWO yagonze abari bugamye imvura barimo abashinzwe umutekano

Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yishe abantu batandukanye barimo abashinzwe umutekano bari bugamye. Byabaye ahagana saa saba n’iminota mirongo itanu mu gicuku cyo kuwa 25 Mata 2024 bibera mu muhanda Nyanza- Kigali ahazwi nk’i Mugandamure mu Mudugudu wa Karukoranya A mu kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza. Abantu […]

Rusizi: Inzoka yatumye bafunga ibyumba by’ishuri

Mu karere ka Rusizi, mu kigo cy’ishuri  hari ibyumba bitatu byari bizanzwe byigirwamo ubu byafunzwe kubera inzoka abanyeshuri babibonyemo. Ubuyobozi bw’iri shuri bwo ntibwemera ko byafunzwe kubera iyo nzoka ko ahubwo ari uko bishaje. Muri iki kigo cy’ishuri cyitwa G.S Gaseke giherereye  mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyakabuye,Akarere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba. Hari […]

Guverinoma yemeje gukorera impushya zo gutwara imodoka za ‘Automatique’

U Rwanda rwemeje iteka ririmo  ko abantu bagiye gutangira gukorera impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga hakoreshejwe imodoka za ‘automatique’. Mu itangazo ry’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mata 2024, harimo ingingo ivuga ko “Iteka rya Minisitiri rigena imiterere y’uruhushya nyarwanda rwo gutwara ibinyabiziga.” Polisi y’u Rwanda ku rubuga rwa X […]

Hakuzimana Abdoul Rachid yanze kuburana kuko nta Radiyo na Interineti abona

Hakuzimana Abdoul Rachid yanze yanze kuburana kuko nta radio, internet ya 4G ahabwa. Abacamanza batatu n’umwanditsi w’urukiko nibo binjiye mu cyumba kiburanisha, umwe muri bo yahise avuga ko kuri gahunda hari urubanza rwa Hakuzimana Abdoul Rachid agatangira kwiregura, Rachid yahise amanika akaboko k’iburyo yaka ijambo maze ararihabwa. Rachid yabwiye urukiko ko ababuranyi bareshya imbere y’amategeko, […]