Browsing category

Amakuru aheruka

Imyanzuro ya SADC na EAC: Tshisekedi yasabwe kuganira na M23

Inama  idasanzwe ihuza abakuru b’ibihugu b’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yabereye Dar es Salaam muri Tanzania yafashe imyanzuro itandukanye irimo  ko abahanganye muri Congo bahagarika imirwano ndetse  umutwe wa M23 ukagira uruhare mu biganiro bihujwe bya  Luanda na Nairobi . Iyi nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu batandukanye barimo u Rwanda , […]

Menya ibyo Perezida Tshisekedi asaba harimo ko M23/AFC irekura umujyi wa Goma

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo Kinshasa byavuze ko Perezida Felix Tshisekedi akurikiye inama y’abakuru b’ibihugu bya Africa y’Iburasirazuba, EAC na SADC kandi aza no gusoma ibyufuzo igihugu cye gifite, muri byo harimo gusaba abafashe umujyi wa Goma kuwusubiza inzego za Leta. I Dar es Salaam muri Tanzania harimo kubera inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC na […]

Ruhango: Inzego z’umutekano zafashe abantu 6

Ruhango: Polisi y’u Rwanda ikorera Karere ka Ruhango yataye muri yombi abasore batanu n’umusaza umwe, ibashinja gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko. Aba bose babasanze mu birombe biherereye mu Mudugudu wa Muremure, Akagari ka Gitinda, Umurenge wa Kinihira ho muri aka Karere ka Ruhango. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Emmanuel Habiyaremye yabwiye […]

UPDATES: Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam, Tshisekedi na Ndayishimiye ntibahari

Perezida Cyril Ramaphosa wa Africa y’Epfo yageze muri Tanzania nyuma y’abandi bakuru b’ibihugu. Mu gufungura inama byari byavuzwe ko ahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ronald Ozzy Lamola. Inkuru yabanje: Abakuru b’ibihugu batandatukanye bari i Dar es Salaam mu nama yiga uko uburasirazuba bwa Congo bwagira amahoro, Perezida Paul Kagame ni umwe mu bakuru b’ibihugu bageze […]

Mu myaka 10 umusaruro w’ubworozi bw’amafi uzagera kuri toni zirenga ibihumbi 80

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko bitarenze mu mwaka wa 2035 umusaruro w’ubworozi bw’amafi uzagera kuri toni 80620 uvuye kuri toni 9000 uriho ubu. MINAGRI ivuga ko mu mwaka wa 2024-2025 umusaruro w’amafi wari ugeze toni 48133. Muri izo toni, ubworozi bw’amafi, ni toni 9000. Izindi ziva mu burobyi. MINAGRI ivuga kandi  ko kuri ubu buri […]

M23/AFC yashyizeho Guverineri mushya wa Kivu ya Ruguru n’umuyobozi wa Goma

Umutwe wa M23 ufatanya na Alliance Fleuve Congo washyizeho abayobozi bashya bayoboye Intara ya Kivu ya Ruguru nyuma y’igihe gito ufashe umujyi wa Goma. Amatangazo atandakunye uyu mutwe wasohoye wavuze ko hagiyeho Guverineri mushya wa Kivu ya Ruguru witwa Bahati Musanga Joseph uyu ni umwe mu bamaze igihe mu bukangurambaga bw’umutwe wa AFC/M23 akaba yari […]

United Scholarship Center ikeneye abashaka kwiga muri America, Canada n’i Burayi

Ikigo UNITED SCHOLARS CENTER kivuga ko Abanyeshuri bo mu Rwanda bifuza kwiga hanze badakwiye kugira impungenge izo ari zo zose , kuko imbogamizi bahuraga na zo zo gushaka za Kaminuza bigamo zabonewe umuti urambye. Kuri ubu UNITED SCHOLARS CENTER ihuza Abanyeshuri bo mu Rwanda bifuza kwiga hanze ikabashakira za Kaminuza nziza mu Burayi, Amerika na […]

Bethany Hotel ifite agaseke gapfundiye ku bizihiza Saint Valentin

Hotel Bethany iherereye neza ku mazi y’ikiyaga cya Kivu, i Karongi yateguye ibirori bigamije gushimisha abizihiza umunsi w’abakunda uzwi nka Saint Valentin tariki 14 Gashyantare, 2025. Ku biciro byo hasi, abakundana baryoherwa no kurara muri iriya hoteli bishimira ibyiza by’urukundo. Ntwali Janvier, Umuyobozi wa Bethany Hotel avuga ko ku munsi wa Saint Valentin uba tariki […]

Nta muntu n’umwe uzaturindira umutekano- KAGAME

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta muntu uzagira uruhare mu kurinda umutekano w’u Rwanda uretse abanyagihugu gusa. Yabitangaje kuri uyu wa 03 Gashyantare 2025, mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, ku bijyanye n’umutekano wo mu Burasirazuba bwa Congo. Ni ikiganiro kibaye nyuma y’igitutu kinshi cy’amahanga ashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23  no […]

Kagame na Tshisekedi bemeje guhurira mu nama idasanzwe

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, agiye kwakira inama y’abakuru b’ibihugu by’Umuryango uhuza ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC), ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yiga ku mutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama ya SADC ya 24 yabaye ku wa 31 Mutarama 2025 i Harare muri Zimbabwe, cyaje nyuma y’aho bisabwe n’inama […]