Browsing category

Mu cyaro

Muhanga: Umugabo yahaze ‘Manyinya’ ashumika urugo rwe

Umugabo wo mu Karere ka Muhanga , mu Murenge wa Nyamabuye,yatwitse urugo rwe abitewe n’ubusinzi n’itabi yanywaga. Havugimana Silas w’imyaka 55  asanzwe atuye mu Mudugudu wa Biti, Akagari ka Remera, Umurenge wa Nyamabuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude, yatangaje ko uyu mugabo yitwikiye urugo abitewe n’ubusinzi bukabije. Ati“Amakuru dufite ni uko Havugimana […]

Nyamasheke: Umukozi w’Akarere yahawe isinde

Umuyobozi w’ishami ry’Iterambere ry’Imibereho Myiza y’Abaturage mu Karere ka Nyamasheke, Ndanga Janvier, yirukanwe mu kazi azira guhoza ku nkeke Umugore bakoranaga. Ku wa 25 Mata 2024 nibwo Akarere kamwandikiye ibaruwa kamusaba ibisobanuro ku makosa y’akazi. Ku wa 29 Mata 2024 yandikiye Akarere atanga ibisobanuro nk’uko yari yabisabwe. Gusa kuri uyu Kane tariki ya 24 Nyakanga […]

Rulindo: Batatu bishwe n’ikirombe abandi baracyashakishwa

Abantu umunani bari bari gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko mu Karere Ka Rulindo, bagwiriwe n’ikirombe batatu bahita bapfa, babiri bakurwamo ari bazima ni mu gihe abandi bagishakishwa. Byabaye kuri uyu wa 24 Nyakanga 2024 mu Mudugudu wa Kamatongo mu Kagari ka Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo. Iki kirombe […]

Muhanga: Inzu yahiye ibirimo byose birakongoka

Inzu y’uwitwa Bakundukize Pamphile yafashwe n’inkongi ibyarimo byose birakongoka. Iyi nzu iherereye mu Mudugudu wa Nyarucyamu ya mbere, Akagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude yabwiye UMUSEKE ko iyi mpanuka y’inkongi yatwitse inzu n’ibyari birimo yabaye saa cyenda z’igicamunsi. Gitifu Nshimiyimana avuga ko ba […]

Rusizi: Umukobwa ukomoka i Huye yishwe n’abantu bamusanze aho yakoreraga

Abagizi ba nabi bataramenyekana bishe umukobwa w’imyaka 27 wakoraga mu Kabari k’urwagwa mu Karere ka Rusizi. Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri ku isaha ya saa munani z’ijoro (2h00) rishyira kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga, 2024 bibera mu Mudugudu wa  kabeza, Akagari ka Gihundwe, Umurenge wa Kamembe ,mu karere ka Rusizi. Niyonsenga […]

Nyanza: Akarere kahannye umuyobozi warezwe kwiba ibiryo

Hamana Jean de Dieu, Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyakabuye ukekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri mu Karere ka Nyanza, yarafunguwe asanga Akarere karamuhagaritse mu kazi igihe mu gihe cy’amezi atatu Mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2024 ni bwo umuzamu w’iryo shuri riri mu kagari ka Mpanga mu murenge wa Mukingo yafatanywe ibiryo by’abanyeshuri birimo umufuka w’umuceri, umufuka […]

Rubavu: Ikirombe cyagwiriye bane, umwe ahasiga ubuzima

Nizeyimana Florence wo mu Karere Ka Rubavu yaguye mu kirombe gicukurwamo itaka ryo gukora amatafari y’ibyondo, abagera kuri batatu barakomereka.  Byabaye ku wa 23 Nyakanga 2024 mu mudugudu wa Kizi, Akagari ka Muhira mu Murenge wa Rugerero. Abakomeretse ni Ishimwe Christian ufite imyaka 9, Uwamariya Pascaline w’imyaka 14 na Nyiramajyambere Esperance w’imyaka 40 mu gihe […]

Rusizi: Barakwiba wakopfora ugakubitwa bakagusiga wambaye ubusa

Abaturage bo mu Mirenge ya Nkanka na Gihundwe babangamiwe n’ubujura bukabije buhindura isura uko bwije n’uko bukeye, kugera n’ubwo abo bajura bakwambura ibyo ufite, bakaguhondagura bakarenzaho no kwambura imyenda bakagusiga uko wavutse. Abatuye mu tugari twa Gatsiro na Gitwa two mu Mirenge ya Gihundwe na Nkanka babwiye UMUSEKE ko nta nzego batatakambiye ariko byabaye nko […]

Nyanza: Umugabo yashatse kwica umugore amubuze atwika inzu

Mu karere ka Nyanza , umugabo witwa SEBATUNZI Innocent  w’imyaka 42  bikekwa ko yashatse gutema umugore we amubuze atwika inzu n’ibiyirimo. Ibi byabereye mu Murenge wa Nyagisozi, Akagari ka  Rurangazi mu Mudugudu wa Musongati . UMUSEKE amakuru wamenye  avuga ko uwo mugabo n’umugore we baguze isambu bayitangaho amafaranga macye ku yo bumvikanye bari bagujije mu […]

Kigali: Abantu 12 barembeye mu Bitaro nyuma yo kunywa Ubushera

Abaturaga 12 bikekwa ko banyoye ubushera mu Mudugudu wa Kagese, AKagari ka Gasheshe, Umurenge wa Masaka,mu Karere ka Kicukiro, barembeye mu Bitaro nyuma yo kunywa ubushera bikekwa ko buhumanye. Ibi byabaye ku cyumweru tariki ya 21 Nyakanga 2024, ubwo mu rugo rwa Mpayimana Olivier, yasuwe na sebukwe , bamuzanira ibinyobwa birimo ikigage n’ubushera nawe atumira […]