Browsing category

Mu cyaro

Rusizi: Inzoka yatumye bafunga ibyumba by’ishuri

Mu karere ka Rusizi, mu kigo cy’ishuri  hari ibyumba bitatu byari bizanzwe byigirwamo ubu byafunzwe kubera inzoka abanyeshuri babibonyemo. Ubuyobozi bw’iri shuri bwo ntibwemera ko byafunzwe kubera iyo nzoka ko ahubwo ari uko bishaje. Muri iki kigo cy’ishuri cyitwa G.S Gaseke giherereye  mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyakabuye,Akarere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba. Hari […]

Nyamasheke: Barinubira Gitifu ubakubita ababwira ko azabavuza

Abaturage bo mu Kagari ka Higiro mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko babangamiwe n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ubakubita akanabakomeretsa, akigamba ko azabajyana kwa muganga. Ibi aba baturage babivuze nyuma y’uko ku wa 23 Mata 2024, uyu muyobozi yakubise umuturage uzwi ku izina rya Niyonshima akamukomeretsa akamubwira ko amujyana kumuvuza. Amakuru avuga ko […]

Nyanza: Umusore yasanzwe aryamanye n’igiti yapfuye

Mu karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, mu kagari ka Kavumu, mu Mudugudu wa Nyagatovu hari umusore wasanzwe aryamanye n’igiti yapfuye.  Amakuru avuga ko isaha ya  saa moya n’igice za mu gitondo (07h30)  ko hari umuturage wari mu rugendo noneho abona uwitwa HAKIZIMANA François bakunze kwita Mukadafu uri mu kigero k’imyaka 23 y’amavuko. Nyakwigendera […]

Rubavu: Aka gatanya zivuza ubuhuha kashobotse

Imiryango ifite amakimbirane ndetse n’urubyiruko rwitegura kurushinga bashyiriweho aho bazajya biherera bakaganirizwa ku buryo bwo gucyemura amakimbirane ndetse no gutegurwa kuzagira umuryango utekanye, hirindwa za gatanya zikomeje kuba nyinshi. Ni igikorwa cyahuriranye no gusoza amahugurwa y’imiryango 80 yahuguriwe kuzajya iganiriza abitegura gushinga urugo ndetse n’imiryango ifite ibibazo. Pasiteri Nshizirungu Noel umwe mu bagize imiryango yahuguwe […]

Nyanza: Iminsi ibaye ine abaturage baterwa amabuye amanywa na nijoro batazi aho aturuka

Abaturage bo mu karere ka Nyanza bahangayitswe n’amabuye n’ibinonko baterwa batazi aho bituruka. Umunyamakuru wa UMUSEKE yari  mu Mudugudu wa Nyamiyaga, mu kagari ka Gacu, mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza  ku manywa y’ihangu, hari abaturage. Iyo uhari hashira iminota runaka, ukabona ibuye cyangwa ikinonko kiratewe. Ntumenye aho giturutse, ntiwanamanye niba hari ubiteye […]

UPDATE: Umuntu umwe mu baheze mu kirombe yabonetse yapfuye

Umugabo umwe muri batatu bari baheze mu kirombe yakuwemo ariko aza kwitaba Imana agejejwe ku Bitaro. Bucyanayandi Evaritse bamukuyemo ku mugoroba agihumeka ariko amaguru adakora neza. Amakuru yaje kwemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Rukoma, Mandela Innocent, avuga ko uyu yagejejwe ku Bitaro ariko akaza kwitaba Imana. Kugeza ubu babiri bakirimo bakaba bagishakishwa. INKURU YARI YABANJE Abagabo  […]

Muhanga: Umugabo w’Umucuruzi yasanzwe mu mugozi    

Ndagijimana Emmanuel w’Imyaka 41 y’amavuko  abo bakorana bamusanze mu mugozi yapfuye, bikekwa ko yiyahuye. Urupfu rwa Ndagijimana Emmanuel rwabereye mu Mudugudu wa Gahembe, Akagari ka Buramba, Umurenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga. Ndagijimana Emmanuel wakoraga Umwuga w’Ubucuruzi, bamwe mu baturage bavuga ko hari umugenzi we wamuzaniye inzoga y’Urwagwa yo gucuruza akomanze yanga kumwitaba. Abo […]

Nyamasheke: Umunyeshuri yapfiriye muri siporo

Umunyeshuri wigaga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri abanza yitabye Imana ubwo yari mu isomo rya siporo. Ntihinyurwa Pierre w’imyaka 13 yigaga  muri G.S Makoko mu Murenge wa Kagano,Akarere ka Nyamasheke akaba yiteguraga gukora ikizamini cya leta gisoza amashuri abanza. Umuyobozi w’Ishuri rya G.S Makoko, Ntagwabira Silas ,  yabwiye UMUSEKE ko  byabaye ku munsi wejo ku […]

Imodoka zitwara abagenzi ziracyari mbarwa muri Musanze

Bamwe mu batuye n’abagenda mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Musanze, bahamya ko Ubuke bw’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ari kimwe mu bidindiza iterambere ryabo kuko bahendwa n’ingendo abandi bakamara amasaha menshi bakora urugendo rw’amaguru kugira ngo bagere aho bagiye. Ni kimwe mu bibazo byagarutsweho mu kugaragaza ubushakashatsi bwakozwe mu 2019 n’ikigo gikora […]

Nyabarongo yafunze umuhanda uhuza Uburengerazuba n’Amajyepfo

Amazi menshi ava mu rugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya mbere, bayarekuye afunga umuhanda mugari uhuza Amajyepfo n’Intara y’Iburengerazuba. Aho ayo mazi yafunze ni muri metero 800 uvuye ku kiraro cya Nyabarongo ahitwa ku Cyome ugana mu Isanteri ya Gatumba ho mu Karere ka Ngororero. Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buvuga ko kurekura amazi y’Urugomero rw’amashanyarazi rwa […]