Browsing author

MUHIRE DONATIEN

Rusizi: Inzoka yatumye bafunga ibyumba by’ishuri

Mu karere ka Rusizi, mu kigo cy’ishuri  hari ibyumba bitatu byari bizanzwe byigirwamo ubu byafunzwe kubera inzoka abanyeshuri babibonyemo. Ubuyobozi bw’iri shuri bwo ntibwemera ko byafunzwe kubera iyo nzoka ko ahubwo ari uko bishaje. Muri iki kigo cy’ishuri cyitwa G.S Gaseke giherereye  mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyakabuye,Akarere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba. Hari […]

Nyamasheke: Barinubira Gitifu ubakubita ababwira ko azabavuza

Abaturage bo mu Kagari ka Higiro mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko babangamiwe n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ubakubita akanabakomeretsa, akigamba ko azabajyana kwa muganga. Ibi aba baturage babivuze nyuma y’uko ku wa 23 Mata 2024, uyu muyobozi yakubise umuturage uzwi ku izina rya Niyonshima akamukomeretsa akamubwira ko amujyana kumuvuza. Amakuru avuga ko […]

Nyamasheke: Umunyeshuri yapfiriye muri siporo

Umunyeshuri wigaga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri abanza yitabye Imana ubwo yari mu isomo rya siporo. Ntihinyurwa Pierre w’imyaka 13 yigaga  muri G.S Makoko mu Murenge wa Kagano,Akarere ka Nyamasheke akaba yiteguraga gukora ikizamini cya leta gisoza amashuri abanza. Umuyobozi w’Ishuri rya G.S Makoko, Ntagwabira Silas ,  yabwiye UMUSEKE ko  byabaye ku munsi wejo ku […]

Rusizi: Barataka kwishyuzwa amazi adahwanye n’ubushobozi bafite

Abaturage bo mu Murenge wa Bugarama ho mu karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba,baravuga ko bari kwishyuzwa amafaranga y’amazi adahwanye n’ubushobozi bafite bitewe nuko WASAC yatinze kubabarira. Ibi aba baturage babivuze nyuma y’uko ku itariki 1 Ukwakira 2023, amasezerano ya rwiyemezamirimo  ‘PAAK KAM LTD’ imirimo yari afitanye n’Akarere ka Rusizi yo gucunga amazi meza irangiye,ibikorwa […]

Abatuye I Rusizi bongeye kubona amazi

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe isuku n’isukura WASAC cyatangajeko cyacyemuye ikibazo cy’ibura ry’amazi  mu Karere ka Rusizi. Mu minsi ishize mu karere ka Rusizi habaye ibura ry’amazi  aho ahari amazi hose yaba n’ayo mu bishanga yavomwe,ijerekani imwe ikagurwa amafaranga  800 Frw. Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu  Gishinzwe isuku n’isukura, WASAC, cyatangaje ko abaturage bari barabuze amazi meza bo mu […]

Rusizi: Umuturage umaze igihe asembera arasaba ubufasha 

Nyirambarushimana Alexiane ni umubyeyi w’abana umunani ,utuye mu Mudugudu wa Muramba,Akagari ka Kamanyenga, Umurenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, avuga ko asembera kandi yarijejwe amabati ariko ntiyayahabwa. Uyu mubyeyi yabwiye UMUSEKE ko yari asanzwe aba munzu yenda kumugwaho . Muri Kamena 2023,ubuyobozi bw’Akagari bwaje kumusaba ko ashaka igikanka cy’inzu ngo ahabwe amabati. Ati”Nari nsanzwe […]

Rusizi: Visi Meya wavuzweho gutera ingumi Meya yeguye

Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi, yemeje ubwegure bw’abajyanama bane barimo Ndagijimana Louis Munyemanzi wari umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, iherutse kuvugwaho gutera ingumi Meya. Ubwegure bwa Munyemanzi bwemerejwe hamwe n’ubwa Mukarugwiza Josephine, Jean Damascene Gakwaya Habiyakare ndetse na Visi Perezida w’inama Jyanama Kwizera Giovanni Fidele. Kuri uyu wa kabiri tariki 2 Mata 2024 nibwo […]

Rusizi: Hari gukorwa umuhanda uzatwara arenga Miliyari 4 Frw

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buratangaza ko mu Mirenge ya Gihundwe, Nkanka ndetse na Giheke muri uyu mwaka wa 2024 hagiye gushyirwa ibikorwaremezo birimo umuhanda uzatwara arenga Miliyari enye z’amanyarwanda. Iyi Mirenge iri mu marembo y’umujyi wa Rusizi, izitabwaho hubakwa ibikorwa remezo birimo imihanda n’amasoko, no kongerera ubushobozi amashanyarazi, ibyo bikazatanga akazi ari nako bizamura iterambere […]

Amazi yabaye ingume muri Rusizi

Nyuma y’uko umuyoboro munini wavanaga amazi ku ruganda rwa Litiro wangiritse, abaturage bo mu Mirenge ya Kamembe na Gihundwe bahangayikishijwe no kutabona amazi meza, injerekani imwe iragura amafaranga 500 y’u Rwanda. Urwo ruganda rufite umuyoboro wangijwe n’ibiza ruherereye mu Mudugudu wa Nyagatare, Akagari ka Shagasha, Umurenge wa Gihundwe, rwatangaga amazi mu mujyi wose wa Rusizi. […]

Nyamasheke: Abavandimwe Babiri  baguye mu bwiherero 

Abasore babiri bavukana baguye mu bwiherero bahita bitaba Imana nkuko ubuyobozi bwabibwiye UMUSEKE. Abitabye Imana ni Ntakirutimana Modeste w’imyaka 23 y’amavuko na murumunawe witwa Havugimana Venuste w’imyaka 20 y’amavuko bakoraga mu ruganda rw’icyayi rwa Gatare Tea Company, bo Mudugudu wa Mizero, Akagari ka Rushyarara, Umurenge wa Karambi, mu karere ka Nyamasheke. Ibi byago byabaye ku […]