Browsing category

Andi makuru

Hatangijwe uburyo bwo kongera intungamubiri mu ifunguro ry’abanyeshuri

Mu Rwanda, mu bigo bitandukanye by’amashuri hakorewe ubushakashatsi hagamijwe gushaka uburyo bwo kongera intungamubiri zihagije mu ifunguro rihabwa abana ku mashuri. Byagaragaye nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza y’u Rwanda ku bufatanye na Imperial London College yo mu Bwongereza n’ikigo cy’iterambere cya Kanada mu bihugu bya Kenya, Tanzania, Ghana, Nigeria, n’u Rwanda. Ubushakashatsi bwagaragaje ko amafunguro […]

Special Operations Force yabonye Umuyobozi mushya

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Col. Stanislas Gashugi, amuha ipeti rya Brig. Gen ndetse ahita amuha kuyobora Umutwe w’Ingabo Udasanzwe (Special Operations Force). Kuri uyu wa 15 Werurwe 2025, ni bwo Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda, yasohoye Itangazo rigenewe Abanyamakuru rivuga kuri izi mpinduka. Iri tangazo, ryaje rivuga ko […]

Abagore bafite ubumuga baracyahezwa ku isoko ry’umurimo

Umuryango VSO Rwanda “Twigire mu mikino” wasabye ko hakurwaho imbogamizi zikibangamiye abagore bafite ubumuga, usaba ko hakongerwa ubuvugizi ku kato bahabwa cyane mu itangwa ry’akazi no mu kubona serivisi, hagamijwe kugera ku iterambere ridaheza. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Kane, tariki 14 Werurwe 2025, ubwo Umuryango VSO Rwanda “Twigire mu mikino” wifatanyaga n’abagore bafite ubumuga […]

Urubyiruko rwahagurukiye kwamagana abashinja u Rwanda gufasha M23

Itsinda ryiganjemo urubyiruko ryitwa Rwanda’s Voice Group ryagaragaye risobanura ukuri ku birego bivuga ko u Rwanda ruri muri RD Congo, aho bari bafite icyapa kiriho ubutumwa bwamagana abashinja u Rwanda gufasha M23. Kuri iki Cyumweru, ubwo hasozwaga irushanwa ry’amagare rya Tour du Rwanda 2025 , ni bwo bari bafite icyapa kirimo amagambo atanga ukuri ku […]

Uko Frank Habineza wa Green Party abona ibihano bifatirwa u Rwanda

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, DGPR, (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza yagaragaje ko yanyuzwe n’ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho ndetse ko yamaganye amahanga yayobotse umujyo wo gufatira igihugu ibihano kubera ibibazo bya Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Muri ibi bihe amahanga akomeje kugaragaza kubogama no gukangisha ibihano u […]

Gasabo: Inkongi y’umuriro yangije ibintu by’agaciro gasaga Miliyoni 31Frw

Mu Murenge wa Gisozi, mu Kagari ka Ruhango, mu Mudugudu wa Murambi, kuri iki cyumweru cyo ku wa 23 Gashyantare 2025, inkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuturage, itwika ibintu bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 31 n’ibihumbi 230. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangarije UMUSEKE ko iyi nkongi yangije inzu […]

Abagide bari mu cyumweru cyo kuzirikana ibikorwa by’urukundo

Umuryango w’Abagide mu Rwanda watangiye icyumweru cy’ibikorwa by’urukundo, gufasha abatishoboye no kwitegura umunsi wo kwibuka Baden Powell, washinze uwo muryango. Buri kwezi kwa kabiri, uyu muryango ugira icyumweru cy’ubugide aho ukora ibikorwa bitandukanye by’urukundo n’iby’ubwitange. Muri iki cyumweru, Abagide bo mu Rwanda bazibanda ku nsanganyamatsiko igira iti: “Inkuru yacu igaragaza ikimenyetso n’indangagaciro z’umuryango wacu.” Mu […]

Guverinoma yihanganishije ababuze ababo mu mpanuka ya bisi

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije imiryango y’ababuze abayo mu mpanuka ya bisi itwara abagenzi, yahitanye abantu 20, abandi bagakomereka. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Rusiga, mu Karere ka Rulindo, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 11 Gashyantare 2025. Ubutumwa bwo kubihanganisha bugaragara mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa X, ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr […]

Leta y’u Rwanda yihanganishije imiryango yishwe n’ibisasu byaturutse muri DRC

Biciye mu Inama y’Abaminisitiri, Leta y’u Rwanda yihanganishije imiryango y’Abasivili 16 bo mu Karere ka Rubavu, bahitanywe n’ibisasu biherutse kuraswa ku butaka bw’u Rwanda biturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DR) mu mirwano iherutse kubera mu Mujyi wa Goma w’iki gihugu. Ku wa 10 Gashyantare 2025, ni bwo hateranye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village […]

Gasabo: Hatewe ibiti by’imbuto bizafasha mu guhangana n’imirire mibi

Sosiyete mpuzamahanga y’ubwikorezi bw’ibicuruzwa biremereye, Multilines International Rwanda, yateye ibiti by’imbuto ifatanyije na DHL Global Forwarding mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Rubingo, uherereye mu Murenge wa Jali, Akarere ka Gasabo. Iyi gahunda yo gutera ibiti by’imbuto 300 birimo amavoka, amapapayi, amaronji, amapera, n’ibindi, yakozwe mu rwego rwo gushyigikira imibereho myiza y’abana no kubungabunga ibidukikije, kuri uyu […]