Browsing category

Andi makuru

Kamonyi: Barasaba ko hakubakwa urwibutswo rwa Mugina

Bamwe mu barokotse Jenoside mu Murenge wa Mugina ,mu Karere ka Kamonyi,basaba ko hakubakwa urwibutso rwagutse rwa Mugina kugira ngo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi  ijye ishyingurwa mu cyubahiro ndetse isubizwe agaciro yambuwe. Ibi babisabye ubwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Mata 2024, mu Murenge wa Mugina , mu Karere ka Kamonyi […]

HOWO yagonze abari bugamye imvura barimo abashinzwe umutekano

Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yishe abantu batandukanye barimo abashinzwe umutekano bari bugamye. Byabaye ahagana saa saba n’iminota mirongo itanu mu gicuku cyo kuwa 25 Mata 2024 bibera mu muhanda Nyanza- Kigali ahazwi nk’i Mugandamure mu Mudugudu wa Karukoranya A mu kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza. Abantu […]

Rusizi: Inzoka yatumye bafunga ibyumba by’ishuri

Mu karere ka Rusizi, mu kigo cy’ishuri  hari ibyumba bitatu byari bizanzwe byigirwamo ubu byafunzwe kubera inzoka abanyeshuri babibonyemo. Ubuyobozi bw’iri shuri bwo ntibwemera ko byafunzwe kubera iyo nzoka ko ahubwo ari uko bishaje. Muri iki kigo cy’ishuri cyitwa G.S Gaseke giherereye  mu kagari ka Gaseke umurenge wa Nyakabuye,Akarere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba. Hari […]

Guverinoma yemeje gukorera impushya zo gutwara imodoka za ‘Automatique’

U Rwanda rwemeje iteka ririmo  ko abantu bagiye gutangira gukorera impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga hakoreshejwe imodoka za ‘automatique’. Mu itangazo ry’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mata 2024, harimo ingingo ivuga ko “Iteka rya Minisitiri rigena imiterere y’uruhushya nyarwanda rwo gutwara ibinyabiziga.” Polisi y’u Rwanda ku rubuga rwa X […]

Urukiko rwaburanishije umwarimu ukekwaho gusambanya abana babiri

Urukiko Rwibanze rwa Ruhango  rwaburanishije umwarimu wigisha muri Nyanza TSS ukekwaho gusambanya abana babiri b’abakobwa, akanabarira  amasambusa. Ubushinjacyaha bwavuze ko burega Ntivuguruzwa Thomas icyaha cyo gusambanya abana. bwabwiye urukiko ko mwarimu Thomas yararimo  agenda ahura n’abana babiri b’abakobwa umwe w’imyaka 15 n’undi wa 17 bafite amasambusa (ibiraha). Uhagarariye Ubushinjacyaha yavuze ko yabwiye abo bana ko […]

DR Congo: Abasaga  ibihumbi 30 bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Abantu ibihumbi 38 biganjemo abagore n’abana mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo by’umwihariko muri Kivu ya Ruguru bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu mezi atatu. Ibi bikubiye muri Raporo yasohowe na Amnesty International, Umuryango Uharanira Uburenganzira bw’Ikiremwamuntu, ku ya 23 Mata 2024. Iyi Raporo ya Amnesty International yatangaje ko mu gihembwe cya mbere […]

Leta ya Botswana yanze ko abimukira bava mu Bwongereza bayibaho ‘umutwaro’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Botswana yabwiye  televiziyo yo muri Afurika y’Epfo ko leta y’Ubwongereza yiyambaje igihugu cye, ibabaza niba bakwakira abimukira bajya gushakira ubuzima mu Bwongereza. Minisitiri Lemogang Kwape ntiyavuze igihe leta y’Ubwongereza yabiyambaje. Avuze ibi nyuma y’amakuru ataremejwe yatangajwe mbere muri uku kwezi mu binyamakuru byo mu Bwongereza, avuga ko leta y’Ubwongereza yari irimo […]

Umugabo arashinjwa guha ruswa uyobora RIB amwizeza kumunezeza ku Gisenyi

Umuyobozi wa kompanyi icukura amabuye y’agaciro yatangiye kuburana aho ashinjwa ko yatanze ruswa umuyobozi wa RIB mu karere ka Nyanza amwizeza kumujyana i Gisenyi ku mazi, ngo amurekurire abantu. Iburanisha ryabaye ku wa   23 Mata 2024, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Busasamana. Imbere y’umucamanza hari ubushinjacyaha na Vedaste Ndizeye uyobora kompanyi y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro yitwa competitive […]

Yaguwe gitumo atobora  iduka ashaka kuricucura

Muhanga : Umugabo w’imyaka 48 wo mu Karere ka Muhanga, yafatiwe mu cyuho atobora iduka ngo aryibemo  ibifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 1,934,550 Frw. Uyu yafashwe  na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu karere ka Muhanga. Amakuru avuga ko uyu ucyekwaho gutobora iduka ry’umucuruzi yanyuze mu gisenge kugira ngo ageree ku […]

Nyamasheke: Imvura yangije  umuhanda  Nyamagabe-Rusizi

Imvura yaguye mu ijoro ryo  ku wa 23 Mata 2024 , yangije igice cy’ umuhanda Nyamagabe-Rusizi ahitwa Kamiranzovu mu ishyamba rya Nyungwe, inangiza ipoto y’amashanyarazi bituma n’umuriro ubura. Umuvugizi wa Polisi, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yatangaje ko uyu muhanda wangiritse kubera imvura nyinshi yaraye iguye, bituma ucikamo kabiri igice kimwe […]