Browsing category

Ubutabera

RIB yatahuye abari bamaze gucucura banki Miliyoni 100 frw

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB),rwatangaje ko rufunze abantu barindwi barimo Abanyarwanda n’Abanyamahanga, bibaga banki zitandukanye mu mayeri aho bari bamaze kwiba Miliyoni 100 Frw  , baciye mu ishami ryayo rikorera hanze y’Igihugu. Kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024 nibwo uru Rwego  rweretse itangazamakuru aba abantu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry, […]

Rwanda: Abagore bibasiwe n’icuruzwa ry’abantu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwagaragaje ko abantu 297 bahuye n’ibikorwa byo gucuruzwa mu myaka itanu ishize, abagore akaba ari bo bibasiwe cyane ku kigero cya 75% mu gihe abagabo bari ku kigero cya 25%. Byagarutsweho na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha wa RIB, ku wa Kane, tariki 25 Nyakanga 2024, mu kiganiro […]

RIB iri gukora iperereza ku munyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ruri gukora iperereza kuri Karera Patrick,Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, ku byaha akekwaho  yakoreye muri iyi Minisiteri. Karera arakorwaho iperereza mu gihe Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko uwari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya na we wigeze kuyobora Minisiteri y’Ibidukikije na we yirukanywe ku mirimo . Umuvugizi […]

Nyanza: Umusaza yafatanywe utubure tw’urumogi  mu dukarito tw’itabi

Mu karere ka Nyanza umusaza yatawe muri yombi akekwaho gucuruza urumogi ruri mu dukarito tw’itabi. Byabereye mu Murenge wa Busasamana, mu kagari ka Kavumu mu Mudugudu wa Karukoranya B. Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko ubuyobozi bw’Akagari bufatanyije n’ubuyobozi bw’Umudugudu,  bwafashe uwitwa HATUNGURAMYE Suedé w’imyaka 74,  acuruza urumogi, akaba yafatanywe udupfunyika 29. Umwe mu bayobozi bo […]

Ruhango: RIB yafunze abakekwa gusiga amazirantoki urugo rwa Mudugudu

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB , mu Karere ka Ruhango, rwafunze abagabo babiri bakekwa  gukoresha ibikangisho, basiga amazirantoki urugo rwa Mudugudu. Abatawe muri yombi ni  Nzabandora Vianney na Ntihabose Emmanuel bo mu Mudugudu wa Rusebeya,Akagari ka Buyogombe, Umurenge wa Ruhango , mu Karere ka Ruhango. Aba bose ni abavandimwe bigakekwa ko ari bo  bagize uruhare mu gusiga […]

Ruhango: Umugabo akurikiranyweho kwica umugore we

Ntahomvukiye Innocent wo mu Mudugudu wa Cyunyu mu Kagali ka Rwoga, mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango, arakekwaho kwica atemye umugore we Uwingeneye Mukandanga. Amakuru y’urupfu rwa Nyakwigendera Uwingeneye Mukandanga yamenyekanye mu ma saa moya z’umugoroba (19h00) w’ejo ku Cyumweru tariki ya 21 Nyakanga 2024. Nyakwigendera yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Gitwa uri […]

Nyanza: Abagabo bagiye mu mitsi umwe ahasiga ubuzima

Umugabo wo mu Karere ka Nyanza witwa Hakizimana Emmanuel w’imyaka 42 y’amavuko yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica muramu we nyuma yo gusanga atongana n’umugore we bakajya mu mitsi. Amakuru avuga ko nyakwigendera witwa Niyomugabo Jean yagundaguranye na Hakizimana bagwa mu mukingo wa metero eshatu maze bamukuramo atabasha kuvuga. Hakizimana ukekwaho ubwicanyi afatanyije n’umugore bahise bashyira […]

Umugore yagiye kwiha akabyizi acumbikisha umwana baramusambanya

KAMONYI: Amakuru atangwa n’Umuyobozi bw’Umudugudu wa Kavumu Akagari ka Nyamirembe mu Murenge wa Karama, avuga ko hari Umugore bikekwa ko yagiye gusambana ajyana n’abana be babiri abasembereza mu nzu irimo umusore bucya umwe muri abo yasambanyijwe n’uwo musore. Ayo makuru aturuka mu buyobozi bw’Umudugudu wa Kavumu avuga ko uyu mugore yavuye iwe yitwaje abana b’abakobwa […]

Urukiko rwahamije ko Platini n’umugore we nta mwana bafitanye,rwemeza gutandukana

Urukiko rwemeje gutandukana  burundu ku bwumvikane hagati ya Nemeye Platini na Ingabire Olivia bari barashakanye, runemeza ko bombi nta mwana bafitanye. Aba bombi  basabaga Urukiko ko rwakwemeza ubwumvikane bwabo mu gutandukana burundu, rugasesa isezerano bagiranye mu 2021  ubwo  basezeranaga  kubana nk’umugore n’umugabo. Ikirego cy’abo bombi cyatanzwe mu  Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata ku wa 11 Mutarama […]

Kabera wahamwe n’icyaha cyo gutanga Ruswa ku mugenzacyaha yarajuriye

Kabera Vedaste wahoze ari umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinjwa guha Umugenzacyaha ruswa y’amafaranga ibihumbi cumi (10,000 frw), yajuririye urukiko nyuma yaho rumukatiye igifungo. Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwamukatiye igifungo cy’imyaka ine anasabwa gutanga  ihazabu y’ibihumbi 40frw . Kuri ubu yarajuririye mu rukiko Rukuru urugereko rwa Nyanza nk’uko umwunganira mu mategeko Me Diogene Niyibizi yabibwiye UMUSEKE. Yagize […]