Browsing author

Elisée MUHIZI

Rutsiro: Urujijo ku rupfu rw’umusore  waguye mu Kirombe bikagirwa ibanga

Urupfu rwa Manirakiza Boniface uherutse kwitabimana mu cyumweru gishize, bamwe mu baturage harimo n’abo mu muryango we bavuga ko yapfiriye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro, abandi bavuga ko yanyereye ku musozi agemuriye Kampani ibiryo arapfa. Urupfu rw’uyu musore Manirakiza Boniface rwabereye mu Mudugudu wa Kabacuzi, Akagari ka Umurenge wa Mukura mu Karere  ka Rutsiro. Abo […]

Ruhango: Umusore arashinjwa urugomo rw’indengakamere

Bamwe mu batuye Umudugudu wa Ryakabunga, Akagari ka Nyabibugu, Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, babwiye UMUSEKE ko hari Umusore witwa Nsengiyumva Pierre wigize igihazi akaba abambura ibyo baruhiye, akabahohotera ndetse akarandura n’imyaka y’abaturage. Kubwimana Damascène umwe muri aba baturage avuga ko uyu Nsengiyumva Pierre azengereza abaturage bamutangaho amakuru agafungwa igihe gitoya agafungurwa, yagaruka […]

Muhanga: Umugabo akekwaho kwica umugore we agahita atoroka

Ntaganzwa Emmanuel wo mu Mudugudu wa Rugarama, bivugwa ko yasize yiciye Umugore mu cyumba, arangije aracika. Ntaganzwa Emmanuel usanzwe akora muri Farumasi, birakekwa ko yishe Umugore we Mukashyaka Natalie ahita acika. Amakuru y’urupfu rwa Mukashyaka Natalie yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri iki Cyumweru Tariki ya 20 Ukwakira 2024. Abaturanyi be bavuga ko uyu mugabo yamaze […]

Umugabo yaheze mu Kirombe cya metero 40

Muhanga: Ndatimana Pascal w’Imyaka 25 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe gifite metero 40 z’Ubujyakuzimu. Iyi mpanuka Ndatimana Pascal yaguyemo yabereye mu Mudugudu wa Mututu, Akagari ka Rusovu, Umurenge wa Nyarusange. Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange buvuga ko abantu batanu aribo ikirombe cyagwiriye, bane muri bo babasha kuvamo ari bazima, hasigaramo Ndatimana wenyine. Umunyamabanga Nshinwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange, Ndayisaba […]

Muhanga: Urukiko rwemeje ko Musonera akomeza gufungwa iminsi 30  

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwemeje ko Musonera Germain washakaga kuba Umudepite mu Nteko Ishingamategeko, yongererwa iminsi 30 y’igifungo. Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwanzuye ko icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba gifite ishingiro, rutegeka ko Musonera akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Urukiko rw’Ibanze  rwa Nyamabuye rwafashe iki cyemezo nyuma yuko Musonera ajuririye icyemezo yari yafatiwe n’Urukiko rw’Ibanze […]

Muhanga: Umubyeyi arashinja umuganga kumurangarana bigateza umwana ibibazo

Tuyishimire Marie Solange wo Murenge wa Rugendabari avuga ko ahangayikishijwe n’ubusembwa umwana we yatewe arimo kumubyara. Tuyishimire Marie Solange atuye mu Mudugudu wa Rugwiza, Akagari ka Nsanga, Umurenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga. Tuyishimire yabwiye UMUSEKE ko yafashwe n’ibise yihutira kujya mu Kigo Nderabuzima cya Rugendabari, ahageze atinda kubyara. Uyu mubyeyi avuga ko nyuma […]

Abaturiye ishyamba ricumbikiye uducurama babangamiwe n’umwanda  watwo

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Nyarutovu, mu Murenge wa Nyamabuye n’abo mu Mudugudu wa Kabeza ho mu Murenge wa Shyogwe bavuga ko babangamiwe n’umunuko ukabije w’imyanda y’uducurama ndetse n’urusaku rwatwo bakifuza ko ubuyobozi bwatwimurira muri Pariki z’Igihugu zemewe. Abatuye muri iyo Midugudu yombi, yo mu Kagari ka Gitarama n’aka Ruli yo mu Murenge […]

Musonera Germain yasabye kuburana yidegembya

Mu iburanisha risaba kongererwa igifungo cy’agateganyo, Musonera Germain ukurikiranyweho kugira uruhare ku cyaha cya Jenoside, yatakambiye Urukiko asaba kuburana adafunzwe. Musonera Germain waburanye nta mwunganizi afite, avuga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye rwamurekura akajya arwitaba avuye iwe mu rugo, kubera ko nta bimenyetso yabangamira kuko ngo na mbere hose atigeze ahunga Ubutabera. Ati “Ibimenyetso Ubushinjacyaha […]

Imyemerere no gukimbirana mu madini bibangamiye Ubumwe n’Ubudaheranwa

Mu nama y’Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubudaheranwa yabereye mu Karere ka Muhanga, Munyeshyaka Vincent, umwe mu bagize Unite Club Intwararumuri avuga ko amakimbirane n’Imyimerere y’amwe mu Madini bibangamiye gahunda y’Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda. Munyeshyaka Vincent, umwe mu banyamuryango ba Unite Club Intwararumuri wari Umushyitsi Mukuru muri iyi nama, avuga ko Ubumwe bw’abanyarwanda ari ubuzima ndetse ko ibipimo bigaragaza […]

Ruhango: Abahinga ibishanga basabwe  kuvomerera badategereje imvura 

Abahinzi bo mu gishanga cya Biringanya mu Karere ka Ruhango, babwiwe ko bagomba kuvomerera imyaka yabo no mu bihe by’impeshyi, badategereje imvura y’Umuhindo. Babibwiwe ubwo ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhango, Abagize Inama Njyanama, bafatanyaga n’aba bahinzi gutangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga cya 2025. Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhango,Rwemayire Rekeraho Pierre Claver, avuga ko kuba imvura […]