Browsing author

NDEKEZI Johnson

Super Manager yahimbye indirimbo ivuga ibigwi bya Perezida Kagame

Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager yahimbiye indirimbo umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ivuga ibikorwa amaze kugeza ku Banyarwanda. Super Manager yasobanuye ko indirimbo yahimbiye Perezida Paul Kagame yayise ‘Umugabo w’ibikorwa’ kuko ibikorwa bye byivugira. Muri iy’indirimbo hari aho aririmbamo ngo ” Uri umugabo w’ibikorwa Paul Kagame wakuye u Rwanda mu kaga, […]

Abikorera barashishikarizwa gushyigikira uburinganire binyuze mu buziranenge

Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura ihame ry’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo mu iterambere ry’igihugu (GMO), rurashishikariza abikorera mu nzego zitandukanye gushyigikira uburinganire binyuze mu buziranenge. Ni ibyatangajwe kuri uyu wa 05 Gicurasi 2024 ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwo guteza imbere ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore n’iterambere binyuze muri serivisi z’ubuziranenge ndetse no kubaka umuryango uteye imbere bigizwemo uruhare […]

Umuhanzikazi Vumilia agiye gutaramira muri UNILAK

Umuhanzi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, Vumilia Mfitimana nyuma y’imyaka ine ashyira hanze indirimbo zahembuye benshi, agiye gukora igitaramo aho kwinjira bizasaba kugera aho kizabera. Ni igitaramo cya mbere Vumilia wo mu Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi, azakorera mu ihema rinini rya Kaminuza ya UNILAKA, ku wa 04 Gicurasi 2024. Muri iki gitaramo uyu muhanzikazi […]

Abadepite bahaye umugisha itegeko rigenga Ingabo z’u Rwanda

Kuri uyu wa Kane, tariki 2 Gicurasi 2024, Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yahaye umugisha Itegeko rigenga Ingabo z’u Rwanda n’itegeko rishyiraho ihahiro ry’inzego z’u Rwanda zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano. Ni itegeko rishya rigenga igisirikare cy’u Rwanda kigiye gushyiraho n’umwanya mushya w’Umugaba w’Ingabo Wungirije. Iri tegeko rishyiraho kandi serivisi z’ubuzima muri RDF, ishami rishya ryahawe Umugaba […]

Burundi: Abantu 29 bishwe n’imvura idasanzwe

Ishami rya ONU ryita ku butabazi, OCHA ryatangaje ko mu gihugu cy’u Burundi abantu bagera kuri 29 bamaze kwicwa n’imvura idasanzwe yateje imyuzure mu gihe abagera ku bihumbi mirongo bavuye mu byabo. OCHA ivuga ko u Burundi buri mu bihugu 20 bishobora kwibasirwa n’ingaruka n’ihindagurika ry’ibihe, ivuga ko icyo gihugu cyahuye n’imvura nyinshi yaguye amezi […]

Tumaini Byinshi yakoze indirimbo ikumbuza abantu ijuru-VIDEO

Umuramyi Tumaini Byinshi utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashyize hanze indirimbo yise “Kanani” ikubiyemo ubutumwa bukumbuza abizera ijuru. Ni indirimbo yanditswe na Tumaini Byinshi, mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Dayton Music mu gihe amashusho yafashwe anatunganywa na Friday Sammy. Tumaini Byinshi avuga ko iyi ndirimbo yayanditse mu mwaka wa 2021, ubwo yari mu […]

Nyamagabe: Padiri wavuzweho ingeso mbi yahawe imirimo mu Kigo cy’Ishuri

Padiri Augustin Ndikubwimana wo muri Diyoseze ya Gikongoro wahagaritswe by’agateganyo imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi bukabije ndetse n’ubusambanyi, yagizwe umuyobozi ushinzwe amasomo mu Ishuri rya G.S Musenyi. Mu mpera za Mata 2018 nibwo Padiri Ndikubwimana yahagaritswe by’agateganyo kubera ibyo yashinjwaga. Ubwo yari mu bihano yoherejwe kwiga nyuma aza kugaragaza imyitwarire myiza ariko ntiyagarurwa mu gipadiri ariko […]

Igiterane ‘Fresh Fire Conference’ cy’Itorero Christ Kingdom Embassy cyagarutse

Igiterane ngarukamwaka ‘Fresh Fire Conference’ gitegurwa n’Itorero Christ Kingdom Embassy rya Pastor Tom Gakumba na Anitha Gakumba cyagarutse muri uyu mwaka wa 2024. Iki giterane cyatangiye mu 2022 ubwo hafungurwaga Itorero Christ Kingdom Embassy, muri uyu mwaka wa 2024, kizaba tariki 12-19 Gicurasi , kibere ku rusengero rwa Christ Kingdom Embassy ruherereye mu Mujyi wa […]

Perezida Kagame yahuye na Kristalina Georgieva uyobora IMF

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), Kristalina Georgieva aho impande zombi zagiranye ibiganiro byo kurushaho kunoza imikoranire. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byanditse kuri X ko Perezida Kagame na Kristalina Georgieva bahuriye i Riyad muri Saudi Arabia. Umukuru w’Igihugu yari kumwe n’Umunyabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya […]

U Rwanda ruri gukoresha “Drones” mu kurandura Malaria

Indege zitagira Abapilote zizwi nka ‘Drones’ zatangiye gukoreshwa igerageze mu kurwanya Malaria aho ziri gukoreshwa mu gutera imiti yica imibu mu bishanga bikikije Umujyi wa Kigali. Ni ibikorwa n’abashakashatsi ba RBC, aho biba kabiri mu cyumweru bigakorerwa mu bishanga bya Rugende na Kabuye. Igishanga cya Rugende kiri mu Rugabano rwa Kigali na Rwamagana gifite ubuso […]