Basketball Playoffs: Patriots yatsinze umukino wa Kane – AMAFOTO

Mu rugamba rwo gushaka ikipe izegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka, ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 61-49, amakipe yombi agira intsinzi ebyiri mu Mikino ya nyuma ya Kamarampaka muri Shampiyona ya Basketball.

Ni umukino wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu. Nk’uko bisanzwe, abakunzi b’amakipe yombi bari benshi, cyane ko abakunzi ba Basketball bamaze kuba benshi mu Rwanda.

N’ubwo Patriots BBC yabaye nziza mu mukino wose muri rusange, agace ka mbere karangiye amakipe yombi anganya amanota 14-14.

Agace ka kabiri, ikipe y’Ingabo yagatsinzwe mu manota 10-6, aka Gatatu Patriots igatsinda kuri 24-20 mu gihe aka kane yagatsinze ku manota 13-9.

Branch Stephaun wa Patriots BBC, ni we watsinze amanota menshi (16), mu gihe Ndizeye Ndayisaba bakinana yamuguye mu ntege nyuma yo gutsinda amanota 14.

Gutsinda uyu mukino kuri iyi kipe ikunzwe na benshi muri shampiyona ya Basketball mu Bagabo, byasobanuraga ko buri kipe yahise yuzuza imikino ibiri imaze gutsinda.

Umukino wa gatatu uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki 20 Nzeri 2024 muri BK Arena. Ikipe izatsinda indi imikino ine ni yo izegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka 2024-25.

Buri mukinnyi wa Patriots BBC yari mwiza muri uyu mukino
Nshobozwa yatanze byose ariko ntibyari bihagije
Wamukota byanze
Abeza ba APR BBC batanze byose ariko ntiwari umunsi mwiza kuri bo
Ibyo Patriots yakoraga byose, byemeraga
Buri mukinnyi wa Patriots yabaye mwiza muri uyu mukino
APR BBC yahawe akazi gakomeye
Abo Patriots igenderaho bayifashije gutsinda uyu mukino
Buri kanya Patriots yabaga iri ku izamu rya APR BBC
Kenneth Gasana yabaye mwiza muri uyu mukino
Amanota yisukaga buri kanya
APR BBC yanyuzugamo igakora amanota
Agace ka mbere ikipe y’Ingabo yari nziza

UMUSEKE.RW