Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: “Wagaruye umucyo “, indirimbo ya Korali Jehovah Jireh ijyanye no Kwibuka
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

“Wagaruye umucyo “, indirimbo ya Korali Jehovah Jireh ijyanye no Kwibuka

webmaster webmaster 09/04/2021 9:33

Korali Jehovah Jireh y’abahoze biga muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) nijoro, ibarizwa muri ADEPR muri Paruwasi ya Gasave yasohoye indirimbo yitwa “wagaruye umucyo” ihumuriza abantu muri iki gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Korali Jehovah Jireh y’abahoze biga muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) nijoro

Ni indirimbo irimo ubutumwa bw’ihumure inasingiza imbaraga z’Imana zamuritse Umucyo ku Rwanda nyuma yo kurukura mu icuraburindi ry’iminsi 100 yo mu 1994 ubwo Abatutsi bicwaga urw’agashinyaguro Amahanga arebera.

Iyi Korali yo muri ADEPR yamamaye mu ndirimbo zisingiza Imana zakunzwe mu Rwanda no hanze nk’iyitwa ‘Urugamba ni Yesu uruyoboye’, ‘Umukwe araje’, ‘Turakwemera’, ‘Iw’abandi’ n’izindi.

Jehovah Jireh yasohoye indirimbo ‘Wagaruye Umucyo’ si ubwa mbere ikoze indirimbo yo kwifatanya n’Abanyarwanda muri rusange Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kuko baherukaga gusohora indirimbo bise ‘Ndagukomeje’.

Ubuyobozi bwa Jehovah Jireh bwatangaje ko Imana yagaruye Umucyo ahari umwijima ariyo mpamvu bahisemo kwita iyi ndirimbo ‘Wagaruye umucyo’.

Baririmba ngo “Umucyo uza ahantu hari umwijima, hari igihe igihugu cyacu cyabaye mu mwijima ariko turashima Imana yagaruye umucyo, niyo yomoye inguma, niyo yakijije abantu ibikomere, imfubyi zarize turabona imbere ari heza urumuri rw’icyizere twararubonye pe”.

Indirimbo “Wagaruye umucyo” ifite iminota itanu n’amasagonda 49 ikaba ibaye indirimbo ya kabiri korali Jehovah Jireh isohoye mu bihe nk’ibi u Rwanda ruba rwibuka jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

- Advertisement -

You Might Also Like

Nyamasheke: Barishimira ibikorwa begerejwe bifite agaciro karenga Miliyoni 203frw

Gen Bunyoni yakatiwe gufungwa burundu ahita atangaza ko azajurira

U Rwanda rwatangije imishinga yitezweho kugabanya imfu z’ababyeyi bapfa babyara

Kamonyi: Bihaye umukoro wo gusezerera ubukene bukabije

Imodoka y’Irondo yakoze impanuka ikomeye

webmaster 09/04/2021 9:33 09/04/2021 9:33
Share
Inkuru ibanza Kwibuka27: Haraganirwa uko Inzibutso za Jenoside 37 zo muri Rusizi na Nyamasheke zagabanywa
Inkuru ikurikira Ibikorwa byo gushakira inkunga Abageni baraye muri Stade asaga Frw 500, 000 amaze gutangwa
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyamasheke: Barishimira ibikorwa begerejwe bifite agaciro karenga Miliyoni 203frw
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubukungu
Gen Bunyoni yakatiwe gufungwa burundu ahita atangaza ko azajurira
Amahanga Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Gorillas-Games yatangiye gutera inkunga Shampiyona y’u Rwanda
Imikino Inkuru Nyamukuru
U Rwanda rwatangije imishinga yitezweho kugabanya imfu z’ababyeyi bapfa babyara
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubuzima
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyamasheke: Barishimira ibikorwa begerejwe bifite agaciro karenga Miliyoni 203frw
09/12/2023 10:50

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?