Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

America: Umugabo yarashe abana be batatu mu rusengero arabica na we ariyica

Yanditswe na: webmaster
2022/03/01 10:48 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Umugabo wo muri California muri Leta Zunze Ubumwe za America, yishe arasiye abana be batatu mu rusengero, yica n’undi muntu umwe, ubundi na we ahita yirasa arapfa.

Ubwo Polisi yazaga ahabereye iki gikorwa cy’ubwicanyi

Uyu mugabo wari mu rusengero mu gace ka Sacramento muri California, ari kumwe n’abana be batatu, yabarashe arabica ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Gashyantare 2022.

Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’ibanze muri aka gace, avuga ko ubwo bari mu rusengero, uyu mugabo yabanje kurasa abana be bafite imyaka iri hagati y’icyenda (9) na 15 ubundi arasa n’undi wari uri hafi aho, ubundi na we agahita yirasa.

Gusa ngo ntiharamenyekana icyamuteye gukora ubu bwicanyi nubwo inzego zishinzwe iperereza zahise zitangira kurikora.

Kwamamaza

Izi nzego kandi zivuga ko ibi byabaye ubwo uyu mubyeyi yabonanaga n’aba bana be badasanzwe babana na we ndetse uriya muntu wundi wabiguyemo yari ahagarikiye icyo gikorwa cyo kubonana kwabo.

Inzego z’umutekano muri aka gace, zitangaza ko hataramenyekana niba aba ba nyakwigendera bari basanzwe ari abayoboke ba ruriya rusengero cyangwa barwifashishaga nk’ahantu ho guhurira gusa.

Nanone kandi muri uru rusengero rwari rurimo abandi bantu barimo abasanzwe ari abakozi barwo ariko ko bo batigeze bagirwaho ingaruka n’ubu bwicanyi.

Ubwo inzego z’umutekano zajyaga kuri uru rusengero, abashinzwe umutekano babanje kwanga kwinjira kuko bakekaga ko harimo kubera igikorwa cy’ubwiyahuzi, babanza gutegereza, aho binjiriye basanga abantu batanu bamaze gupfa.

Ukeneye kwamamaza! Gusobanuza! Gutanga amakuru? Hamagara 0788772818
REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Perezida wa Gicumbi FC yeguye “ashinja Akarere kumutererana”

Inkuru ikurikira

Dj Briane usetsa abantu kuri YouTube arembeye mu bitaro

Izo bjyanyeInkuru

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

2023/06/04 11:18 PM
Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

2023/06/04 6:04 PM
Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

2023/06/04 2:20 PM
Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

2023/06/04 2:02 PM
Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

Ubuziranenge bw’ibiribwa bwagaragajwe nk’intwaro mu kongera abasura u Rwanda

2023/06/04 12:00 PM
Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

Abana bahize abandi mu marushanwa yo kwandika bahawe umukoro

2023/06/04 8:25 AM
Inkuru ikurikira

Dj Briane usetsa abantu kuri YouTube arembeye mu bitaro

Ibitekerezo 1

  1. agaciro peace says:
    shize

    Harya aba ngo nibo bategeka isi yose kubaho nkabo?

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

2023/06/05 7:21 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010