Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Mushikiwabo yashimiye “Abachou” bamwifurije imirimo myiza muri OIF
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Mushikiwabo yashimiye “Abachou” bamwifurije imirimo myiza muri OIF

NKURUNZIZA Jean Baptiste NKURUNZIZA Jean Baptiste 22/11/2022 7:34

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, Louis Mushikiwabo yashimiye abantu bose bamwoherereje ubutumwa nyuma yo gutorerwa manda ya kabiri yo kuyobora Francophonie.

Louis Mushikiwabo yashimiye abamuhaye ubutumwa nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora OIF

Mushikiwabo mu mvugo “Abachou” ikunzwe n’urubyiruko, kuri Twitter yashimiye abamwoherereje ubutumwa nyuma y’intsinzi yaboneye mu nama ya Djerba, aho yatorewe indi manda y’imyaka itatu.

Yagize ati “Abachou b’iwacu muraho, mbashimiye byimazeyo ubutumwa bwiza mwakomeje kungezaho maze gutorerwa kongera kuyobora Francophonie.”

Madame Louis Mushikiwabo yashimangiye ko ko aterwa imbaraga no kugira iwabo, ati “Nezezwa kandi ngaterwa ingufu mu mirimo nkora nuko mfite iwacu, twikomereze imihigo rero ibindi byose ni ibibazo bikemurwa.”

Kuwa 19 Ugushyingo 2022, nibwo byemejwe ko Louis Mushikiwabo akomeza kuba Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, ni mu nama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma z’uyu muryango yabereye i Djerba muri Tunisia.

Iyi nama yari yanitabiriwe n’abakuru b’ibihugu banyuranye, barimo na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Mushikiwabo akaba yari umukandida rukumbi kuri uwo mwanya, ni intsinzi yabonye mu gihe uyu muryango wizihiza isabukuru y’imyaka 50 umaze ushinze kuva mu 1970, ukaba ugizwe n’ibihugu 88 bikoresha ururimi rw’igifaransa.

Abachou b'iwacu muraho! Mbashimiye byimazeyo ubutumwa bwiza mwakomeje kungezaho maze gutorerwa muri #SommetDjerba2022 kongera kuyobora Francophonie. Nezezwa kandi ngaterwa ingufu mu mirimo nkora nuko mfite iwacu. Twikomereze imihigo rero ibindi ni "problèmes gérables" 😉! pic.twitter.com/ApI3SD5tA4

— Louise Mushikiwabo (@LMushikiwabo) November 22, 2022

- Advertisement -

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

NKURUNZIZA Jean Baptiste 23/11/2022 9:11 22/11/2022 7:34
Inkuru ibanza Polisi yerekanye umunyamakuru wari waraburiwe irengero
Inkuru ikurikira Abakozi 12 ba IPRC-Kigali barimo umuyobozi mukuru bafunguwe
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?