Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imyidagaduro

Abagore b’indashyikirwa mu Rwanda bagiye guhabwa ibihembo (Awards)

Yanditswe na: KUBWIMANA Bona
2023/01/30 12:15 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Binyuze mu bihembo byiswe ‘Rwanda Women in Business Awards’ abagore bahize abandi mu kwiteza imbere cyangwa guteza imbere ibigo bakorera bazahabwa ibihembo by’ishimwe.

Ubu bazatanga ibihembo ariko ngo ubutaha hazajya hazamo n’agafaranga

Abazahabwa ibihembo ni abakozi, ba Rwiyemezamirimo, abayobozi b’ibigo b’abagore, imiryango y’abikorera, sosiyete cyangwa ibigo bakoramo.

Kuri iyi nshuro hazahembwa ibyiciro 24. Harimo ibyiciro 8 by’ibigo binini ndetse n’ibyiciro 5 by’ibigo biciriritse.

Umuyobozi wa Thousand Hills Event itegura iki gikorwa, Nathan Offodox Ntaganzwa yavuze ko mu rwego rwo guhitamo abagore bazahatana muri ibi bihembo bifashishije inzego za Leta n’izindi zisanzwe zikorana n’abo kugira ngo bazahitemo ababikwiye.

Kwamamaza

Ikindi ni uko hazaba amatora yo kuri internet azaba afite 30% ndetse n’Akanama Nkemurampaka kazaba gafite  70% mu kwemeza abazahembwa. Ibi bihembo bizatangwa muri Werurwe.

Umugore wiyandikisha agaragaza ibyo asanzwe akora, nimero ye ya telefoni, Email n’ibindi bigaragaza umwirondoro we.

Kimwe mu bizashingirwa mu guhitamo abahatana harimo serivisi atanga, kuba amaze nibura imyaka itatu ari mu kazi, impinduka ibikorwa bye byazanye mu mibereho y’abaturage n’ibindi.

Mu rwego rwo gutanga umucyo muri ibi bihembo, 1000 Hills itegura ibi bihembo yifashishije ibigo bitandukanye birimo nk’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ibaruramari (ICPAR).

Kazuba Tessy, umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Guteza imbere Ihame ry’Uburinganire n’umugore muri rusange nabo bari mu bafatanyabikorwa b’iki gikorwa, avuga ko nabo bifuza kuba bagiramo uruhare.

ati “Twumvise ko ari ngombwa ko tubamo. Tugateza imbere ibyo byiciro byose by’abagore.”

Kwiyandikisha guhatana muri ibi bihembo bizangira ku wa 8 Gashyantare 2023, ni mu gihe ku wa 9 Gashyantare 2023 ari bwo bazahitamo abujuje ibisabwa.

Tariki 10 Gashyantare 2023 hazatangira amatora yo kuri internet azarangira ku wa 23 Gashyantare 2023.

Ni mu gihe, ku wa 24 Gashyantare 2023 hazabaho guhitamo abageze mu cyiciro cya cyuma. Nyuma hazatangazwa urutonde rw’abatsinze, bitangwe ku wa 11 Werurwe 2023.

Ibyiciro bizahatanirwa

1.       Champion of Change
2.       Women Business Owner of the Year
3.       Board Level & Senior Executive of the Year
4.       Start-Up of the Year
5.       Spotlight on Women in STEM
6.       Rising Star
7.       Social Entrepreneur Award
8.       Global Brand Award Contribution
9.       Agri-Entrepreneur Award
10.     Best Tours and Travel Agent
11.     Manufacturing Company of the Year Award
12.     Media glass ceiling Award
13.     Journalist/Producer
14.     Public Relations.
15.     Lifetime Achievement Award
16.     Enlightened Employer
17.     Fastest Growing Women-Owned or – Led Company of the Year
18.     Top woman in ICT
19.     Male driving gender empowerment
20.     Banking & Finance woman of the year
21.     Energy woman of the year
22.     Insurance woman of the year
23.     Outstanding Youth Philanthropist Award
24.     Woman of Honor Award

Nathan utegura iki gikorwa avuga ko bazafatanya n’inzego zibishinzwe mu guhitamo ababikwiye
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Nyakabanda: Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi baremeye abatishoboye

Inkuru ikurikira

Kicukiro: Polisi yacakiye umugabo wahanze umurimo utemewe mu Rwanda

Izo bjyanyeInkuru

Javanix na Racine bakoze indirimbo iri mu njyana idasanzwe mu Rwanda-YUMVE

Javanix na Racine bakoze indirimbo iri mu njyana idasanzwe mu Rwanda-YUMVE

2023/03/26 4:48 PM
Umuhanzi Limu akangurira urubyiruko kwigira ku bana b’i Nyange babaye Intwari

Umuhanzi Limu akangurira urubyiruko kwigira ku bana b’i Nyange babaye Intwari

2023/03/25 2:34 PM
Knowless yakoranye indirimbo n’icyamamare Alex Cuba wegukanye Grammy Awards

Knowless yakoranye indirimbo n’icyamamare Alex Cuba wegukanye Grammy Awards

2023/03/25 12:58 PM
Miss Elsa  yujuje imyaka 25, Prince Kid aramutaka

Miss Elsa yujuje imyaka 25, Prince Kid aramutaka

2023/03/25 12:04 PM
2 Shots Club yahaye ubwasisi abakunzi ba Cyusa

2 Shots Club yahaye ubwasisi abakunzi ba Cyusa

2023/03/24 4:48 PM
Gikondo: Ahitwaga kuri “Morgue” hagiye kubera igiterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge n’uburaya

Gikondo: Ahitwaga kuri “Morgue” hagiye kubera igiterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge n’uburaya

2023/03/24 11:38 AM
Inkuru ikurikira
Kicukiro: Polisi yacakiye umugabo wahanze umurimo utemewe mu Rwanda

Kicukiro: Polisi yacakiye umugabo wahanze umurimo utemewe mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010