Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Imiti “ivugwaho kongera” igitsina yabujijwe gucururizwa mu Rwanda

Yanditswe na: NKURUNZIZA Jean Baptiste
2023/01/05 4:20 PM
A A
3
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyahagaritse imiti ikoreshwa mukongerera abagabo igitsina nyuma yo gusanga itujuje ubuziranenge, ndetse abayifite bakayisubiza aho bayikuye.

Abafite iyi miti yakuwe ku isoko basabwe kuyisubiza aho bayikuye

Itangazo rya Rwanda FDA ryashyizweho umukono n’umuyobozi mukuru, Dr. Emile Bienvenue, rivuga ko iyi miti yahagaritswe nyuma yo gukora ubugenzuzi bwimbitse ku bigo bikora bikanacuruza iyi miti bagasanga itujuje ubuziranenge.

Imiti yaciwe  ku isoko ry’u Rwanda ni Dawa ya Kupanua Uume ukoreshwa mu kongera ingano y’igitsina cy’umugabo na Ngetwa 3 wa garama 130  ikorerwa muri Tanzania.

Hahagaritswe kandi umuti wa Delay Spray for Men upima garama 10, ubamo Vitamin E ndetse ukanifashishwa n’abagabo bashaka kongera ingano y’ibitsina byabo.

Rwanda FDA yavuze ko uretse kuba iyi miti itujuje ubuziranenge ishobora kwangiza abayikoresha, bati “Uretse kuba iyi miti itujuje ubuziranenge ishobora no kugira ingaruka ku bantu bayifashe. Ni muri urwo rwego ibikorwa bijyanye no kuyamamaza bigomba guhagarikwa.”

Abacuruza, abatunganya, abatumiza n’abadandaza iyi miti ikorwa mu bimera yakuwe ku isoko ry’u Rwanda basabwe guhagarika kuyigurisha ndetse iyo bari basigaranye bakayisubiza aho bayiguriye.

Ibi bikajyana nuko abayiranguza bazajya batanga raporo buri minsi itanu kuri Rwanda FDA bagaragaza ingano y’imiti bagaruriwe.

Abayikoresha nabo bibukijwe ko bagomba guhagarika gukoresha iyi miti kuko byabagiraho ingaruka.

Rwanda FDA ikaba yibukije abatunganya, abaranguza n’abadandaza imiti ikomoka ku bimera gusaba ibyangombwa muri iki kigo gishinzwe ubugenzuzi bw’imiti n’ibiribwa, ndetse bakandikisha imiti yabo mbere yo kuyicuruza.

Mu bihe bitandukanye, Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda cyaburiye abamamaza ibicuruzwa birimo imiti y’abantu n’amatungo, bibutsa ko bitemewe ndetse kubikora ari ukunyuranya n’amategeko, aho bari baranaciye ibiganiro byamamaza iyi miti ku ma radiyo na televiziyo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Kwamamaza
Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Mu mafoto: Ihere ijisho ibitendo by’aba DASSO basoje amahugurwa

Inkuru ikurikira

Abacanshuro b’Abarusiya binjiye byeruye mu rugamba rwo guhashya M23

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Abacanshuro b’Abarusiya binjiye byeruye mu rugamba rwo guhashya M23

Abacanshuro b'Abarusiya binjiye byeruye mu rugamba rwo guhashya M23

Ibitekerezo 3

  1. Iradukunda Eram says:
    shize

    Hari Radio imwe ntaribuvuge yo mu Rwanda, mugihe cyashize nibyo biganira byayikorerwagaho (hafi amasaha yose y’umunsi) gusa muri ino minsi sinkibyumva. Rero nizere ko nababandi bo kuri Facebook bagiye kubihagarika kuko byari binabangamye.

    • Anonymous says:
      shize

      Radio nyinshi murukerera nibyo byiberaho gusa

  2. Anonymous says:
    shize

    Ese itavuzwe haruguru yo ubwo barayemeye?
    Ko nkeka hari nindi myishi

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010