Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Rusizi: Inkuba yakubise umukecuru n’umukobwa we bari batashye ubukwe

Yanditswe na: MUHIRE DONATIEN
2023/03/17 10:40 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ni umukecuru n’umukobwa we bari bavuye mu Karere ka Nyamasheke, batashye ubukwe mu ka Rusizi inkuba ibakubita bari mu nzira bataragera aho ubukwe bwabereye.

Rusizi ni mu ibara ritukura

Ibi byago byabaye ku isaha ya saa munani z’igicamunsi (14h00) kuri uyu wa Kane, tariki 16 Werurwe, 2023 mu mudugudu wa Rweya, mu kagari ka Kamanyenga, umurenge wa Nkanka ari naho bari batashye ubukwe.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko aba banyakwigendera umwe yari ahetse umwana w’uruhinja, umwana ntacyo yabaye.

Bari  baturutse mu murenge wa Bushenge, mu karere ka Nyamasheke.

Kwamamaza

Inkuba ubwo yabakubitaga, ngo nta mvura yarimo kugwa, ndetse bari bataragera aho ubukwe bwabereye.

Ntivuguruzwa Gervais, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka avuga ko ibyo byago byabaye, gusa ngo imyirondoro ya bariya bantu yari itaramenyekana.

Ati “Ayo makuri niyo, ni abantu babiri bakomoka muri Bushenge, amazina yabo turi kuyabaririza, imyirondoro yabo ntabwo turayibona, umugabo w’umwe mu bitabye Imana twamumenyesheje dutegereje ko ahagera”.

Yakomeje avuga ko inkuba yabakubise imvura ikubye, ariko itaragwa.

Ati “Bari batashye ubukwe, bari mu muhanda bagenda iruhande rw’agashyamba imvura ikubye, umurabyo uraza, inkuba ihita ibakubita bagwa aho ngaho, bahita bapfa”.

Umurenge wa Nkaka ni uwo mu karere ka Rusizi, ukora ku kiyaga cya Kivu uhana imbibi n’umurenge wa Bushenge wo mu karere ka Nyamasheke.

MUHIRE Donatien / UMUSEKE.RW / i RUSIZI

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ruhango: Umuturage arashinja ubuyobozi ku muteza igihombo

Inkuru ikurikira

Imikino y’abakozi: RBC FC yahaye RBA ubutumwa

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Imikino y’abakozi: RBC FC yahaye RBA ubutumwa

Imikino y'abakozi: RBC FC yahaye RBA ubutumwa

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010