Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Nkore iki? Umugabo wange namenye ko aryamana n’umukozi… Mubabarire?
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Nkore iki? Umugabo wange namenye ko aryamana n’umukozi… Mubabarire?

webmaster webmaster 10/06/2023 11:33
Nkore iki umugore

Umusomyi w’Umuseke yatwandikiye ibaruwa ifunguriwe abasomyi bagenzi be, kuri we yiteze igisubizo mu bitekerezo byanyu.

Nitwa Anne Marie  ntuye I Rwamagana, ndi umubyeyi w’abana babiri, ubusanzwe ndi umucuruzi w’imyenda nkaba naragize ikibazo giteye gutya.

Mbana n’umugabo wanjye, mu gihe gishize twari dufite umukozi w’umukobwa ariko wabyaye, ni umukozi twari tumaranye imyaka igera muri ine, mu minsi ishize yatangiye kunsuzugura cyane ndese akajya amvugiramo nkibaza ibyo ari byo, nyuma nza kumenya ko atwite, ijuru ringwira menye ko inda atwite ari iy’umugabo wanjye

Ntabwo nabashije kubyihanganira naramwirukanye ariko aranga tujya mu buyobozi, umukobwa atanga ikirego avuga ko umugabo wanjye yamufashe ku ngufu amutera inda, kubera umujinya n’agahinda, nanjye nashinje umugabo wanjye nemeza ko ari byo koko yamufashe ku ngufu.

Umugabo amaze kubona ko bitari bumworohere, yahise avuga n’akarimurori, ahakana ko atigeze amufata ku ngufu ariko inda arayemera.

Yahise ahishura ko mu myaka yose yamaze iwacu, nta gihe batigeze baryamana, abwira umukozi wacu mu magambo nibuka neza ati:

“Ntabwo nigeze ngufata ku ngufu, nawe wari nk’umugore wanjye, niba umugore wanjye twararyamanaga gatanu mu Cyumweru wowe twaryamanaga gatatu, kuko narabasimburanyaga, unshinja kugufata ku ngufu ute?”

Yakomeje atanga ingero nyinshi z’uburyo bagiye baryamana, n’uburyo namaraga kujya ku kazi nzindutse undi agahita amusanga mu buriri bwacu, mbese yaba njyewe n’ubuyobozi, twaguye mu kantu ahubwo menya ukuri kose ko uwo nitaga umukozi yari mukeba wanjye.

Ubwo rero maze kumenya ukuri kose narumiwe ibyo gushinja mbivamo, umukobwa na we yageze aho yemera ko atafashwe ku ngufu aba ari njye ugwa mu gisebo mbura aho nkwirwa.

- Advertisement -

Kuva uwo munsi mu rugo byabaye bibi, umugabo namubwiye ko ndambiwe kubana n’umugabo wabaye nk’ikimasa cy’akarere. Namwe nimutekereze kuba umugabo umwe asimburanya abagore babiri kandi baba mu nzu imwe.

Kuva uwo munsi ntabwo yari yatinyuka kongera kunkoraho mu buriri, nta we uvugisha undi, gusa nubwo hashize ibyumweru bitanu ibyo bibaye, umukozi we yahise ataha ariko umugabo yemera ko azamufasha, ubwo nabwo ni ibindi bibazo.

N’ubwo yatashye sinamenya niba batazasubirana, kandi n’ubundi umugabo wanjye nsanzwe nzi ko anca inyuma. Aherutse kunkoraho dusa n’abarwana arambwira ngo nzicuza.

Ndibaza ibibazo byinshi, ese umugabo wanjye ntazanta akagenda agasanga uwari umukozi njye nkaba intabwa?

Nirengagize ibyabaye se niko zubakwa nk’uko numva bavuga, mubabarire?

Nkeneye inama zanyu murakoze.

Umusomyi.

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT 

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Rusizi: Abana 200 bo mu miryango itishoboye bawawe ibikoresho by’ishuri

webmaster 10/06/2023 11:39 10/06/2023 11:33
Inkuru ibanza Igitangaza! Abatabazi bageze ku bana bamaze iminsi 40 bazimiriye muri Amazon
Inkuru ikurikira Special Olympics: U Rwanda rwahize kuzana imidari ya Zahabu muri shampiyona y’Isi
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?