Perezida wa Koreya ya ruguru yasuye Uburusiya

MURERWA DIANE MURERWA DIANE
Kim Jong Un asezera abasigaye ahagarutse i Pyongyang agana iburasirazuba i Vladivostok mu Burusiya

Perezida Vladimir Putin arakira mugenzi we Kim Jong-un, umutegetsi mukuru wa Koreya ya ruguru winjiye mu Burusiya ari muri gari ya moshi idatoborwa n’amasasu.

 

Ibi bihangange biragirana ibiganiro birimo guha Uburusiya intwaro zo kwifashishwa mu ntambara yo muri Ukraine.

 

Bivugwa ko Uburusiya bwaba bukeneye ibisasu bya 122mm na 152mm kuko ububiko bwabyo ubu burimo gushira, gusa biragoye kumenya uko izo Koreya ya Ruguru ifite zingana, kubera uburyo ikorera mu ibanga.

 

Minisiteri y’ingabo ya Koreya y’Epfo yemeje ko gariyamoshi y’umutamenwa ya Kim yinjiye mu Burusiya mu gitondo cya kare kuri uyu wa kabiri.

 

Kim yerekeje i Vladivostok, aho Uburusiya burimo kwakirira inama y’ubukungu y’ibihugu by’iburasirazuba.

- Advertisement -

 

Aherekejwe n’abategetsi bakuru muri guverinoma ye, barimo abo mu gisirikare, nk’uko ikinyamakuru cya leta yaho KCNA kibitangaza.

 

Kim aheruka mu ruzinduko mu mahanga, nabwo i Vladivostok, mu 2019 mu nama na Putin nyuma yo guhagarara kw’ibiganiro ku gusenya intwaro kirimbuzi Kim yagiranaga n’uwari Perezida Donald Trump.

Kim Jong Un asezera abasigaye i Pyongyang yerekeza mu Burusiya

 

MURERWA DIANE / UMUSEKE.RW