Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Muhanga: Mu isoko rishya ibiciro by’ubukode biteye ubwoba abacuruzi batararikoreramo
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Muhanga: Mu isoko rishya ibiciro by’ubukode biteye ubwoba abacuruzi batararikoreramo

webmaster webmaster 01/05/2021 9:22

Abubatse isoko rishyashya i Muhanga bavuga ko bagiye kwimura abacururizaga mu isoko rishaje, umuryango umwe ngo uzajya ukodeshwa Frw 200, 000 abacuruzi bafite impungenge kuri ayo mafaranga.

Iyi ni inyubako y’isoko rishya rya Muhanga

Hasigaye iminsi mike ngo isoko rishyashya ritangire gukoreshwa, abaryubatse bavuga ko bagiye kuzamura ibiciro ku bazarikoreramo.

Perezida w’Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Muhanga, Kimonyo Juvénal avuga ko batangiye gukorana ibiganiro na Komite y’isoko bayitegura kugira ngo babwire abacuruzi ko iminsi igeze yo kwimukira mu isoko rishya.

Kimonyo yavuze ko hari imiryango abacuruzi bazajya bishyura Frw 200, 000 ku kwezi.

Yagize ati: ”Twatangiye gukora urutonde rurebana n’ubushobozi bwa buri mucuruzi, ari na byo tuzaheraho mu biciro bishya duteganya ko bazishyura.”

Yavuze ko bazareba niba abacuruzi  6 bazajya basangira umuryango umwe kugira ngo byorohere buri wese kwishyura.

Uwamahoro Clarisse avuga ko asanzwe yishyura Frw 8 000 ku kwezi, akavuga ko ubwo bukode bwa Frw 200, 000 atabubona keretse bamanuye ibiciro bikajyana n’urwego rw’ubushobozi buri mucuruzi afite.

Ati: ”Abenshi mu isoko rishaje bishyura ibihumbi 8Frw kubishyuza ibihumbi 200Frw ni ukubashyira mu gihombo kinini.”

REBA YouTube Channel UMUSEKE TV video nziza nk’iyi. UKORA LIKE SHARE na COMMENT 

- Advertisement -

Ndagijimana Evariste yabwiye Umuseke ko abafite imicungire y’isoko mu nshingano zabo bakwiriye kudohora kuko bitumvikana kubona umucuruzi wishyuraga ibihumbi bitageze ku 10, asabwe kwishyura ibihumbi 200 cyangwa ibihumbi 150 ku kwezi.

Ati: ”Nibatwaka ayo mafaranga ntayo tuzabona, nubwo kwimukira mu isoko rishya ari ngombwa.”

Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Muhanga, Kayiranga Innocent, avuga ko batakwemera ko umucuruzi akora ahomba, ariko  akavuga ko ku rundi ruhande bakwiriye kureba amafaranga yashowe mu iyubakwa ry’isoko rishya.

Ati: ”Mbere y’uko bimukira mu isoko rishya, tuzabanza dukorane ibiganiro na Komite y’isoko kugira ngo tunoze ibiciro.”

Abacururizaga mu isoko rishaje barenga 2000, gusa abishyuraga amafaranga menshi batangaga ibihumbi 15 cyangwa ibihumbi 20Frw ku kwezi.

Isoko rishya ryuzuye ritwaye miliyari 2Frw arenga.

Uwamahoro Clarisse avuga ko abashinzwe gucunga isoko bakwiriye kugabanya amafaranga y’ubukode
Mu isoko rishaje abishyuraga, bishyura ibihumbi 20 ku kwezi

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

You Might Also Like

Nyamasheke: Barishimira ibikorwa begerejwe bifite agaciro karenga Miliyoni 203frw

Gen Bunyoni yakatiwe gufungwa burundu ahita atangaza ko azajurira

Gorillas-Games yatangiye gutera inkunga Shampiyona y’u Rwanda

U Rwanda rwatangije imishinga yitezweho kugabanya imfu z’ababyeyi bapfa babyara

Kamonyi: Bihaye umukoro wo gusezerera ubukene bukabije

webmaster 01/05/2021 9:22 01/05/2021 9:22
Share
Inkuru ibanza IJAMBO RYA CESTRAR RIJYANYE N’UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMURIMO / 2021
Inkuru ikurikira Twaganiriye na Me Kubwimana wunganira 2 mu bafatanywe na Nyakwigendera Kizito Mihigo
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyamasheke: Barishimira ibikorwa begerejwe bifite agaciro karenga Miliyoni 203frw
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubukungu
Gen Bunyoni yakatiwe gufungwa burundu ahita atangaza ko azajurira
Amahanga Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Gorillas-Games yatangiye gutera inkunga Shampiyona y’u Rwanda
Imikino Inkuru Nyamukuru
U Rwanda rwatangije imishinga yitezweho kugabanya imfu z’ababyeyi bapfa babyara
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru Ubuzima
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyamasheke: Barishimira ibikorwa begerejwe bifite agaciro karenga Miliyoni 203frw
09/12/2023 10:50

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?