Pacifique Kayigema abaye umunyempano mushya mu muziki uhimbaza Imana

webmaster webmaster

Kayigema Pacifique usanzwe akorera umuziki mu rusengero nk’umuramyi uhimbaza Imana mu gihugu cy’Ububiligi, yatangiye urugendo rwo gukora umuziki nk’umuhanzi wigenga yizera ko ruzafasha benshi mu guhazwa niby’Umwuka Wera.

Pacifique Kayigema umuhanzi mushya mu ndirimbo zo guhimbaza Imana utuye mu Bubiligi.

Umuramyi Kayigema ni umunyempano mushya, uruhando rw’umuziki uhimbaza Imana rwungutse. indirimbo ye ya mbere yasohoye yayise “Yesu ni muzima.’’

Ni umubyeyi w’abana batatu n’umugore umwe, atuye mu gihugu cy’Ububiligi akaba ari naho akorera umurimo w’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo.

Kayigema yatangiye kuririmba akiri umwana aho yinjiye muri korali y’abana akomereza muri korali y’abakuze ndetse no muri Groupe z’Inshuti mu murimo w’Imana.

Uyu muhanzi yatangiye urugendo rwa muzika ahereye ku ndirimbo yitwa “Yesu ni muzima” yibutsa abantu ko batakagombye guhanga amaso ku bikomeye bahura nabyo mu buzima cyane cyane muri iyi minsi y’icyorezo cya Covid-19.

Ati” Twakagombye kwibuka ko ijambo ry’Imana ritubwira ko mu isi turimo nta rindi zina tuboneramo gukira atari izina rya Yesu.Intumwa 4:12. kandi ko nta wundi agakiza kabonekamo,kuko ari nta rindi zina munsi y’ijuru ryahawe abantu,dukwiriye gukirizwamo.”

Ni indirimbo yibutsa abantu ko hari ibyiringiro yerekana imbaraga z’izina rya Yesu ndetse n’agaciro karyo ku mu Kristo.

Hari aho agira ati “Yesu izina rimpa imbaraga iyo ncitse intege ntazi icyo nakora,Yesu izina rimpa umunezero mu mibabaro ngenda mpura nayo, Yesu izina riruta andi yose,yemeye no kunyitangira ngo njyewe mbeho.”

Ati ” Ab’isi barahita ndetse bakibagirana ariko Yesu ari uko yahoze ntago ahinduka namba,..”

- Advertisement -