Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

America yasubije Perezida Putin “witeguye gukoresha intwaro kirimbuzi”

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/04/29 3:08 AM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Mu ijambo Perezida wa Leta zunze ubumwe za America. Joe Biden yagejeje kuri Congress asaba kwemeza inkunga ya miliyari 33 z’amadolari igenewe gufasha Ukraine yavuze ko igihugu cye kiteguye ku gikorwa cyose Uburusiya bwakora.

Uburusiya na America ubu ntibicana uwaka kubera ibibazo batumvikanaho muri Ukraine

Biden yavuze ko kuba Perezida Vladimir Putin mu ijambo yavuze ku wa Gatatu yarateguje uwo ari we wese ufasha Ukraine “guhabwa igisubizo kihuse kuruta umurabyo” bigaragaza ko Uburusiya bwataje icyizere mu ntambara burwana muri Ukraine.

Related posts

Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

2022/08/17 2:56 PM
Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

2022/08/17 2:39 PM

Perezida wa America yongeyeho ati “Nta we ukwiye kuvuga amagambo adafite umumaro aganisha ku ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi.”

Ku wa Gatatu Perezida Putin nyuma yo guteguza ufasha Ukraine wese guhabwa igisubizo kihuse cyane, yongeyeho ati “Ibisabwa byose kuri ibi, nta we ushobora kugeza ku byo dutunze.”

Yongeraho ati “Tuzabikoresha igihe bizaba ari ngombwa. Kandi ndashaka ko buri wese abimenya.”

Ku magambo ya Putin hiyongeraho ayatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya ku wa Gatatu, na we avuga ko ibyago byo kurwana intambara ikoreshwamo intwaro kirimbuzi biri ku hejuru, kandi ko “badakwiye kubyima agaciro.”

Perezida Biden yasabye Congress ya America gutora yemera inkunga ya miliyari 33 z’Amadolari igenewe Ukraine. Iyi nkunga ikubye inshuro ebyiri iyo America yatanze mu bikoresho bya gisirikare no mu bikorwa byo gutabara kiremwa muntu.

Muri ariya mafaranga harimo miliyoni agenewe gufasha igisirikare cya Ukraine, miliyari  8.5 z’amadolari azakoreshwa mu kuzahura ubukungu, na miliyari 3z’amadolari azafasha mu bikorwa byo kwita kuri kiremwa muntu.

Hazavamo n’amafaranga agamije guhangana n’ikibazo kihungabana ry’ibiribwa cyatejwe n’intambara.

Biden yasobanuye ko nubwo icyemezo kije mu gihe muri America ubuzima buhenze, “ko ikiguzi cy’intambara atari gito, ariko ko gushotorwa (kwa Ukraine) bishobora guhenda kurushaho.”

Asoje ijambo rye, Perezida Biden yongeyeho ati “Twiteguye ikintu icyo ari cyo cyose Uburusiya bwakora.”

Uburusiya buvuga ko buri mu Ntambara rwihishwa na America, ariko Biden yavuze ko aho kuba bari mu ntambara ahubwo bashyigikiye Ukraine.

Biden ishinja Uburusiya gukoresha gas yabwo nk’intwaro, yavuze ko Uburusiya butazigera bwigarurira ngo butegeke Ukraine.

BBC

UMUSEKE.RW

Tags: #US #Russia #Ukraine
Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Ndimbati arakomeza gufungwa by’agateganyo

Inkuru ikurikira

Jeannette Kagame yageneye ubutumwa abakobwa bitabiriye Miss Rwanda – AMAFOTO

Inkuru ikurikira
Jeannette Kagame yageneye ubutumwa abakobwa bitabiriye Miss Rwanda – AMAFOTO

Jeannette Kagame yageneye ubutumwa abakobwa bitabiriye Miss Rwanda - AMAFOTO

Inkuru zikunzwe

  • Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    Mu kibanza cya Musenyeri habonetsemo ibigega bya petrol bitabye mu butaka

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo yafashe umugore we amuca inyuma bitamugoye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • AS Kigali yasubije Lt Gen Mubarakh Muganga

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Sandra Teta n’abana yabyaranye na Weasel bazanwe mu Rwanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • IBUKA yagiriye inama Past Kalisa urega mugenzi we gutanga ikirego muri RIB

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umunyamabanga wa Leta ya America, Anthony Blinken yageze i Kigali

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Padiri Muzungu uzwi cyane nk’Umwanditsi w’ibitabo yatabarutse ku myaka 90

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania yasuye AS Kigali WFC

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania yasuye AS Kigali WFC

2022/08/17 3:01 PM
Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

Rwanda: Mu gihe kitageze ku myaka ibiri ibyamamare bine bimaze kwitaba Imana

2022/08/17 2:56 PM
Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

Gasabo: Umucuruzi yasanzwe mu nzu yishwe n’abagizi ba nabi

2022/08/17 2:39 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010