Ruhango: Abajyanama barifuza kuzamura ibipimo by’imitangire ya serivisi zihabwa abaturage

Abajyanama b’Umurenge wa Ruhango, mu Karere ka Ruhango bavuga ko bagiye gushyira ingufu mu bipimo bizamura imitangire ya serivisi zihabwa abaturage kuko ziri ku rwego rwo hasi.
Abajyanama baganira n’abaturage kuri serivisi bahabwa
Abagize Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhango bavuga ko ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’Igihugu cy’imiyoborere ku mitangire ya serivisi mu nzego zitandukanye harimo inzego z’ibanze n’izo abikorera itabahesha ishema, kuko bwerekanye ko iri ku rwego ruciriritse.

Aba bajyanama bakavuga ko guhindura iyi sura n’umwanya Akarere kabonye aribyo bagiye gushyiramo imbaraga binyuze mu cyumweru cy’ubujyanama mu baturage.

Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhango Rwemayire Rekeraho Pierre Claver uyoboye itsinda ry’abajyanama avuga ko mu minsi 7 bagiye kumara bagiye gukorana ibiganiro n’inzego zitandukanye kugira ngo barebe aho imitangire ya serivisi itanoze.

Yagize ati ”Dushingiye kuri ubwo bushakashatsi  bwa RGB twifuza guhindura ahavugwa imitangire ya serivisi mibi, abaturage bagahabwa serivisi nziza kuko aribo bari ku isonga.”

Rwemayire yavuze ko bazibanda mu bigo bya Leta, iby’igenga kubera no mu nzego z’Ubuyobozi kuko aha ariho abaturage bakunze kwaka serivisi bashaka.

Umunyamabanga w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango,  Mugorewase Rachel ntego y’iki cyumweru  igamije kugira  inama izo nzego zitandukanye kugira ngo zikosore aho bitagenda bityo umwanya Akarere kabonye urusheho  kuzamuka.

Ati “Twigabanyijemo amatsinda 6 kuko tudashaka ko hari serivisi isigara inyuma.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens yavuze ko mu bigo Nderabuzima no mu Mavuriro(Poste de Santé) hirya no hino muri aka Karere, abaturage ariho bakunze gutunga agatoki ko serivisi zihatangirwa zitabageraho nkuko babishaka.

Ati ”Usibye mu bigo Nderabuzima no mu Mavuriro abaturage bitotombera ko serivisi bahabwa ari mbi, no mu biro by’ubutaka barahavuga.”

Habarurema yavuze ko Abajyanama twifuza ko basuzuma muri serivisi zose, ariko bazibande cyane muri serivisi z’ubuzima no mu butaka.

- Advertisement -

Mu minsi 7 Abajyanama b’Umurenge wa Ruhango bazamara basuzuma ibirebana n’imitangire ya serivisi, bazagenzura ibigo by’amashuri, abikorera, amabanki, inzego za Leta, serivisi z’ubuhinzi n’ubworozi, Hoteli, Resitora n’ibikorwaremezo birimo amateme n’imihanda.

Nyuma y’iyo minsi 7, Abajyanama bazashyikiriza Akarere ubushakashatsi bwavuye muri iryo suzuma.
Itsinda ry’abagize Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhango
Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhango Rwemayire Rekeraho Pierre Claver
Hagati Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhango Rwemayire Rekeraho Pierre Claver, n’itsinda ry’abajyanama
MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW/Ruhango