Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Inkuru Nyamukuru

Amafaranga y’Ikigega Agaciro azafasha Abanyarwanda ryari? Igisubizo cya Guverinoma

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/05/19 12:44 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Kugeza ubu hirya no hino mu gihugu, izamuka ry’ibiciro ndetse n’ihungabana ry’ubukungu ni kimwe mu bibangamiye abaturage nubwo Leta itanga icyizere ko mu mwaka utaha bizaba byacyemutse.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko amafaranga y’Agaciro Fund aho gukoreshwa ubu akwiye kwiyongera

Ubwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Gicusasi 2022, habaga ikiganiro cyahuje Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente, ari kumwe n’abandi bagize Guverinoma, n’Abanyamakuru, harebwa ishusho y’ubukungu, yabajijwe impamvu ikigega Agaciro Development Fund, cyitakabaye cyitabazwa muri iki gihe igihugu gihanganye n’ihungabana ry’ubukungu.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Mu mwaka wa 2012, Leta yatangije ikigega Agaciro Development  Fund, hagamijwe ko igihugu cyihesha agaciro, cyigabanya inguzanyo gihabwa n’amahanga.

Abanyarwanda basabwaga gutanga 1% by’umushahara wabo muri iki kigega  ndetse n’ibigo bigatanga umusanzu wabyo muri iki kigega.

Gusa muri Mata 2020, hari hamaze gutangwa agera kuri miliyari 200frw, azakoreshwa mu kuzamura umusaruro mbumbe w’Igihugu.

Ku wa 14 Nyakanga 2021, hashyizweho inzobere zigize inama y’ubutegetsi ya Agaciro Development Fund, hagamijwe ko cyitabazwa mu kuzamura umusaruro mbumbe w’Igihugu no guhangana n’amage cyahura na cyo.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, abajijwe niba kuri ubu iki kigega cyitakoreshwa mu guhangana n’ihungabana ry’ubukungu, yasubije agira ati ”Buriya uko Leta igenda ikora ibigega by’ingoboka, bigenda bibamo ibyiciro binyuranye, bigendanye n’ibibazo byavutse. Ubu ntabwo turacyenera amafaranga yo mu Agaciro Fund, ahubwo turacyacyeneye ko yiyongera.”

Minisitiri w’Intebe atanga urugero uko  igihugu cyabashije guhangana n’icyorezo cya Coronavirus ndetse hajyaho n’ikigega kizahura ubukungu bwari bwazahajwe na yo.

Yavuze ko igihugu kigira uburyo gihangana n’ikibazo bitewe n’imiterere y’icyavutse.

Yagize ati “Buriya buri gisubiza cyijyana n’icyiciro cy’ikibazo cyavutse, ariko icyo navuga n’uko Agaciro Fund gacunzwe neza, igihe cyacyo nicyemerwa, Leta izafata ibyemezo ikurikije n’ikibazo cyavutse, acunzwe neza ndetse araniyongera, dukeneye n’uko aniyongera cyane.”

Imibare igaragaza ko muri 2017 iki kigega cyari kimaze kugeramo miliyari 47Frw.  Muri 2018 yari mliyari 184 angana na miliyoni 200$.

Muri 2018, ibyinjiye mu kigega byiyongereyeho miliyari 5.3Frw ni ukuvuga 37% ugereranyije na 2017. Nyuma y’umwaka gitangiye, cyagiyemo miliyari 20.5Frw, naho 2014 cyarimo milIyari 24.9Frw, mu 2015 yari 29.2Frw, muri 2016 yageze kuri miyari  35Frw, naho 2017 kigera kuri milyari 46Frw.

Kugeza ubu cyagiye mu cyiciro cya kabiri aho imigabane imwe yashyizwe mu bigo bitandukanye n’inganda zitandukanye hagamijwe ko amafaranga ajya muri iki kigega arushaho kwiyongera, igihugu cyikihesha agaciro bitagombye gutegereza inkunga z’amahanga.

TUYISHIMIRE Raymond / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Muhanga: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye

Inkuru ikurikira

Rusizi: Umugore yagiye gucuruza, agarutse asanga umugabo we mu mugozi yapfuye

Inkuru ikurikira
Rusizi: Umugore yagiye gucuruza, agarutse asanga umugabo we mu mugozi yapfuye

Rusizi: Umugore yagiye gucuruza, agarutse asanga umugabo we mu mugozi yapfuye

Inkuru zikunzwe

  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • M23 yigambye ko yafashe ikibuga cy’indege cya Rwankuba n’ibitaro byaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • U Rwanda rwasabye ko MONUSCO ihagarika gukorana n’igisirikare cya Leta ya Congo

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Uko imirwano yiriwe mu rugamba M23 yasakiranyemo na FARDC muri Gurupema ya Bweza

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umugore yicanwe n’abana be babiri umwe yari afite imyaka 3

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM
Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

Makini wateguye Agaciro Tournament arasaba Ferwafa ubufasha

2022/07/06 7:22 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010