Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Impuguke zagaragaje ko kwizera ubuhanuzi bigira ingaruka mbi ku bana bafite ubumuga

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/05/26 8:03 PM
A A
0
Yisangize abandi kuri FacebookYisangize abandi kuri TwitterYisangize abandi kuri Whatsapp

Ku bufatanye na UNICEF n’indi miryango ifite aho ihurira n’umwana, Kaminuza y’u Rwanda (UR) mu nama y’iminsi ibiri yatangijwe kuwa 26 Gicurasi 2022 yahurije hamwe abashakashatsi na bamwe mu banyeshuri biga muri iyi kaminuza no mu zindi ,kugira ngo bahurize hamwe ibitekerezo bifasha mu gukuraho imbogamizi zibangamira imikurire y’umwana n’ubuzima bwe bwo mu mutwe.

Impuguke zigaragaza ko imyizerere igira ingaruka ku bafite ubumuga aho bizere ibivugwa n’abahanuzi

UMUSEKE wifuje kumenya icyo izo nzego zose zitekereza ku buzima bw’umwana ufite ubumuga ndetse n’uko afashwa mu muryango, kugira ngo akure neza ndetse n’ubuzima bwe bwo mu mutwe budahungabanyijwe.

Related posts

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM
Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

2022/07/06 7:50 PM

Habimfura Innocent,umuyobozi wa Hope and Homes for Children avuga ko abana bafite ubumuga bagifatwa
nk’umutwaro mu muryango.

Ati’’Abana bafite ubumuga bakirwa nk’umutwaro. Icya kabiri ,habamo kwitana ba mwana, aho umugabo abwira umugore ko iwabo batagira abana bafite ubumuga, umugore na we akabwira umugabo ko iwabo nta muntu bigeze bagira ufite ubumuga, bikabyara umwiryane.”

Habimfura avuga ko n’imyizerere y’abantu iri mu bituma abana bafite ubumuga batitabwaho uko bikwiye, aho yatunze agatoki ababyeyi bizerera mu bitangaza by’abakuru b’amadini ko bazasengera umwana ufite ubumuga agakira.

Ati “Noneho ugasanga ababyeyi bategereje icyo gitangaza, aho gufasha umwana kugira ngo agere mu ntumbero ze nk’uko natwe twese tutazagera mu iterambere rireshya, uwo mwana aho kugira ngo afashwe mu buryo bwuzuye,aragenda akigizwayo.”

Anenga ababyeyi bagifungirana abana bafite ubumuga, ku buryo n’umuntu ugenda muri urwo rugo adashobora
kumenya ko rubamo uwo mwana,ibyo avuga ko bigira ingaruka mbi ku mikurire ye, n’ubuzima bwe bwo mu mutwe.

Prof. Vincent Sezibera , Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuvuzi n’ubuzima akaba n’umuyobozi mu kigo cy’Ubushakashatsi mu birebana n’ubuzima bwo mu mutwe, avuga ko nka Kaminuza y’u Rwanda bafite umwihariko wo kwita ku mitangire y’amasomo ahabwa abafite ubumuga.

Ati’’ Muri Campus yacu ya Rukara muri Kayonza, hariho gahunda zihariye zifite umwihariko w’abana bafite
ubumuga, ndetse n’uko mwarimu yakwigisha azirikana umwihariko wa buri mwana.”

Umulisa Grâce ,Umukozi muri gahunda yitwa “Sugira Muryango” ibarizwa mu muryango FxB Rwanda, avuga ko iyi gahunda ifasha ababyeyi bakennye kwita ku bana babo, mu kubategura ngo bazageze imyaka yo kujya ku ishuri bafite ibikoresho n’ubumenyi bw’ibanze, avuga ko imbogamizi ya mbere ababyeyi bafite abana bafite ubumaga bahura nayo ari ubukene.

Ati “Ikibazo cya mbere kigaragara mu miryango ikennye kandi ifite abana bafite ubumuga,ni ukubabonera ibikenewe byose.”

Maksim Fazlitdinov wahagarariye UNICEF muri iyi nama akomoza ku kibazo cy’abana bafite ubumuga batitabwaho uko bikwiye,na we avuga ko hakiri ikibazo cy’imyumvire idakwiriye, aho yavuze ko UNICEF nk’umwe mu miryango ireberera umwana, ku bufatanye n’inzego zibishinzwe bazakomeza gukora ubukangurambaga kugira ngo abantu bamenye ingaruka mbi z’imyumvire ku buzima bw’abana bafite ubumuga bityo bakomeze kwitabwaho.

Hagaragajwe kandi ko kibazo cy’imyumvire ndetse n’umuco bigira ingaruka ku buzima bw’umwana, aho bishobora kuba intandaro yo gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku mubiri we ndetse no ku marangamutima ye, ibyamutera kwiheba, kwigunga ndetse no kuba yakwiyahura.

Habimfura Innocent, umuyobozi wa Hope and Home for Chilldren
Umulisa Grâce yahagarariye FxB Rwanda muri Porogaramu ya Sugira Muyango

IDUKUNDA KAYIHURA Emma Sabine / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetOhereza
Inkuru yabanje

Abana bafite impano muri Basketball bagiye gushyirwa igorora

Inkuru ikurikira

Padiri ukekwaho guhana abanyeshuri akarengera yarekuwe – Hari ibyo yasabwe

Inkuru ikurikira
Kamonyi: Umuyobozi w’Ikigo arashinjwa gukubita abanyeshuri yihanukiriye

Padiri ukekwaho guhana abanyeshuri akarengera yarekuwe - Hari ibyo yasabwe

Inkuru zikunzwe

  • Gakenke: Gitifu yatawe muri yombi akekwa gusambanya umunyeshuri

    Nyanza: Utaragiye mu kizamini cy’akazi ni we wabonye amanota ya mbere – RIB hari abo ifunze

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umugabo “wakubise ifuni umugore we n’umwana yafashwe” – Icyo yabajijije kiratangaje

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Imyanzuro y’ingenzi wamenya mu biganiro byahuje P.Kagame na Tshisekedi i Luanda

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Congo yahaye inzu zigezweho Abasirikare bakuru muri FARDC – AMAFOTO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Musanze: Umuganga wapimye umurambo wa Iradukunda Emerence yagize ibyo asobanura

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Muhanga: Gaz yaturitse itwika umugore mu maso mu buryo bukomeye

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • US: Abapolisi bahuye n’akaga bagiye gufata umugabo witwaje intwaro

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • Umwuzukuru wa Perezida Kagame yagaragaye amuha “Bisous” ubwo yari kuri televiziyo-VIDEO

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0
  • MONUSCO yeretse amahanga ko M23 ifite imbaraga zirenze iz’umutwe w’inyeshyamba

    0 Yasangiwe
    Yisangize abandi 0 Tweet 0

Follow us on Facebook

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Amakuru mashya

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

Imfungwa zisaga 400 zirimo abarwanyi ba Boko Haram zatorotse gereza

2022/07/06 11:39 PM
KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

KCCA yatandukanye n’abakinnyi umunani barimo Davis Kasirye

2022/07/06 10:20 PM
Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

Meya wa Ruhango yahakanye ibyo gutuka no gutoteza abakozi bimuvugwaho

2022/07/06 7:50 PM

IBYICIRO

  • Abana
  • Afurika
  • Amahanga
  • Amakuru aheruka
  • Amerika
  • Andi makuru
  • Aziya
  • Imideli
  • Imikino
  • Imyidagaduro
  • Inkuru ndende
  • Inkuru Nyamukuru
  • Inkuru zihariye
  • Inkuru zindi
  • Iyobokamana
  • Izamamaza
  • Kwibuka
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Uburayi
  • Ubutabera
  • Ubuzima
  • Urubyiruko
  • Utuntu n'utundi

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010