Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Imikino y’abakozi: Umutoza wa Rwandair yahaye umukoro ARPST
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Imikino y’abakozi: Umutoza wa Rwandair yahaye umukoro ARPST

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi 25/07/2022 12:16

Mu mpera z’icyumweru gishize hakinwaga imikino yo kwishyura y’umunsi wa Kane mu mikino yo kwishyura. Ikigo cya Rwandair, gikomeje isomo muri iyi shampiyona iri kugana ku musozo.

Shampiyona y’Imikino y’Abakozi imaze kuzamura urwego

Ikipe ya Rwandair VC nyuma yo kunyagira amaseti atatu ku busa ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, umutoza mukuru w’ikipe ya Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, Peter Kamasa, yavuze igikomeje kubafasha kwitwara neza ariko anaha umukoro ubuyobozi bw’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino y’Abakozi, ARPST.

Aganira na UMUSEKE, Peter Kamasa yagarutse ku bufasha ubuyobozi bwe bukomeza gutanga, ari nacyo kiba ibanga ry’intsinzi zihoraho muri iki kigo [Rwandair].

Ati “Ahanini dufashwa n’imyitozo myinshi dukora. Ikindi navuga ni uko ubuyobozi bwa Rwandair bugerageza gushyigikira siporo mu buryo bushoboka. Gusa turacyafite urugendo. Intego ni ugusubirana igikombe cya shampiyona tubitse.”

Uyu mutoza yakomeje avuga ko ikigo cyagerageje gushaka abakinnyi beza kandi bize bagahabwa akazi, bityo ko akomeza kubishimira ubuyobozi.

Avuga ku rwego shampiyona y’abakozi igezeho ugereranyije n’imyaka yashize, ahamya ko guhangana kwiyongereye ariko hakirimo ibyo gukosora ku ruhande rw’ubuyobozi bwa ARPST.

Aha ni ho Peter Kamasa yahereye aha umukoro komite Nyobozi y’iri shyirahamwe, cyane ko abafatanyabikorwa bakiri bake muri iyi mikino y’abakozi.

Ati “Njye navuga ko umuntu udakina iyi shampiyona hari ibyo ahomba kubera ko uretse no gutwara igikombe, siporo ni ubuzima. Iyo umaze amasa abiri cyangwa atatu uri muri siporo, urataha ugakaraba ukaruhuka, umubiri ukamera neza.”

Yongeyeho ati “Kimwe mu bintu bitatu by’ingenzi umuntu aba agomba kugira, harimo no gukora siporo kuko uyikora ntuzapfa kubona arwara, nkanjye sinjya ndwara kuko nkora siporo.”

- Advertisement -

Uyu mutoza yakomeje avuga ko iyi shampiyona itegurwa na ARPST, ibigo bitaritabira bikwiye kuza kwitabira kuko ari inyungu kuri byo mbere y’uko biba inyungu ku Ishyirahamwe.

Gusa n’ubwo avuga ibi byose, Kamasa abona hari ibigomba gukosorwa no kongerwamo imbaraga kugira ngo iyi shampiyona irusheho kuba ubukombe.

Ati “Ibibuga gutegurwa kare kuko hari igihe ababishinzwe batinda. Ababishinzwe bakwiye guhwiturwa. Ikindi ni ibikoresho. ARPST ishake abaterankunga. Kuko n’ibihembo bizazamuka. Ibihembo nibizamuka na shampiyona izazamuka.”

Yakomeje agira ati “Bashake ushinzwe iyayamamazabikorwa muri ARPST kuko abitabira iyi mikino baba ari benshi ku buryo uwaza kuhamamaza ntacyo yahomba.”

Imikino yo kwishyura iracyakomeje n’ubwo hari ibigo byasoje imikino yabyo, ariko indi iracyakinwa.

Ubusanzwe shampiyona y’abakozi ikinwa mu buryo butandukanye. Hari ibigo bikina mu bice by’abakozi ijana kuzamura [Catégorie A] n’ibigo biba mu gice cy’abafite abakozi bari munsi y’ijana [Catégorie B].

Indi mikino yabaye mu cyumweru gishize:

Football:

RDB 1-9 REG

RMS 3-1 RRA

Minagri 2-1 RMB

Mininfra 2-5 IPRC-Kigali

RBC 3-1 MOD

Volleyball:

WASAC 3-2 MOH

Rwandair 3-0 UR-Huye

REG 3-0 RMS

Ibigo by’abikorera:

Bralirwa 2-2 SKOL

Basketball mu bigo by’abikorera:

IHS 83-88 STECOL

I&M Bank 63-35 Bralirwa

BPR 48-56 BK

Abakinnyi ba Rwandair VC barimo Kamasa utoza anakina
Nyuma y’umukino amakipe agaragaza ko nta guhangana kundi
Umunyamabanga Mukuru wa ARPST, Rwabuhihi Innocent aba ari gukurikirana ibibera ku bibuga bitandukanye
Abafana baba baje kureba iyi mikino
Ikipe y’ikigo cya Rwandair iri mu zikomeye zikina shampiyona y’abakozi
Kamasa arakina akanatoza

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa

Inter Miami yemeye gufasha Messi gusubira Camp Nou

Volleyball: FRVB igiye guhugura abatoza mu mashuri

Rwanda: Umuntu 1 muri 5 afite ibibazo  byo mu mutwe

Ubugiraneza bwa Rayon Sports bwaba bwarayigonze ijosi?

HABIMANA Sadi 25/07/2022 12:16 25/07/2022 12:16
Share
Inkuru ibanza Goma: Abigaragambya basahuye ibiro bya MONUSCO-VIDEO
Inkuru ikurikira NAME CHANGE REQUEST
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
Mu cyaro
Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Inter Miami yemeye gufasha Messi gusubira Camp Nou
Imikino
Volleyball: FRVB igiye guhugura abatoza mu mashuri
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
04/10/2023 11:13

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?