Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Leta yashyize ku isoko impapuro mpeshamwenda za Miliyari 25 Frw

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/07/18 3:27 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Banki Nkuru y’uRwanda(BNR), yatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki ya 18 kugera kuwa 20 Nyakanga2022, Guverinoma y’uRwanda ibiyinyujijeho yashyize ku isoko impapuro mpeshamwenda zifite agaciro ka miliayari 25 Frw.

Banki Nkuru y’u Rwanda

Ni impapuro mpeshwamwenda z’igihe gito kuko ari imyaka itatu gusa.

BNR yatanagaje ko mukuzishyira ku isoko hagamijwe gufasha leta kubaka ibikorwaremezo no kongerera ubushobozi isoko ry’imari n’imigabane.

BNR itangaza ko inyungu ku bashoramari bose bazagura izo mpapuro mpeshamwenda izaba iri ku kigero cya 5%, inyungu zikazagenda zishyurwa inshuro ebyiri buri mwaka.

Kwamamaza

Banki Nkuru y’uRwanda yatangaje ko isoko rifunguriwe Abanyarwanda ndetse n’abashoramari bo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ,abemerewe isoko bakazatangazwa kuwa 20 Nyakanga 2022.

Impapuro mpeshamwenda ni uburyo Leta zikoreshwa mu gushaka amafaranga kugira ngo yifashishwe mu bikorwa by’iterambere.

Bitewe n’amafaranga aba akanewe , leta igena agaciro k’impapuro mpeshamwenda zikorwa,ubundi zigashyirwa ku isoko.

Ku rundi ruhande, ni amahirwe ku bifuza kwizigamira by’igihe kirekire ariko bakaba bayashoye mu bikorwa bibyara inyungu z’igihe kirekire kuko iyo umuntu aguze impapuro mpeshwamwenda aba agurije Leta amafaranga.

Ikindi ni uko impapuro mpeshamwenda abantu bazifite bashobora kuzifashisha nk’ingwate muri banki , bakaba bahabwa inguzanyo, ibateza imbere.

Leta y’uRwanda yatangiye gahunda yo gushaka amikoro binyuze mu mpapuro mpeshamwenda mu mwaka wa 2008.

Muri Werurwe 2021 yari yashyize ku isoko impapuro mpeshamwenda zifite agaciro ka miliyari 20, zikazamara imyaka 20.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ababyeyi baravuga imyato ubumenyi abana babo bavomye mu ishuri rya Nufashwa Yafasha

Inkuru ikurikira

Gasogi United yerekanye Ahmed Adel nk’umutoza mushya

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Gasogi United yerekanye Ahmed Adel nk’umutoza mushya

Gasogi United yerekanye Ahmed Adel nk'umutoza mushya

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010