Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Muhanga: Umugabo yishe umugore we ahita ajya kwirega kwa Mudugudu
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Muhanga: Umugabo yishe umugore we ahita ajya kwirega kwa Mudugudu

NDEKEZI Johnson NDEKEZI Johnson 18/07/2022 11:20
Munyankumburwa Alphonse w’imyaka 65 akurikiranyweho kwicisha Inkoni Nyirabazungu Marie w’imyaka 66 akajya kwirega ku muyobozi w’Umudugudu byabereyemo.

Ibi byabaye mu rukerera rwo kuwa Gatanu tariki ya 15 Nyakanga 2022, bibera mu Mudugudu wa Kondo, Akagari ka Ruhango mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga.

Uwahaye amakuru UMUSEKE  ,yavuze ko abo bonbi bari bagiye gusangira inzoga mu kabari ariko nyuma bagataha batongana. Umwe ashinja undi gukoresha nabi umutungo w’urugo.

Uwaduhaye amakuru yagize ati” Uwo Mudamu yari yaremye isoko,atashye asanga umugabo mu rugo, baratemberana bajya kunywa ku kabari ni mugoroba. Ubwo rero ku kakabari bagacyocyorana. Mu gucyocyorarana umugore yatashye mbere,asigayo Umugabo, ajya kwiryamira.”

Yakomeje ati“Umugabo aje, ajya kumukingurira, atera amahane, bahita barwana, ahantu barwaniye ngo bavunnye n’insina ebyiri, ubwo rero niho yamwiciye. Amaze kumwica azana ikirago , aramuzingazinga, ajya kwirega kwa Mudugudu. Bapfaga amafaranga y’ibirayi yari yahashye mu isoko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ruhango, Nshimiyimna Platine yabwiye UMUSEKE ko ubusanzwe uru rugo rwabanaga mu makimbirane n’ubwo kenshi bari baraganirijwe.

Yagize ati“Bageze mu rugo bavuye mu kabari, bararwana, barwanye amukubita inkoni aba arapfuye. Rwari urugo rusanzwe rubanye nabi,mu makimbirane bajyaga bagirwa inama kenshi.Kuko bari bavanye mu kabari, bishobora kuba yaraturutse ku businzi.”

Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage kwirinda amakimbirane Kandi no mu gihe yagaragaye bakihutira kubimenyesha ubuyobozi kugira ngo bagirwe inama.

Ukekwa afungiye kuri Polisi ya Kiyumba ari naho Urwego rw’Igihugu rw’UbugenzacyagaRIB sitasiyo ya Kiyumba  ikorera ni mu gihe nyakwigendera we yashyinguwe ejo , nyuma y’aho umurambo wa nyakwigendera ukorewe isuzuma ku Bitaro bya Shyira.

TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW

You Might Also Like

League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona

Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

NDEKEZI Johnson 18/07/2022 11:20 18/07/2022 11:20
Inkuru ibanza Robert Lewandowski yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Barcelona
Inkuru ikurikira Umubyeyi wa Theo Bosebabireba arembeye mu bitaro by’i Rwinkwavu
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Volleyball: Amakipe 11 azitabira Kirehe Open Tournament
Imikino
League yateye utwatsi RBA ishaka kwerekana shampiyona
Imikino Inkuru Nyamukuru
Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi
Inkuru Nyamukuru Ubuzima
Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Volleyball: Amakipe 11 azitabira Kirehe Open Tournament
22/09/2023 8:03

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?