Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

RUSIZI: Umuceri udatoneye ikilo ni Frw 410, abahinzi bavuga ko bahojejwe amarira

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/07/15 3:55 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bongeye kumwenyura nyuma y’uko ikilo cy’umuceri udatonoye mu bwumvikane bwa Koperative z’abahinzi n’abanyenganda bawugura bagishyize kuri Frw 410.

Abahinzi bavuga ko igiciro cya Frw 270 bagurirwagaho kitajyanye n’imbaraga bashora bahinga umuceri

Mu gihe gishize abahinzi bagiye bagaragaza ko bakoresha imbaraga nyinshi mu buhinzi bw’umuceri nyamara igiciro bagurirwaho n’inganda ziwutunganya kidahwanye n’izo mbaraga bakoresha.

Bamwe mu bahinzi ngo bari barafashe umwanzuro wo kuva mu buhinzi bw’umuceri bagahinga indi myaka, ariko kuri ubu barashimira ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwabahuje n’amakoperative n’abanyenganda bagura n’abagurisha umuceri bakivuganira igiciro.

Bavuga ko igiciro gishya bari kugurirwaho bizeye ko kizatuma umuhinzi w’umuceri muri Bugarama agera ku iterambere.

Kwamamaza

NSHIMYIMANA Alex ni umuhinzi w’umuceri wo muri koperative ya COGEMU, ati “Igiciro ntabwo cyari kijyanye n’ibyo umuhinzi ashyira mu buhinzi. Igiciro cyari Frw 270 ku muhinzi, ubu igiciro ni Frw 400 ku muceri w’imbatura, umuceri umuremure ni Frw 410. Ni igiciro cyiza gisobanutse, kijyanye n’igihe.”

BAMENYA Jean Pierre na we ni umuhinzi w’umuceri mu kibaya cya Bugarama ati “Twari tumaze gucika intege zo guhinga umuceri, twawugurishaga ku mafaranga macye.  Ikiro cy’udatonoye yari Frw 270 tukabona duhomba, twari tugiye kwihingira imyumbati n’ibigori nibyo byarushaga agaciro umuceri.”

Bugarama ni hamwe mu hera umuceri mwinshi mu Rwanda

HABIHIRWE Boniface ni umuyibozi wungirije  wa Koperative KEHEMU na yo ikorera mu kibaya cya Bugarama yasobanuye ko amafaranga umunani akatwa umuhinzi ava ku giciro cyemejwe asigara muri koperative agakora imirimo iteza imbere koperative.

Ati “Ntagihe umuhinzi yagiraga cyo kwiga igiciro, byigirwaga hejuru bikaza ari nk’itangazo.”

Yavuze ko ayo mafaranga umunani n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative, RCA kiyazi, akaba afasha koperative mu mirimo irimo no guhemba abakozi.

UMWANGANGE Josephine  ni umucungamutungo w’uruganda Bright General Company LTD (BGC) rutunganya umuceri muri Bugarama yavuze ko abahinzi ari abafatanyabikorwa babo, ndetse ko ari bo batuma babona akazi, yemeza ko igiciro gito kitari kijyanye n’ibiciro biri ku isoko ry’ibyo bajya kugura mu mafaranga baba bagurishije umuceri.

Ku itariki ya 21 Kamena 2022 Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yasohoye itangazo rigaragaza igiciro fatizo inganda zitagomba kujya hasi bagurira abahinzi umuceri.

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.Rw /I Rusizi

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Rutsiro: Abantu batamenyekanye biraye mu rutoki rw’ushinzwe umutekano barambika hasi

Inkuru ikurikira

Mu burambe afite, Perezida Museveni yasabye Congo gukemura ikibazo cya M23 mu biganiro

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Mu burambe afite, Perezida Museveni yasabye Congo gukemura ikibazo cya M23 mu biganiro

Mu burambe afite, Perezida Museveni yasabye Congo gukemura ikibazo cya M23 mu biganiro

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010