Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Umugore yasabye umuhungu we kuva mu bukwe nyuma yo kutishimira umukazana we
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Umugore yasabye umuhungu we kuva mu bukwe nyuma yo kutishimira umukazana we

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 28/07/2022 10:43
Lamia Al-Labawi yabenzwe ubukwe burimbanyije

Ni inkuru ikomeje kuvugisha abakoresha imbuga nkoranyambaga, aho umugabo ukomoka muri Tunisia yabenze umukobwa bari biyemeje kubana mu bukwe hagati nyuma yo kubisabwa na nyina amaze kubona ububi b’isura y’uwo mugeni n’indeshyo ye.

Lamia Al-Labawi yabenzwe ubukwe burimbanyije

Uyu musore utavuzwe amazina ariko amafoto ye arahari, akomeje kunengwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusabwa na nyina guhagarika ubukwe agasiga umugeni we aho ngaho.

Amakuru avuga ko uriya mukecuru (uwari kuba Nyirabukwe w’umukobwa wabenzwe) yari atarigeze abonana imbona nkubone n’uwo mukazana we, uretse kureba amafoto gusa.

Mu bukwe yaje kumubona, bugeze hagati abwira umuhungu we kuva mu birori kuko ngo “umugeni uretse kuba ari mubi ku isura ni namugufi”.

Amafoto agaragaza ubukwe butangiye, umugeni witwa Lamia Al-Labawi amwenyura mu ikanzu y’ubukwe, ariko uwari kuba umugabo we asa n’ufite ipfunwe ndetse yihanagura icyokere ku gahanga.

Uyu musore utatangajwe amazina mu bukwe yasaga n’ufite ipfunwe yihanagura icyokere

Lamia Al-Labawi nyuma yo kubengwa yavuze ibyamubayeho ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko ari imfubyi ndetse ko gutegura ubukwe bwe byamuhenze cyane.

Uyu mugeni avuga ko kubengwa muri buriya buryo byamubabaje ndetse akaba aterwa ikimwaro no kongera guhura n’abantu bazi ibye bamuvugaho.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje uyu mukobwa bamubwira ko yagize amahirwe akamenya uwari kuba umugabo we, kuko “nta mugabo umurimo” kubera kumvira nyina.

- Advertisement -

Umukinnyi w’ikinamico muri Tunisia witwa Hedi Mejri kuri Facebook yandikiye Lamia ubutumwa amubwira gukomera.

Ati “Ntabwo wabuze umugabo. Wabuze umuntu wari kuzakubera ikigeragezo mu buzima bwawe bwose. Usubiranye umunezero no kwisanzura.”

IVOMO: The Mirror

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Rusizi: Abana 200 bo mu miryango itishoboye bawawe ibikoresho by’ishuri

Ange Eric Hatangimana 28/07/2022 10:43 28/07/2022 10:43
Inkuru ibanza Ibintu bitatu byitezwe ku Cyiciro cya Gatatu
Inkuru ikurikira Karongi : Abaturage bashinja Leta kwiyitirira ubutaka bafitiye ibyangombwa
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi
Inkuru Nyamukuru Ubuzima
Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Eden Care yatangije uburyo bw’ubuvuzi bwifashisha murandasi
22/09/2023 6:53

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?