Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

US: Umwirabura yarashwe amasasu 60 – Polisi yasohoye video

Yanditswe na: Ange Eric Hatangimana
2022/07/04 12:23 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Polisi y’ahitwa Akron, muri Leta ya Ohio, yasohoye video y’Abapolisi bashakaga gufata umugabo w’umwirabura, amashusho arangira agaragaza ko yarashwe agapfa, bamurashe amasasu 60.

Polisi ivuga ko iyo mbunda ntoya yasanzwe mu modoka Jayland Walker yari atwaye ariko yarashwe yari yayivuyemo ahunga

Polisi ivuga ko uriya mwirabura witwa Jayland Walker w’imyaka 25, yabanje kurasa ku Bapolisi, bityo ngo abamwishe barengeraga ubuzima bwabo.

Uyu musore yarashwe ku wa Mbere tariki 27 Kamena, 2022 ubwo yahagarikwaga n’Abapolisi bari mu kazi ka nijoro.

Jayland Walker amashusho agaragaza ko nta ntwaro yari afite ubwo yasohokaga mu modoka ye ahunga, ariko Polisi ivuga ko imbunda nto yari yitwaje yasanzwe mu modoka ye.

Kwamamaza

Abigaragambya batangiye kujya mu mihanda kwamagana ubwo bwicanyi bwakorewe umwirabura, ndetse Mayor w’umujyi wa Akron yasabye abaturage kwihangana.

Daniel Horrigan yagize ati “Video irakomeretsa umutima, biragoye kuyakira.”

Jayland Walker yishwe ku wa 27 Kamena, 2022

Amashusho yo kurashwa k’uriya Mwirabura yasohowe ku Cyumweru nijoro.

Umushinjacyaha Mukuru, Dave Yost promised yavuze ko hazabaho iperereza ryuzuye, rinyuze mu mucyo kandi rikozwe n’inzobere, mu gihe Urwego rwa Polisi muri Ohio na rwo ruri gukora iperereza rugenzura niba Abapolisi bararenze ku mabwiriza abagenga.

Yabwiye abigaragambya ati “…Niyo yaba yarashwe amasasu angahe kugera kuri 60 cyangwa n’arengaho ariko ntabwo yari afite intwaro.”

Abapolisi 8 barashe uriya mwirabura, 7 ni Abazungu bari kumwe na mugenzi wabo w’Umwirabura babaye bahagarikiwe umushahara.

Umunyamategeko w’umuryango wa Walker yavuze ko abapolisi bakomeje kumurasa n’igihe yari yamaze kugwa hasi.

Kuri Derrick Johnson, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abirabura muri America yavuze ko Walker yishwe kandi bigambiriye kwica umwirabura.

Jayland Walker imodoka ye yahagaritswe n’abapolisi ku wa Mbere tariki 27 Kamena, 2022 ahagana saa 00h30 mu bikorwa bisanzwe bya polisi, gusa ngo mu modoka yarimo humvikanye isasu rigambiriye abapolisi, ari bwo na bo batangiye gushaka kumufata asohoka mu modoka yiruka.

Jayland Walker, 25 ans, a été abattu par 60 balles après que des policiers ont tenté d’arrêter sa voiture à Akron aux Etats-Unis.

Les autorités de l’État américain de l’Ohio lancent un appel au calme après la vidéo montrant la mort de Walker pic.twitter.com/CHIAqKRizd

— TRT Français (@trtfrancais) July 4, 2022

Abigaragambya muri Ohio barasaba ko uriya mwirabura ahabwa ubutabera

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Bashunga Abouba mu nzira zo gukina mu Bufaransa

Inkuru ikurikira

AMAFOTO: ARSENAL yahaye ikaze Gabriel Jesus

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

Nkore iki? Umugabo wange nizeraga nyuma yo kumufata asambana naramuhuzwe

2023/05/28 12:10 PM
Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

Itsinda ryitwa Narodna Patrola ryigaragambije imbere y’Urukiko Mpanabyaha, ICC

2023/05/28 11:56 AM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Inkuru ikurikira
AMAFOTO: ARSENAL yahaye ikaze Gabriel Jesus

AMAFOTO: ARSENAL yahaye ikaze Gabriel Jesus

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010