Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amahanga

Burundi: Radiyo na Televiziyo ziri gufunga imiryango kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli

Yanditswe na: NDEKEZI Johnson
2022/08/12 2:06 AM
A A
3
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu Burundi, nyuma y’igihe abaturage bo mu Mujyi wa Bujumbura binubira kubura amashanyarazi n’itumbagira ry’ibikomoka kuri peteroli, zimwe muri Radiyo na Televiziyo zahisemo gufunga imiryango kubera itumbagira ry’ibikomoka kuri peteroli n’ibura ry’amashanyarazi.

Kubura amashanyarazi n’izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli biri gutuma radiyo na televiziyo zifunga imiryango

Muri kiriya gihugu ibintu bimaze gufata intera kubera izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli bikaba byarahumiye ku mirari aho abaturage bamara umwanya munini mu kizima kubera ibura ry’umuriro niyo ubonetse uhabwa ababa mu makaritsiye atuyemo abategetsi.

Ibura ry’umuriro n’izamuka ry’ibikomoka kuri Peteroli bikomeje kubera ihurizo Abarundi aho bamwe bahagaritse imirimo kubera gukorera mu bihombo.

Ibyo bibazo byageze no mu itangazamakuru aho Radiyo na Televiziyo Isanganiro byafunze imiryango kubera ibura ry’amashanyarazi no kubura Mazutu yo gushyira muri “groupe électrogène” ngo babashe kugeza ibiganiro ku bakunzi babo.

Kwamamaza

Ubuyobozi bwa Isanganiro mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 11 Kanama 2022 bwatangaje ko kubera impamvu zitabaturutseho basaba abakurikira ibiganiro byabo kubihanganira ngo “ibiganiro bizakomeza ibyo bibazo byabonewe igisubizo.”

Usibye Radio na Televiziyo Isangano babitangaje ku mugaragaro, hari izindi zafunze imiryango ziraruca zirarumira mu rwego rwo kwanga kwiteranya n’ubutegetsi buriho.

Bamwe mu banyamakuru bakomeye mu gihugu cy’Uburundi batangaje ko biteye agahinda kubona Radiyo na Televiziyo zifunga imiryango kubera kubura amashanyarazi.

Hari abagaragaje ko ari intege nke za Leta itubaka ibikorwa remezo bifatika ndetse no gushyiraho politiki ihamye yo guhangana n’ibura ry’ibikomoka kuri peterori.

Abaturage bijujutira ishyirahamwe Regideso ritanga amazi n’amatara kubera kumara iminsi batabona umuriro, bagasaba Leta gufata ingingo ihamye kuri iki kibazo.

Muri Regideso bavuga ko umuriro ari mucye kubera igabanuka ry’amazi mu ngomero zicanira Umujyiwa Bujumbura ku buryo bagerageza gusaranganya umuriro mucye uri mu gihugu.

Amakuru ava i Burundi aremeza ko kubona ibikomoka kuri Peterol ari inzira y’umusaraba, hari na sitasiyo za Lisansi zidafite n’igitonyanga.

Iri bura rya Lisansi mu Burundi ryatangiye guteza ingaruka mbi mu biciro by’ingendo haba kuri moto no mu modoka ndetse n’ibigo bimwe bikaba bikomeje gufunga imiryango.

Perezida Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kitari mu Burundi gusa yasabye abaturage kwihangana bakareba aho ibihe by’intambara y’Uburusiya na Ukraine byerekeza.

Radiyo na Televiziyo Isanganiro kwihangana byanze basaba abakunzi babo gutegereza igihe ibibazo bihari bizashirira

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Uwahoze ayobora ishuri rya ILPD yasabwe gukomeza gukorana n’abamusimbuye

Inkuru ikurikira

AMAFOTO: AS Kigali yerekanye abakinnyi izakinisha muri shampiyona

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
AMAFOTO: AS Kigali yerekanye abakinnyi izakinisha muri shampiyona

AMAFOTO: AS Kigali yerekanye abakinnyi izakinisha muri shampiyona

Ibitekerezo 3

  1. qween says:
    shize

    OK aba nibo bavugaga ngo Bazamesa Urwanda hmhh mwaciye bugufi mukugurura imipaka bashingantahe mukareka kwihagararaho bya kibwa munyibukije kera mutarata line ukuntu amakamyo yanyu yuzuye amajerekani yabaga atonze umurongo aje kuvoma amavuta mu Rwanda. nongeye kwibuka isoko ry’ibujumbura rishya U rwanda rukohereza helicopters zikarizimya mwari mwabuze ayo mucira nayo mumira. mbagiriye inama mwakanguka mukareka kwihagararaho bya kibwa.

    • citoyen says:
      shize

      Gushishikariza abantu kubana neza n’abaturanyi ni byiza ariko gutukana nta muco urimo. Aba bose bafunga imipaka nta mpamvu ifatika yabaye erega nta nyungu yindi ivamo uretse gukenesha abaturage. Mujya mwumva ba banye Congo ngo basaba kubaka urukuta rubatandukanya n’u Rwanda? Ni imyumvire iri hasi cyane.

  2. Uzziel Imanishimwe says:
    shize

    Imana itabare isi n’uBurundi

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

ITANGAZO RYO KUMENYESHA IYEGERANYA N’IGABANYA RY’UMUTUNGO

2023/02/05 1:23 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010