Caleb wifujwe na Rayon yerekanywe nk’umukinnyi wa Kaizer Chiefs

HABIMANA Sadi HABIMANA Sadi

Umukinnyi mpuzamahanga ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, Bimenyimana Bonfils Caleb uherutse kwifuzwa cyane na Rayon Sports, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo.

Bonfils Caleb yerekanywe muri Kaizer Chiefs

Ni nyuma yo gukorera imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports ariko yasabwa kuyisinyira, Bonfils Caleb akabwira ubuyobozi ko hari indi kipe yumvikanye nayo.

Kuri uyu wa Kane ni bwo ubuyobozi bwa Kaizer Chiefs bubicishije ku mbuga nkoranyambaga zabwo, bwatangaje ko Bimenyimana Bonfils Caleb ari umukinnyi mushya w’iyi kipe mu myaka ibiri iri imbere ariko ishobora kongerwaho umwaka umwe.

Uyu musore w’imyaka 28, yavukiye i Burundi ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda n’umwe w’Umurundi. Akina aca ku ruhande mu guce cy’ubusatirizi.

Caleb wageze muri Rayon Sports mu 2017 akayivamo mu 2019, aherutse kugaragara aza gusuhuza abakunzi b’iyi kipe ku munsi wo kwerekana abakinnyi iyi kipe izakoresha muri uyu mwaka w’imikino 2022/2023.

Yakiniye amakipe arimo Rigas FC yo muri Latvia ariko aza gutizwa muri Atlantas, anakinira kandi Vitalo’o FC y’iwabo i Burundi.

Ni umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs mu myaka ibiri iri imbere

UMUSEKE.RW