Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Ingengo y’imari ya Rwamagana City yongerewe

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/08/04 12:54 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rwamagana City bwemeje ko ingengo y’imari y’iyi kipe yamaze kwiyongera ku rwego rushimishije.

Rwamagana City yazamukanye na Sunrise FC mu Cyiciro cya Mbere

Ubwo ikipe yari ikiri muri shampiyona y’icyiciro cya Kabiri, ikipe ya Rwamagana City ni imwe mu zari zibayaeho nabi n’ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe butabyemeranyaho n’ababivuga.

Nyuma yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere, abakurikiranira hafi umupira w’amaguru mu Rwanda, bavuze ko iyi kipe ishobora kuzagira ibibazo birenze bitewe n’amikoro.

Uwimana Néhemie uyobora Rwamagana City, aganira na UMUSEKE yemeje ko ingengo y’imari y’iyi kipe izazamuka kugera kuri miliyoni 200 Frw.

Kwamamaza

Ati “Mu cyiciro cya Kabiri ntabwo ari twe kipe yari ibayeho nabi kurusha izindi. Ntibigeze baburara, ntitwigeze tubura ibajyana kuri stade. Ntibigeze Babura imyambaro, ntibigeze Babura inkweto. Ubuzima bari barimo ni ubwari busanzwe.”

Aha niho yakomeje avuga ko kuba ingengo y’imari y’iyi kipe yazamutse kuko icyiciro cya Kabiri n’icya Mbere bitandukanye.

Ati “Ubu bagiye mu cyiciro cya Mbere, bazakenera ibikoresho bihagije. Nkaba numva rero hamwe n’Akarere twarakoze ingengo y’imari tuyemeranyweho. Twakoze agera kuri miliyoni 200 Frw azatuma tuza mu myanya icumi ya Mbere.”

Iyi kipe yamaze kuzaba abatoza bashya bayobowe na Ruremesha Emmanuel nk’umutoza mukuru, akazungirizwa na Lomami Marcel, mu gihe umutoza w’abanyezamu ari uwazamukanye nayo.

Mu kwitegura shampiyona ibura iminsi mike ngo itangire, Rwamagana City yatangiye imyitozo ndetse irateganya imikino ya gicuti mu minsi iri imbere.

Ingengo y’imari ya Rwamagana City izagera kuri miliyoni 200 Frw

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Umujyi wa Kigali ugiye gushinga ikipe ya Volleyball

Inkuru ikurikira

U Rwanda ruzasobanura uko Rusesabagina yafashwe mu buryo bukurikije amategeko

Izo bjyanyeInkuru

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Umunyabigwi wa PSG ari mu Rwanda (AMAFOTO)

Umunyabigwi wa PSG ari mu Rwanda (AMAFOTO)

2023/05/27 7:34 AM
U Burundi bwakuriye inzira ku murima Ferwafa kuri Ndikumana

U Burundi bwakuriye inzira ku murima Ferwafa kuri Ndikumana

2023/05/26 3:42 PM
U Rwanda ruzakira igikombe cy’Isi mu kubungabunga Ibidukikije

U Rwanda ruzakira igikombe cy’Isi mu kubungabunga Ibidukikije

2023/05/26 12:34 PM
Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

Amagare: U Burasirazuba bugiye kwakira isiganwa ry’iminsi ibiri

2023/05/25 12:01 PM
Bugesera yatanze ubwasisi ku mukino izakira AS Kigali

Bugesera yatanze ubwasisi ku mukino izakira AS Kigali

2023/05/25 9:58 AM
Inkuru ikurikira
Antony Blinken azasura u Rwanda, kuri gahunda ye harimo na Paul Rusesabagina

U Rwanda ruzasobanura uko Rusesabagina yafashwe mu buryo bukurikije amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010