Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Kiyovu yazanye rutahizamu ukomoka muri Afurika y’Epfo

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/08/04 10:39 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Rutahizamu ukomoka muri Afurika y’Epfo no muri Algéria, Riyaad Norodien, yageze mu Rwanda aho aje gusoza ibye na Kiyovu Sports agahita atangira akazi.

Riyaad Nordien yakiriwe na Alain-André utoza Kiyovu Sports

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, ni bwo rutahizamu Riyaad Norodien yasesekaye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege i Kanombe, aho aje kurangiza ibiganiro bye na Kiyovu Sports.

Uyu musore w’imyaka 27 bivugwa ko yatumweho na Kiyovu Sports ndetse ibiganiro by’ibanze byarangiye hagati y’impande zombi, igisigaye ari ugusoza ibyanyuma ubundi agashyira umukono ku masezerano.

Uyu rutahizamu witezweho kongera imbaraga mu busatirizi bwa Kiyovu Sports, yakiniraga DCMP yo muri Répubulika Iharanira Demokarasi Congo yatojwe na Alain-André waje gutoza iyi kipe yo ku Mumena.

Kwamamaza

Amakuru yandi avuga ko uyu musore yaje gusimbura Sheiboub Sharaf ukomoka muri Sudan watandukanye na Kiyovu Sports, ndetse akaba azasinya bitarenze ku wa Gatanu w’iki Cyumweru.

Yakiniye amakipe arimo Orlando Pirates [2016-2018], Platinum Stars nk’intizanyo [2018], Cape Town City [2018-2020], Cape Umoya United [2020], Cape Town Spurs [2020-2021] na DCMP yaherukagamo mu 2021.

Riyaad ubwo yari ageze i Kanombe
Ni umusore witezweho kuzafasha Kiyovu Sports
Riyaad yakiniye Ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo mu bihe bitandukanye

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare mu kubohoza abaturage 600 bafashwe n’ibyihebe

Inkuru ikurikira

Umujyi wa Kigali wasuye AS Kigali WFC yitegura Cecafa

Izo bjyanyeInkuru

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

Abagabo b’I Nyaruguru bishyiriyeho akagoroba kadasanzwe

2023/05/29 6:04 AM
Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

Imbaraga z’umwijima mu mukino wa Kiyovu Sports na Rutsiro Fc

2023/05/28 5:40 PM
Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Abiga muri ACEJ Karama basabwe kwitandukanya n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

2023/05/28 10:52 AM
Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

Nyanza: DASSO yoroje inka umuturage

2023/05/28 10:39 AM
Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

Kubibuka ni ukabasubiza ijwi mu buzima bwacu- Minisitiri Bayisenge

2023/05/28 10:06 AM
U Rwanda rwungutse abahanga mu bujyanama n’isanamitima ku ihungabana

U Rwanda rwungutse abahanga mu bujyanama n’isanamitima ku ihungabana

2023/05/28 8:18 AM
Inkuru ikurikira
Umujyi wa Kigali wasuye AS Kigali WFC yitegura Cecafa

Umujyi wa Kigali wasuye AS Kigali WFC yitegura Cecafa

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

Kamonyi: Ruyenzi SC yegukanye irushanwa ryo Kwibuka

2023/05/29 6:17 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010