Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Musanze: Umugabo n’umugore basanzwe bapfuye bikekwa ko biyahuye
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Musanze: Umugabo n’umugore basanzwe bapfuye bikekwa ko biyahuye

TUYISHIMIRE RAYMOND TUYISHIMIRE RAYMOND 06/08/2022 5:24
Mu Karere ka Musanze ni mu ibara ritukura

Umugabo umwe w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Gacaca n’undi mugore wo mu Murenge wa Nyange w’imyaka 35 basanzwe bapfuye, harakekwa ko biyambuye ubuzima nk’uko ubuyobozi bw’Akarere bwabibwiye UMUSEKE.

Mu Karere ka Musanze ni mu ibara ritukura

Amakuru avuga ko ku munsi w’ejo aribwo Umugabo  w’imyaka 23 wo mu Murenge wa Gacaca yasanzwe mu mugozi, bigakekwa ko yaba yiyahuye.

Abaturage bavuga ko yari amaze amezi macye yubatse urugo ndetse ko bikekwa ko yaba yarasanganywe indwara zo mu mutwe, n’ibibazo by’ihungabana bikaba ari byo byamuteye gufata icyo cyemezo.

Umugore wo mu Murenge wa Nyange naho mu Karere ka Musanze, na we  kuri uwo munsi yakuwe mu mugozi n’umugabo we agerageza kwiyahura ariko agezwa ku Kigo Nderabuzima cya Kinigi ahita ashiramo umwuka.

Uyu mugore bikekwa ko yari afitanye amakimbirane n’umugabo we.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier yahamirije  Umuseke ko ari ukuri ndetse ko  ibyabaye ari ibyago bikomeye.

Yagize ati “Nibyo byabaye ku munsi w’ejo. Ni ibyago byabaye kumva ko hari abiyambura ubuzima.”

Ramuli yasabye ko mu gihe mu baturage hagaragara abafite Ibibazo byajya bimenyeshwa ubuyobozi hakiri kare, ufite iby’ubuzima akegerwa.

Yagize ati “Twasaba ko ahari ikibazo cy’ihungabana cy’uko wenda yaba agaragaza ubuzima mu mutwe butameze neza, kubegera no kubagaragaza, hakaba gahunda zo kubageza kwa muganga kuko ni Ibibazo bivurwa bugakira.”

- Advertisement -

Yakomeje ati “Abandi wenda haba hari amakimbirane wenda agaragara, hari imiryango ifite bene ibyo bibazo ikegerwa, bakaganirizwa, hagamijwe gukumira ayo makimbirane n’imfu.”

Yasabye ubufatanye hagati y’abaturage n’ubuyobozi mu gukumira amakimbirane yo mu miryango.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

TUYISHIMIRE RAYMOND 06/08/2022 5:24 06/08/2022 5:24
Inkuru ibanza FIBA-AfroBasket U18: U Rwanda rwasezerewe na Guinéa
Inkuru ikurikira Urugaga rw’Abanditsi rwungutse amaboko y’abanyamuryango bashya 
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Nyanza: Umuyobozi w’ishuri arakekwaho kunyereza ibishyimbo
21/09/2023 9:44

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?