Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Stade ya Huye ishobora kutakira umukino wa Super Coupe

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/08/06 2:08 PM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

N’ubwo yamaze kuvugururwa, Stade Mpuzamahanga ya Huye bitegenyijwe ko izakira umukino uhuza ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n’icy’Amahoro [Super Coupe], bishobora kurangira itawakiriye ukajyanwa ahandi.

Stade mpuzamahanga ya Huye ishobora kutazakira umukino wa Super Coupe

Tariki 14 Kanama 2022, hateganyijwe umukino wa Super Coupe uzahuza APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona ya 2021/2022 na AS Kigali yegukanye igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka.

Ni umukino biteganyijwe ko uzabera kuri Stade mpuzamahanga ya Huye ariko hashobora kubamo impinduka nk’uko umuvugizi wungirije w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru, Ferwafa, Jules Karangwa yabyemereye UMUSEKE.

Ati “Aho Super Coupe izabera, Huye hari mu ho twifuza ariko nk’uko mubizi hamaze iminsi havugururwa. Imirimo yo kuvugurura yararangiye ariko nk’uko mubizi habaho izindi gahunda zo gusubiza iyi Stade. Bikunze hakinirwa ariko bitanakunze wajyanwa ahandi.”

Kwamamaza

Aha byatumye hibazwa niba koko iyi stade mpuzamahanga ya Huye izakira uyu mukino, ariko uyu muvugizi yirinda kubyemeza 100% kuko hakiri gahunda zo kuzasubiza stade uwatanze isoko ari nabyo biri gukorwa kugeza ubu ariko ahamya ko mu gihe uyu mukino utahabera hari igisubizo cya Kabiri yatekerejweho.

Ati “Igisubizo cya Kabiri ni Stade ya Kigali. Ariko ibi byose turaza kubitangariza nitubona ko igisubizo cyacu cya Mbere kidakunda. Ibyakozwe ni ugutunganya byinshi byaburagamo birimo aho abanyamakuru bicara, mu myanya y’abanyacyubahiro n’ahandi. Ni Stade yavuguruwe mu buryo bwihuse.”

Umuyobozi w’agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA), Nsanzineza Noël, ahaerutse ko Stade ya Huye izongerwamo indi myanya ibihumbi 2100 ndetse ikazasakarwa.

Kuri ubu, u Rwanda rukomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo iyi Stade ya Huye ifite imyanya 7900, igere ku rwego rwo kwakira imikino mpuzamahanga irimo n’iyo Amavubi azakira mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire mu 2023.

Ikiganiro Ishusho y’Icyumweru cya Televiziyo y’Igihugu cyo ku wa 5 Kamena 2021 cyagarutse ku bijyanye no kuba u Rwanda rugiye kwakiririra Sénégal i Dakar kubera kutagira stade iri ku rwego rwifuzwa, nyamara umukino wari kubera i Huye.

Cyari cyatumiwemo abarimo Umuyobozi w’agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA), Nsanzineza Noël n’Umuyobozi w’agateganyo ushinzwe Siporo muri Minisiteri ya Siporo, Munyanziza Gervais.

Mu byasobanuwe harimo ko kwakira umukino i Dakar k’u Rwanda nta kibazo kirimo kuko ubwumvikane bwabayeho bukubiyemo ko Sénégal na yo izaza gukinira i Huye muri Werurwe 2023.

Muri iki kiganiro, Nsanzineza Noël uyobora RHA yavuze ko imirimo yo gushyira Stade ya Huye ku rwego rwifuzwa igeze kuri 90% ariko bateganya kuzongeramo indi myanya 2100 ndetse ikaba yasakarwa.

Ati “Hari ibirimo gukorwayo, navuga ko imirimo igeze kuri 90%, nk’uko Gervais [Munyanziza ushinzwe Siporo muri Minisports] yabivuze, muri uku kwezi [Kamena] muraza kubona ko ibyagombaga gukorwa byakozwe. Gusa, hari ikindi gice kizaza nyuma kitakorwa muri iki gihe cy’amezi abiri cyangwa atatu, cyo kuzayisakara no kongeraho imyanya igera ku 2100 kuri rwa ruhande rureba ku i Taba.”

“Inyigo irimo kubigaragaza ku buryo hazongerwaho imyanya tukagira myinshi noneho tukareba niba bashobora kutwemerera kuba twayisakara yose. Ibyo birimo gukorwa.”

Mu mwaka ushize w’imikino, Mukura VS yakirira kuri iyi stade, yahakiniye imikino itandukanye ariko ubwo yari itangiye kuvugururwa iyi kipe ihita yimukira ku kibuga cya Kamena.

Mu rwambariro
Inzira igana mu rwambariro
Kuri Réception
Muri stade ya Huye havuguruwe byinshi

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Amakipe ahimana ku myambaro yafatiwe ibyemezo na Ferwafa

Inkuru ikurikira

FIBA-AfroBasket U18: U Rwanda rwasezerewe na Guinéa

Izo bjyanyeInkuru

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

2023/06/05 7:21 AM
Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

Abarimo Rocky Kimomo begukanye ibihembo muri KIMFEST Awards 2023-AMAFOTO

2023/06/04 11:18 PM
Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

Nsabimana uzwi nka Sankara yitabiriye umuhango wo kwibuka aho avuka

2023/06/04 6:04 PM
U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Mbere muri Billie Jean King

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Mbere muri Billie Jean King

2023/06/04 3:38 PM
Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

Gisimba wabaye se w’imfubyi nyinshi yitabye Imana

2023/06/04 2:20 PM
Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

Theo Bosebabireba yatumiwe mu giterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge i Burera

2023/06/04 2:02 PM
Inkuru ikurikira
FIBA-AfroBasket U18: U Rwanda rwasezerewe na Guinéa

FIBA-AfroBasket U18: U Rwanda rwasezerewe na Guinéa

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: info@umuseke.rw

Inkuru iheruka

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

Imikino y’abakozi: Rwandair na REG zegukanye GMT 2023

2023/06/05 7:21 AM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010