Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Nyarugenge: Umugabo yagiye mu bwiherero apfiramo
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Nyarugenge: Umugabo yagiye mu bwiherero apfiramo

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 20/09/2022 9:36
Inzego zishinzwe ubugenzacyaha zatwaye umurambo w'uriya muntu (Photo TV1)

Gafaranga Pierre w’imyaka 43, wari usanzwe utunzwe no  kudodera abantu inkweto, kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Nzeri 2022, yagpfiriye mu bwiherero ubwo yarimo ajya mu kazi nk’uko bisanzwe.

Inzego zishinzwe ubugenzacyaha zatwaye umurambo w’uriya muntu (Photo TV1)

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Byimana, Akagari ka Kimisigara, Umurenge wa Kimisagara, Akarere ka Nyarugenge.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yavuye iwe ari muzima mu masaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6H00), agiye ku kudoda.

Yaje  kujya mu bwiherero mbere yo kugera ku kazi, maze aza gupfiramo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kimisagara, Ahimana Aimable yabwiiye UMUSEKE ko nta burwayi buzwi yari afite, icyakora yemera ko uwo mugabo yari afite imibereho mibi.

Yagize ati “Yagiye ahantu kwiherera ahita aheramo. Ni urupfu rutunguranye.”

Uyu muyobozi avuga ko batamenya uburwayi yari afite, gusa ngo imibereho yari afite ntabwo yari myiza cyane kuko yakoraga akazi gaciriritse ko kudoda inkweto.

Yavuze ko inzego zitandukanye zirimo iz’ubugenzacyaha zahageze zigakora iperereza kuri urwo rupfu.

Uyu muyobozi yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku gihe.

- Advertisement -

Yagize ati “Ni ugutangira amakuru ku gihe mu gihe babonye ikibazo nk’icyo kugira ngo inzego zibashe kuhagera Kandi  bakirinda no kuba basibanganya ibimenyetso.”

Uyu mugabo yari asanzwe abana n’umugore ndetse n’abana, bigakekwa ko yaba yapfuye azize imibereho mibi irimo n’inzara.

Umurambo wa nyakwigendera biteganyijwe ko uhita ushyingurwa.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Rusizi: Abana 200 bo mu miryango itishoboye bawawe ibikoresho by’ishuri

Ange Eric Hatangimana 20/09/2022 10:57 20/09/2022 9:36
Inkuru ibanza Inzu bubakiwe n’umwana wabo yari igiye gutezwa cyamunara kubera ideni rya Frw 68,000
Inkuru ikurikira AMAFOTO: Gahunda yose y’Amavubi ari muri Maroc
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
21/09/2023 7:48

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?