Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Ubwuzuzanye! Izina umwana w’ingagi yiswe n’Igikomangoma Charles
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Ubwuzuzanye! Izina umwana w’ingagi yiswe n’Igikomangoma Charles

Ange Eric Hatangimana Ange Eric Hatangimana 02/09/2022 2:30
U Rwanda rwahaye amazina abana b'ingagi 20 baheruka kuvuka

Igikomangoma Charles ni umwe mu bise izina abana 20 b’ingagi, we umwana yahawe kwita izina, yamwise Ubwuzuzanye.

U Rwanda rwahaye amazina abana b’ingagi 20 baheruka kuvuka

Ntabwo Igikomangoma Charles yari mu mahumbezi ava mu mahunge y’ibirunga, ngo aryoherwe n’uwo mwuka uhehereye uva muri Pariki y’Ibirunga nk’uko wanogeye abari mu Kinigi kuri uyu wa Gatanu.

Izina yise umwana w’ingagi ryumvikanye mu butumwa bwa video yafashe mbere yumvishwa abari mu Kinigi.

Yavuze ko yishimiye kuba umwe mu bahaye ingagi izina. Yise izina umwana w’ingagi w’umuhungu, wavutse muri Mata, 2022 mu muryango wa Muhoza, ikaba ivuka mu mubyeyi witwa Agasaro.

Ati “Izina Ubwuzuzanye (mu Cyongereza) bivuze ‘Harmony’, ryatoranyijwe mu guha agaciro ibyifuzo byo kubana neza hagati y’ibidukikije, abantu n’Isi, bijyana n’ubufatanye mu muryango, amatsinda y’abantu n’imiryango ikora itaruhuka mu kurengera ibi biremwa (ingagi).”

Igikomangoma Charles witabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bo mu bihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth muri Kamena 2022, yavuze ko yashimye uko yakiriwe mu Rwanda, n’iterambere yabonye ryagezweho.

Abandi batanze amazina barimo umusifuzi Salma Mukansanga, we ingagi yahawe kwita izina, ni umwana w’umukobwa wavutse tariki 15 Nzeri, 2021 akomoka mu muryango IGISHA, ku mubyeyi witwa Ubuntu, yamwise Kwibohora.

Didier Dragba yise izina ISHAMI umwana w’ingagi, wavutse tariki 28 z’ukwezi kwa karindwi, 2022, ni ingagi yo mu muryango wa Muhoza.

Mme Louise Mushikiwabo, yise ingagi izina, Turikumwe avuga ko nimusanga mu Bufansa azayihamagara “On est ensemble!”

- Advertisement -
Ubwo Perezida Paul Kagame yakiraga Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla mu gihe u Rwanda rwakiraga inama ya CHOGM (ARCHIVES)

UMUSEKE.RW

You Might Also Like

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene

Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)

Rusizi: Ibifite agaciro ka Miliyoni 5Frw byahiriye mu nzu z’ubucuruzi

Kigali: Imvura yishe umugore n’abana Babiri

Rusizi: Abana 200 bo mu miryango itishoboye bawawe ibikoresho by’ishuri

Ange Eric Hatangimana 02/09/2022 2:39 02/09/2022 2:30
Inkuru ibanza Kwita Izina 2022: RDB yishimira ko ubukerarugendo buri kuzahuka
Inkuru ikurikira Mu Kwita Izina ingagi abashyitsi baboneraho no kwiga umuco – Dr Ngirente
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
Inkuru Nyamukuru Mu cyaro
Kazungu mu rukiko yasekaga – Yari afite pince, icyuma, n’ikaramu – Yibuka 3 mu bo yishe
UMUSEKE TV
Gisagara: Hasojwe ingando z’abana bakina Volleyball
Imikino
Kazungu mu rukiko ati “icyaha nakoze si icyaha kiri aho ngaho cyoroheje” (VIDEO)
Amakuru aheruka Inkuru Nyamukuru Ubutabera
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Ruhango: Ingo 3500 zigiye gufashwa kuva mu bukene
21/09/2023 7:48

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?