Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Imikino

Abatoje Amavubi muri CHAN bimwe agahimbazamusyi bemerewe

Yanditswe na: HABIMANA Sadi
2022/10/24 10:17 AM
A A
0
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Itsinda ry’abatoza bajyanye n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda [Amavubi] mu gikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu gihugu [CHAN] cyabereye muri Cameroun, nanubu amaso yaheze mu kirere nyuma yo kweremererwa agahimbazamusyi ntibagahabwe.

Abatoza bari kumwe n’Amavubi muri CHAN yabereye muri Cameroun baracyishyuza uduhimbazamusyi twabo

Muri Mutarama umwaka ushize, u Rwanda rwitabiriye imikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu gihugu [CHAN] yabereye mu gihugu cya Cameroun.

Amavubi yagarukiye muri ¼ nyuma yo gusezererwa na Guinée, atsinzwe igitego 1-0. Mu mikino ine u Rwanda rwakinnye, rwatsinze umwe, runganya ibiri runatsindwa umwe.

Nyuma yo kugera muri ¼, abakinnyi, abatoza n’abandi bari bajyanye n’ikipe y’Igihugu bose bemerewe agahimbazamusyi gatandukanye bitewe n’inshingano buri umwe yari afite.

Kwamamaza

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko itsinda ry’abatoza, abaganga n’uwari ushinzwe itangazamakuru mu Amavubi, Thabit Bin Hassan Habineza, bose batarahabwa amafaranga y’agahimbazamusyi kabo.

Abo barimo umutoza Mashami Vincent, Kirasa Alain, Habimana Sosthène, Higiro Thomas, Dr Higiro Jean Pierre, Dr Rutamu Patrick, Nuhu, Rutsindura Antoine n’abandi bari bafite inshingano muri iyi kipe.

Amakuru avuga ko buri mutoza yemerewe miliyoni 5 Frw, harimo abandi bemerewe miliyoni 4 Frw, 3 Frw kugera kuri miliyoni 2 Frw bitewe n’inshingano bari bafite.

Umuyobozi w’agateganyo wa siporo muri Minisiteri ya Siporo, Munyanzira Gervais yahamije ko aya mafaranga yamaze guhabwa Ferwafa ari yo yabazwa ibindi.

Ati “Bonus twazinyujije kuri konti ya Ferwafa hashize iminsi.”

Munyanziza abajijwe niba haba harabayeho uburangare bwa Ferwafa bwo kudatanga aka gahimbazamusyi, yasubije ko niba aba batoza batarabona ibyo bemerewe ari cyo byaba bisobanuye.

Ati “Babaye batarayabona nicyo byaba bivuze.”

UMUSEKE wifuje kumenya icyo Ferwafa ivuga ku gutinda gutanga aka gahimbazamusyi, ariko Umunyamabanga Mukuru w’iri shyirahamwe, Muhire Henry asubiza ko ibisobanuro bijyanye n’amafaranga bitangazwa na Ferwafa.

Ati “Ntabwo ibisobanuro bijyanye n’imishahara cyangwa ibindi bisa nkabyo ku bakozi bitangazwa natwe. Ubwo uwabikubwiye yaguha ayo makuru.”

Abakinnyi bo bamaze guhabwa agahimbazamusyi bemerewe, ndetse bahise banahabwa ibyo bari bemerewe n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame ubwo yabakiraga muri Gashyantare 2021.

Staff yose itegereje ibyo yemerewe
Dr Rutamu Patrick [uri inyuma ya Mashami] nawe ari mutarahabwa agahimbazamusyi kabo
Akazi karakozwe ariko….!
Serge Mwambari nawe amaso yaheze mu kirere
Muganga Nuhu nawe ntarishyurwa agahimbazamusyi ke
Rutsindura Antoine ari mu batarahabwa agahimbazamusyi ke

UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

NAME CHANGE REQUEST

Inkuru ikurikira

Abapolisi b’u Rwanda bari Centrafrica bavuye ku buntu abaturage bahunze imyuzure

Izo bjyanyeInkuru

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM
EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Inkuru ikurikira
Abapolisi b’u Rwanda bari Centrafrica bavuye ku buntu abaturage bahunze imyuzure

Abapolisi b’u Rwanda bari Centrafrica bavuye ku buntu abaturage bahunze imyuzure

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

Benin yaje i Kigali itari kumwe n’abakinnyi babiri b’imena

2023/03/27 6:55 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010