Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Reading: Umugabo w’i Muhanga yasanzwe mu mugozi yapfuye
Share
Umuseke
Aa
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
Shakisha
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
  • Privacy Policy
© 2023 UMUSEKE Ltd. All Rights Reserved.

Umugabo w’i Muhanga yasanzwe mu mugozi yapfuye

Elisée MUHIZI Elisée MUHIZI 22/11/2022 4:24
Inzego zitandukanye z’Ubuyobozi zasanze Maniraguha Jean Claude w’imyaka 40 y’amavuko amanitse mu mugozi birakekwa ko yiyahuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye Nshimiyimana Jean Claude avuga ko bahawe amakuru ko Maniraguha Jean Claude yiyahuye bihutira kujyayo basanga yarangije gupfa.Gitifu Nshimiyimana yabwiye UMUSEKE ko umuturage uyu nyakwigendera yakodeshaga witwa Kampire  Angélique ariwe wabanje gutabaza inzego z’ibanze.Akavuga ko yari amaze iminsi amushakisha kugira ngo bavugane igihe azamwishyurira amafaranga y’ubukode ariko ntiyabasha kumubona kuko yageze no ku nzu yakodeshaga asanga ikingiye imbere.

Ati “Abayobozi b’Umudugudu nabo bagerageje gukomanga habura ukingura, mu gitondo bica idirishya basanga amanitse mu mugozi.”

Maniraguha Jean Claude yari atuye mu Mudugudu wa Nete, Akagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye,  ariko Ubuyobozi bukavuga ko yakomokaga mu Kagari ka Makera ho mu Murenge wa  Cyeza.

Gitifu w’Umurenge Nshimiyimana akavuga ko amakuru bahawe n’Umuvandimwe we, Ntezimana Aloys bavukana nuko nta kindi kibazo yagiraga uretse kunywa inzoga cyane agasa n’uwabaswe nazo, biturutse ku buzima bubi yakuriyemo.

Uyu Muyobozi avuga ko hafashwe umwanzuro ko Umuryango we ujya kumushyingura nyuma yo kubonako urupfu rwe ariwe rwakomotseho.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i Muhanga

You Might Also Like

Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa

Rwanda: Umuntu 1 muri 5 afite ibibazo  byo mu mutwe

Ubugiraneza bwa Rayon Sports bwaba bwarayigonze ijosi?

Niger: Bari mu cyunamo cy’iminsi itatu

Papa Francis yagize icyo avuga ku byo guhesha umugisha abahuje ibitsina

Elisée MUHIZI 22/11/2022 5:14 22/11/2022 4:24
Share
Inkuru ibanza M23 yafashe mpiri umusirikare mukuru mu ngabo za Congo
Inkuru ikurikira Diamond ategerejwe mu gitaramo gikomeye i Kigali
- Advertisement -

Amakuru aheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
Mu cyaro
Abateza imbere abafite ubumuga bagiye gushimirwa
Amakuru aheruka Andi makuru Inkuru Nyamukuru
Inter Miami yemeye gufasha Messi gusubira Camp Nou
Imikino
Volleyball: FRVB igiye guhugura abatoza mu mashuri
Imikino
-Kwamamaza -
Facebook Twitter Youtube

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y’umwihariko asana imitima y’abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

 

Tel/whatsapp:+250 788 306 908

Tel/whatsapp:+250 788 772 818


Email: [email protected]

Inkuru iheruka

Rubavu: Ubuharike buhonyora ubumwe n’umudendezo mu miryango
04/10/2023 11:13

© UMUSEKE Network. Since 2010. All Rights Reserved.

Removed from reading list

Undo
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?