Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Muhanga: Isomero “Pourquoi pas” rigaruye umuco wo gusoma urimo gukendera

Yanditswe na: Elisée MUHIZI
2022/12/16 4:12 PM
A A
4
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Mu Karere ka Muhanga hafunguwe isomero ryitwa ” Pourquoi pas” ryitezweho kugarura umuco wo gusoma mu Banyarwanda.

Hafunguwe isomero “Pourquoi pas” mu mujyi rwa gati wa Muhanga

Abantu 15 barimo umupadiri bishyize hamwe bashinga isomero mu rwego rwo gufasha abatuye aka karere kongera kubona aho basomera ibitabo, dore ko umuco wo gusoma ugenda icika gake gake bitewe no kubura amasomero hafi yabo.

Muri Gicurasi 2022 Padiri Karangwa Hildebrand yagize igitekerezo cyo gushaka abantu bamwe batuye mu mujyi wa Muhanga, anagendeye ko yabaye Padiri mukuru wa Paruwasi ya Gitarama imyaka 6, anagendeye kandi ko akorera ubutumwa muri Paruwasi ya Kabgayi, maze bashinga Isomero bise “Pourquoi pas” bisobanuye ngo “Kuki bitashoboka”.

Isomero rikorera mu mujyi wa Muhanga rwa gati, mu murenge wa Nyamabuye.

Kwamamaza

Mu kiganiro Padiri Hildebrand akaba na Perezida w’isomero (bibliothèque) “Pourquoi pas” yagiranye na UMUSEKE, yavuze ko yakuze akunda gusoma ibitabo no kwandika cyane ubwo yigaga mu mwaka wa gatatu muri Seminari nto y’i Kabgayi kugeza n’ubu ubwo ari Padiri

Ati “Mfatanyije na bagenzi banjye twashatse no kubikundisha abandi, duteza imbere kuvuga indimi, dufasha abantu babishaka gusoma ibitabo biyambaza iri somero twashinze, tukanafasha abantu bifuza kwihugura bitegura gukorera diplome (candidats libres), no gukora ubushakashatsi mu birebana n’umuco.”

Padiri wize mu bihugu bitandukanye birimo n’Ubufaransa, akomeza avuga ko no mu busanzwe ari umushakashatsi mu mateka by’umwihariko ay’u Rwanda, kandi mu busanzwe ibitabo bye (biri mu isomero Pourquoi pas) bimaze kumenyekana, akaba anatumirwa mu rwego mpuzamahanga agatanga ikiganiro ku mateka y’u Rwanda.

Ati “Muri rusange abantu benshi muri iki gihe ubona ko ntacyo gusoma bikivuze, bisomera ibisukika gusa ubundi bakibera mu mbuga nkoranyambaga, yego naho wahasomera ibitabo ariko ntibihagije ahubwo batugane tubafashe.”

Isomero Pourquoi pas rizakora ibintu bitandukanye

Abatuye i Muhanga bavuga ko iri somero ari igisubizo kuri bo kandi rigiye kubafasha.

Uwitwa Ruzindana Samuel ati “Hari ubwo umuntu yabaga nta kindi kintu cyimuhugije cy’urugo, ntabe yabona ibimuhuza ariko ubu turashubijwe tubonye aho gusoma ibitabo tukihugura.”

Uwineza Julienne na we ati “Ubu noneho tugiye kwigishwa indimi tukabona naho tuzisomera, Pourquoi pas ije ari igisubizo kuri twe.”

Georges Kamanayo Gengoux umwe mu bashinze iri somero akaba na Visi Perezida waryo, asanzwe ari umufotozi akaba ari n’umukinnyi wa za filimi, yabwiye UMUSEKE ko agifite imbaraga zo gukora igihugu cye.

Ati “Ngomba kwitangira urubyiruko nduha uburyo bwo kujijuka no gukora ubushakashatsi, kuri njye ni ikintu gikomeye kandi amahirwe y’igihugu cyacu n’ay’isi yose ari mu rubyiruko.”

Muri ibi biruhuko bya Noheri biteganyijwe ko isomero “Pourquoi pas” ryatangijwe mu mujyi wa Muhanga rikaba rikorera iruhande rwa Banki ya Kigali, mu igorofa ryo Kwa Mariyabwana,  bazigisha kuvuga indimi zitandukanye zirimo Igifaransa, nyuma bigishe kuvuga Icyongereza, Igishinwa n’Igiswahili ku buryo buri rurimi ruzajya rwigishwa amezi atandatu, kandi abize kuvuga ziriya ndimi bakamenya neza kuzivuga.

Padiri Hildebrand uhereye ibumoso yakuze akunda gusoma yatangiye no kubikundisha abandi

MUHIZI Elisée
UMUSEKE.RW i Muhanga

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Sergio Busquets yasezeye mu ikipe y’Igihugu ya Éspagne

Inkuru ikurikira

Imiryango ifite abaguye mu bitero bya MRCD-FLN ya Rusesabagina yabibutse

Izo bjyanyeInkuru

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

Rubavu: Polisi yarashe mu cyico umusore ukekwaho ubujura

2023/02/05 11:33 AM
Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

Bruce Melodie yatunguye umugore we amuha umuzinga w’imodoka

2023/02/05 10:37 AM
Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

Ikibazo cy’abagura Perimi z’inkorano mu mahanga cyavugutiwe umuti

2023/02/05 9:59 AM
Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

Nyamasheke: Bategetswe kurandura imboga bagatera ibyatsi bya Pasiparumu

2023/02/05 9:13 AM
Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

Ab’i Muhanga bahamije ko FPR Inkotanyi ari nka Mose wakuye Abisiraheli muri Egiputa

2023/02/05 8:13 AM
Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

Nshimiye Joseph yasabiwe gufungwa by’agateganyo

2023/02/05 7:30 AM
Inkuru ikurikira
Imiryango ifite abaguye mu bitero bya MRCD-FLN ya  Rusesabagina yabibutse

Imiryango ifite abaguye mu bitero bya MRCD-FLN ya Rusesabagina yabibutse

Ibitekerezo 4

  1. Flo says:
    shize

    Padiri n’abo mwafatanije mwese kudushyiriraho iyi bibliothèque,mwarakoze cyane!Kandi tuzayibyaza umusaruro!

  2. Nyamwasa J Nepo says:
    shize

    Jyewe ndahari kdi ndishimye namwe Abo mbona ndabishimiye kdi ndabashyikiye pe,gusa muri izi ndimi zitandukanye ,mwibuke kandi mugaruke no Ku isoko,ururimi rwacu rurimo rurata agaciro pe!ibyo rero bikambabaza,ndi mu bantu bashaka kwiga vuba indimi z’amahanga,aruko ni ururimi rwacu kavukire mwibuke ko hari abataruzi (abubu).murakoze.

    • Ntakirutimana Oscar Oscar says:
      shize

      Ok!

  3. NZAMENYAGUSOMA says:
    shize

    MWAKOZE CYAZE nshuti z’umuco. Kuba uzi gusoma ntubikore usaza imburagihe. Ese mama, BIBLIOTHEQUE y’icyahoze ari CENTRE CULTUREL DE GITARAMA byayigendekeye gute? Uwitwa RAINA LUFF yariyivuyanze birangira ihirimye Burundu? Ntamugayo, yarimo ibitabo bishaje, byari nka Poubelle yavanaga muri CAVE z’inshuti ze ibwotamasimbi. Nizere ko hatabayeho gutagaguza imbaraga n’iba nayo ikiriho.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

AS Kigali ntizakina Igikombe cy’Amahoro

2023/02/05 1:02 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010