Umuseke
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi
Nta gisubizokibonetse
Reba byose
Umuseke
Ahabanza Amakuru aheruka

Perezida Kagame yageneye ingabo z’igihugu ubutumwa busoza umwaka 

Yanditswe na: NKURUNZIZA Jean Baptiste
2022/12/30 12:20 AM
A A
1
Share on FacebookShare on TwitterWhatsapp

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame akaba n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda (RDF) yabifurije umwaka mushya wa 2023 abashimira ku kazi keza bakora gakomeza guhesha ishema igihugu.

Perezida Paul Kagame yifurije umwaka mushya ingabo z’igihugu

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ingabo z’igihugu ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki 29 Ukuboza 2022, yabifurije umwaka mushya hamwe n’imiryango yabo ku bw’akazi keza n’umurava bagira mu gushakira amahoro u Rwanda.

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye RDF n’izindi nzego z’umutekano ku bw’akazi bakora, karenze imbibe kakagera no mu bindi bihugu by’Afurika nka Mozambique.

Yagize ati “Nk’uko turigusatira impera za 2022, nifuje kubashimira akazi k’intangarugero, gukora cyane n’ubunyamwuga mu gusohoza inshingano zanyu zo kurinda abantu n’imbibi z’u Rwanda, no guhangana n’ibibazo bibangamiye umutekano wa muntu nk’ibibabuza amahoro arambye.”

Kwamamaza

Yakomeje agira ati “Byarenze imbibe, Ingabo z’u Rwanda n’inzego z’umutekano zigira uruhare mu guhangana n’ibibazo mu bindi bihugu bya Afurika biciye mu bufatanye, cyane cyane guhangana n’iterabwoba muri Mozambique, no kugira uruhare mu mahoro n’ituze muri Repubulika ya Central Afurika.”

Perezida Kagame akaba yashimiye byimaze ingabo z’u Rwanda zoherezwa mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, ndetse abashimira uburyo bakomeje kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda bagaragaza indangagaciro z’u Rwanda.

Ati “Ndifuza kubashimira byimazeyo mwese uburyo muhesha ishema igihugu, ntabwo biba byoroshye gutandukana nabo bakukunda mu gihe cy’umwaka  kuri abo boherezwa hanze, u Rwanda rushima cyane uwo mutima.”

Aha kandi yanifatanyije n’imiryango y’ababuze ababo bitanzeho ibitambo mu gukorera igihugu, abizeza ko abanyarwanda bose bari kumwe nabo.

Yongera kwibutsa ko umwaka mushya wa 2023 ugomba kuba uwo guhagaraga ku busugire bw’igihugu, ndetse u Rwanda rugakomeza gutera imbere.

U Rwanda ruri mu bihugu bya mbere bifite ingabo nyinshi mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumye mu bihugu bya Sudani y’Epfo, Central Africa n’ahandi.

Gusa hari n’iziri mu bihindi bihugu ku bufatanye bw’u Rwanda nk’ibyo bihugu, nko muri Nyakanga 2021, nibwo u Rwanda rwohereje bwa mbere abasirikare n’abapolisi basaga 1000 mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa byo guhashya ibyihebe byari byarazengereje iyi ntara, ni nyuma y’uko u Rwanda na Mozambique basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’umutekano.

Kugeza ubu, abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bari muri Mozambique bamaze kugera ku 2,500 barimo naboherejwe muri iki Cyumweru, nyuma y’uko ibihugu byombi byemeranyije ko ingabo z’u Rwanda zikurikira ibyihebe n’ahandi hose byahungiye.

Ingabo z’u Rwanda zashimiwe akazi zikora gahesha ishema igihugu

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Yisangize abandiTweetYisangize abandiOhereza
Inkuru yabanje

Nyanza: Umugore yahamagaye mugenzi we amubwira ko aryamanye n’umugabo we

Inkuru ikurikira

Akari ku mutima w’Abanyarwanda 26 batahutse bavuye muri Mozambique

Izo bjyanyeInkuru

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM
Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

Byabaye bibi cyane, amasasu yavuze mu myigaragambyo ibera muri Kenya

2023/03/27 4:40 PM
Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

Sankara na bagenzi be bagiye gukamurwamo ubunyeshyamba

2023/03/27 3:21 PM
Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

Umugabo yanditse urwandiko rw’irage nyuma yo kwica umugore we

2023/03/27 2:47 PM
Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

Ingabo za Uganda zakozanyijeho n’inyeshyamba benshi bahasiga ubuzima

2023/03/27 2:40 PM
Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

Afande Muhoozi yatumiye abanyarwanda mu gitaramo gikomeye muri Uganda

2023/03/27 1:57 PM
Inkuru ikurikira
Akari ku mutima w’Abanyarwanda 26 batahutse bavuye muri Mozambique

Akari ku mutima w’Abanyarwanda 26 batahutse bavuye muri Mozambique

Ibitekerezo 1

  1. mahoro jack says:
    shize

    Ingabo zacu, uretse no kubashimira, turabakunda cyane. Muri intangarugero muri byose. Umukuru wazo we, Imana ijye imuturindira gusa kuko nta kindi twabona tumuha.

Kwamamaza

Kwamamaza

Facebook Twitter Youtube
Umuseke

Umuseke.rw ni urubuga rwatangiye muri 2010 hashyira 2011 rufite intego zo gutangaza amakuru y'umwihariko asana imitima y'abasomyi, akabigisha ndetse abamenyesha ibibera hirya no hino. Kuva icyo gihe kugera ubu, ntituradohoka.

Twandikire

Tel/whatsapp:+250 788 306 908
Tel/whatsapp:+250 788 772 818
Email: [email protected]

Inkuru iheruka

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

EAPCCO: U Rwanda rwihariye imidari mu irushanwa ry’Abapolisi

2023/03/27 5:01 PM

©Umuseke, Publishing since 2010

Nta gisubizokibonetse
Reba byose
  • Ahabanza
  • Nyamukuru
  • Mu cyaro
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Amahanga
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Utuntu n’utundi

©Umuseke, Publishing since 2010